Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rwo mu Kagari ka Nyabwishongwezi, Umurenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare baravuga ko baramutse babonye aho bidagadurira nk’ibibuga by’imipira, byatuma batishora mu biyobabwenge n’izindi ngeso mbi.

Uru rubyiruko ruvuga ko iyo rukeneye kwidagadura ngo birusaba kujya mu tundi Tugari duhana imbibi n’Akagari ka Nyabwishongwezi, muri uyu Murenge wa Matima.

Ibi byo kutagira ikibuga kandi ngo rubona bishobora kuba intandaro yo kwishora mu ngeso mbi nko kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi.

Uwizeyimana Anastase yagize ati “Ni imbogamizi twagize kuva na cyera. Tubisabye igihe kirekire ariko ikibuga cyarabuze kugeza ubu. Biragoye kugeza aho usanga abana hano mu muhanda bari gukina umupira kandi hanyura n’ibinyabiziga. Iyo urubyiruko rutabonye aho rwidagadurira nk’amasaha nk’aya ngaya ngo ruhugire kuri uwo mupira, usanga bamwe babaye abajura, ugasanga bamwe bagiye mu biyobyabwenge.”

Mugenzi we yunzemo agira ati “Nkatwe nk’urubyiruko biba ngombwa nk’iyo dukeneye siporo twifashisha ibindi bibuga mu tundi Tugari kandi ni urugendo runini, rimwe na rimwe bikagusaba itike y’urugendo runini kandi nta bushobozi. Gukenera gukora siporo ugatega ntabwo ari ibintu byoroshye ku rubyiruko.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen yabwiye RADIOTV10 ko hari Utugari twinshi tutarabona ibibuga, ariko ngo intego ni uko buri Kagari kazageramo ikibuga cy’umupira.

Ati “Hari ahantu dufite ibibuga tukagenda tubitunganya kugira ngo bikoreshwe neza. Hari aho tudafite ibibuga ariko dushobora kubona ubutaka budakoreshwa cyangwa ubutaka bwa Leta dushobora kuba twitije bukaba buriho ikibuga. Ubwo rero hari Utugari twari twaragiye tubona aho dushyira ikibuga hakaba aho tutarashobora kubona ubutaka. Bashobora gukoresha ikibuga cy’ishuri rihari, icy’Akagari baturanye ariko mu byukuri icyifuzo natwe dufite ni uko Utugari twose twagira ibibuga by’imipira.”

Urubyiruko muri Akarere ka Nyagatare rugirwa inama yo kutishora mu ngeso mbi , rugakangurirwa kwishyira mu biruteza imbere, ari nabyo uru rubyiruko ruheraho rusaba ko rwahabwa ikibuga cy’umupira kugira ngo barusheho guhura no gusabana batishora mu biyobyanwenge.

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 15 =

Previous Post

Icyemezo cyafatiwe Amavubi cyari gitegerejwe na benshi cyaje ari urucantege

Next Post

Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.