Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyagatare: Igisubizo gihawe abifuza kubakirwa isoko gishobora kubaca intege kurushaho

radiotv10by radiotv10
09/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyagatare: Igisubizo gihawe abifuza kubakirwa isoko gishobora kubaca intege kurushaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Rukomo ryo mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare, bavuga barambiwe ukorera mu isoko ritubakiye rinakomeje kwangirika, mu gihe ubuyobozi bwo buvuva ko n’ubundi ahari iri soko ritagomba kuhaba.

Aba bacuruzi bavuga ko iyo imvura iguye, amazi amanukira mu miferege akangiza ibicuruzwa byabo, bigatuma bagwa mu bihombo, hakiyongeraho no kuba hari ibisima bacururizaho byatangiye kwangirika ku buryo ngo ababikoreraho ari bo babyisanira.

Aba bacuruzi bavuga ko ikibabaje ari uko badasiba kwishyura imisoro, bakibaza aho amafaranga bishyura ajya, ku buryo habuzemo ayatuma bubakirwa isoko.

Mutuyumuremyi Esperence yagize ati “Ibi bisenyuka birashaje. Nk’ubu igisima cyanjye icyugi cyavuyeho birasaba ko ari njyewe uzagikoresha. Nk’ubu hano homotseho ni ukuzana umufundi ukahikorera kandi bakatubaza umusoro ugasanga birimo biraduhombya.”

Kanyandwi Jean Baptiste we ati “Nk’ubu ubona izi rigori iyo imvura iguye ushobora kuhagera ukabona amazi arareka, niba ducuruza umukiriya akaza ntabona aho akandagira kubera ko isoko ridakoze neza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, yavuze ko nta gahunda ihari yo kubaka iri soko kuko n’ubundi ryubatse ahantu hameze nabi, gusa ngo bazakomeza gusana mu gihe bari gushakisha aho bakubaka isoko rigezweho.

Yagize ati “N’ubundi muri gahunda dufite ntabwo twifuza kuzahagira isoko, nawe urahabona ko hacuramye. Twifuza ko isoko rizimukira ahandi ariko ntabwo twavuga ko tugiye guhita turisenya, ubu twakomeza kugenda dusana ari nako dukora gahunda yuko tuzubaka irindi soko ry’iriya santere ya Rukomo ariko atari hariya riri.”

Abacururiza muri iri soko, bo bavuga ko kuba bakomeje kurikoreramo rimeze uko rimeze, bibashyira mu gihombo, kuko uretse kuba ibicuruzwa byabo byangirika, n’abaguzi badakunze kurizamo kuko rimeze nabi.

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + one =

Previous Post

DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

Next Post

Tumenye byinshi bitavuzwe ku itandukana ry’itsinda ryakundwaga na benshi muri muzika Nyarwanda

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tumenye byinshi bitavuzwe ku itandukana ry’itsinda ryakundwaga na benshi muri muzika Nyarwanda

Tumenye byinshi bitavuzwe ku itandukana ry’itsinda ryakundwaga na benshi muri muzika Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.