Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rwo mu Kagari ka Nyabwishongwezi, Umurenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare baravuga ko baramutse babonye aho bidagadurira nk’ibibuga by’imipira, byatuma batishora mu biyobabwenge n’izindi ngeso mbi.

Uru rubyiruko ruvuga ko iyo rukeneye kwidagadura ngo birusaba kujya mu tundi Tugari duhana imbibi n’Akagari ka Nyabwishongwezi, muri uyu Murenge wa Matima.

Ibi byo kutagira ikibuga kandi ngo rubona bishobora kuba intandaro yo kwishora mu ngeso mbi nko kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi.

Uwizeyimana Anastase yagize ati “Ni imbogamizi twagize kuva na cyera. Tubisabye igihe kirekire ariko ikibuga cyarabuze kugeza ubu. Biragoye kugeza aho usanga abana hano mu muhanda bari gukina umupira kandi hanyura n’ibinyabiziga. Iyo urubyiruko rutabonye aho rwidagadurira nk’amasaha nk’aya ngaya ngo ruhugire kuri uwo mupira, usanga bamwe babaye abajura, ugasanga bamwe bagiye mu biyobyabwenge.”

Mugenzi we yunzemo agira ati “Nkatwe nk’urubyiruko biba ngombwa nk’iyo dukeneye siporo twifashisha ibindi bibuga mu tundi Tugari kandi ni urugendo runini, rimwe na rimwe bikagusaba itike y’urugendo runini kandi nta bushobozi. Gukenera gukora siporo ugatega ntabwo ari ibintu byoroshye ku rubyiruko.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen yabwiye RADIOTV10 ko hari Utugari twinshi tutarabona ibibuga, ariko ngo intego ni uko buri Kagari kazageramo ikibuga cy’umupira.

Ati “Hari ahantu dufite ibibuga tukagenda tubitunganya kugira ngo bikoreshwe neza. Hari aho tudafite ibibuga ariko dushobora kubona ubutaka budakoreshwa cyangwa ubutaka bwa Leta dushobora kuba twitije bukaba buriho ikibuga. Ubwo rero hari Utugari twari twaragiye tubona aho dushyira ikibuga hakaba aho tutarashobora kubona ubutaka. Bashobora gukoresha ikibuga cy’ishuri rihari, icy’Akagari baturanye ariko mu byukuri icyifuzo natwe dufite ni uko Utugari twose twagira ibibuga by’imipira.”

Urubyiruko muri Akarere ka Nyagatare rugirwa inama yo kutishora mu ngeso mbi , rugakangurirwa kwishyira mu biruteza imbere, ari nabyo uru rubyiruko ruheraho rusaba ko rwahabwa ikibuga cy’umupira kugira ngo barusheho guhura no gusabana batishora mu biyobyanwenge.

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − one =

Previous Post

Icyemezo cyafatiwe Amavubi cyari gitegerejwe na benshi cyaje ari urucantege

Next Post

Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.