Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rwo mu Kagari ka Nyabwishongwezi, Umurenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare baravuga ko baramutse babonye aho bidagadurira nk’ibibuga by’imipira, byatuma batishora mu biyobabwenge n’izindi ngeso mbi.

Uru rubyiruko ruvuga ko iyo rukeneye kwidagadura ngo birusaba kujya mu tundi Tugari duhana imbibi n’Akagari ka Nyabwishongwezi, muri uyu Murenge wa Matima.

Ibi byo kutagira ikibuga kandi ngo rubona bishobora kuba intandaro yo kwishora mu ngeso mbi nko kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi.

Uwizeyimana Anastase yagize ati “Ni imbogamizi twagize kuva na cyera. Tubisabye igihe kirekire ariko ikibuga cyarabuze kugeza ubu. Biragoye kugeza aho usanga abana hano mu muhanda bari gukina umupira kandi hanyura n’ibinyabiziga. Iyo urubyiruko rutabonye aho rwidagadurira nk’amasaha nk’aya ngaya ngo ruhugire kuri uwo mupira, usanga bamwe babaye abajura, ugasanga bamwe bagiye mu biyobyabwenge.”

Mugenzi we yunzemo agira ati “Nkatwe nk’urubyiruko biba ngombwa nk’iyo dukeneye siporo twifashisha ibindi bibuga mu tundi Tugari kandi ni urugendo runini, rimwe na rimwe bikagusaba itike y’urugendo runini kandi nta bushobozi. Gukenera gukora siporo ugatega ntabwo ari ibintu byoroshye ku rubyiruko.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen yabwiye RADIOTV10 ko hari Utugari twinshi tutarabona ibibuga, ariko ngo intego ni uko buri Kagari kazageramo ikibuga cy’umupira.

Ati “Hari ahantu dufite ibibuga tukagenda tubitunganya kugira ngo bikoreshwe neza. Hari aho tudafite ibibuga ariko dushobora kubona ubutaka budakoreshwa cyangwa ubutaka bwa Leta dushobora kuba twitije bukaba buriho ikibuga. Ubwo rero hari Utugari twari twaragiye tubona aho dushyira ikibuga hakaba aho tutarashobora kubona ubutaka. Bashobora gukoresha ikibuga cy’ishuri rihari, icy’Akagari baturanye ariko mu byukuri icyifuzo natwe dufite ni uko Utugari twose twagira ibibuga by’imipira.”

Urubyiruko muri Akarere ka Nyagatare rugirwa inama yo kutishora mu ngeso mbi , rugakangurirwa kwishyira mu biruteza imbere, ari nabyo uru rubyiruko ruheraho rusaba ko rwahabwa ikibuga cy’umupira kugira ngo barusheho guhura no gusabana batishora mu biyobyanwenge.

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Icyemezo cyafatiwe Amavubi cyari gitegerejwe na benshi cyaje ari urucantege

Next Post

Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

Ingingo itavugwaho cyane mu bukungu: Kuki Amadolari Akomeje kuryamira Amanyarwanda?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.