Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Harumvikana kwitana bamwana hagati y’ubuyobozi n’abacuruzi ku cyemezo bavuga ko cyabatunguye

radiotv10by radiotv10
22/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Harumvikana kwitana bamwana hagati y’ubuyobozi n’abacuruzi ku cyemezo bavuga ko cyabatunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza muri santere ya Kigeme yo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, baravuga ko mu buryo butunguranye bari gufungirwa inzu z’ubucuruzi bwabo kuko batashyizeho amapavi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko batabitungujwe kuko ari bo babyisabiye.

Izi nzu z’ubucuruzi zisabwa gushyirwa amapavi ku nkengero zazo, ni izegereye umuhanda wa kaburimbo, aho abazicururizamo batangiye gufatirwa ibyemezo.

Aba baturage bagaragaza ko gusukura santere yabo hubakwa amapave batabyanze kuko ari byiza, ariko ko byakabaye bikorwa babanje kubaha igihe cyo kubyitegura dore ko binjiye mu bihe bibasaba gusohora amafaranga menshi.

Umwe ati “Twagiye kubona tubona muri santere yose ku nzu z’ubucuruzi bakwijeho impapuro zanditseho ko dufungiwe ubucuruzi bitewe nuko nta mapave yubatse imbere y’inzu ducururizamo.

Akomeza agira ati “byaradutunguye kuko nta gihe babanje kuduha cyo kubyitegura. Bakabaye babanza bakaduteguza dore ko muri ibi bihe turi gushaka  amafaranga y’abanyeshuri  ndetse no gushaka imbuto yo gutera dore ko ari ibihe by’ubuhinzi

Undi ati “Ntabwo twanze isuku, ariko nibaduhe igihe cyo kubyitegura.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gasaka, Gasaka Furaha Guillaume ravuga ko iki cyemezo cyafashwe hagamijwe gusukura Umurenge w’umugi.

Amara impungenge aba baturage buvuga ko ishyirwa mu bikorwa ryacyo rishobora kuzababangamira, akavuga ko ntawuzahutazwa.

Ati “Ntabwo navuga ko twabahaye igihe gito, kuko ni bo babyihitiyemo, gusa hari abatarabyumvise neza, tugerageza kubakebura tubibutsa ko bagomba gushaka ibikoresho kugira ngo batangire.”

Uyu muyobozi akomeza avuga  ko uyu Murenge wa Gasaka uri mu mujyi wa Nyamagabe, ari nayo mpamvu hari ibikorwa by’iterambere bitandukanye by’umugi biri gukorerwamo.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + eleven =

Previous Post

“Ndashaka kuba Kagame”- Umuhanzi ukunzwe yasohoye indirimbo ireba buri Munyarwanda

Next Post

Umwaka utaha ushobora kuzasiga inkuru nziza yerecyeye indwara itinywa na benshi

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwaka utaha ushobora kuzasiga inkuru nziza yerecyeye indwara itinywa na benshi

Umwaka utaha ushobora kuzasiga inkuru nziza yerecyeye indwara itinywa na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.