Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Harumvikana kwitana bamwana hagati y’ubuyobozi n’abacuruzi ku cyemezo bavuga ko cyabatunguye

radiotv10by radiotv10
22/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Harumvikana kwitana bamwana hagati y’ubuyobozi n’abacuruzi ku cyemezo bavuga ko cyabatunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza muri santere ya Kigeme yo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, baravuga ko mu buryo butunguranye bari gufungirwa inzu z’ubucuruzi bwabo kuko batashyizeho amapavi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko batabitungujwe kuko ari bo babyisabiye.

Izi nzu z’ubucuruzi zisabwa gushyirwa amapavi ku nkengero zazo, ni izegereye umuhanda wa kaburimbo, aho abazicururizamo batangiye gufatirwa ibyemezo.

Aba baturage bagaragaza ko gusukura santere yabo hubakwa amapave batabyanze kuko ari byiza, ariko ko byakabaye bikorwa babanje kubaha igihe cyo kubyitegura dore ko binjiye mu bihe bibasaba gusohora amafaranga menshi.

Umwe ati “Twagiye kubona tubona muri santere yose ku nzu z’ubucuruzi bakwijeho impapuro zanditseho ko dufungiwe ubucuruzi bitewe nuko nta mapave yubatse imbere y’inzu ducururizamo.

Akomeza agira ati “byaradutunguye kuko nta gihe babanje kuduha cyo kubyitegura. Bakabaye babanza bakaduteguza dore ko muri ibi bihe turi gushaka  amafaranga y’abanyeshuri  ndetse no gushaka imbuto yo gutera dore ko ari ibihe by’ubuhinzi

Undi ati “Ntabwo twanze isuku, ariko nibaduhe igihe cyo kubyitegura.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gasaka, Gasaka Furaha Guillaume ravuga ko iki cyemezo cyafashwe hagamijwe gusukura Umurenge w’umugi.

Amara impungenge aba baturage buvuga ko ishyirwa mu bikorwa ryacyo rishobora kuzababangamira, akavuga ko ntawuzahutazwa.

Ati “Ntabwo navuga ko twabahaye igihe gito, kuko ni bo babyihitiyemo, gusa hari abatarabyumvise neza, tugerageza kubakebura tubibutsa ko bagomba gushaka ibikoresho kugira ngo batangire.”

Uyu muyobozi akomeza avuga  ko uyu Murenge wa Gasaka uri mu mujyi wa Nyamagabe, ari nayo mpamvu hari ibikorwa by’iterambere bitandukanye by’umugi biri gukorerwamo.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 7 =

Previous Post

“Ndashaka kuba Kagame”- Umuhanzi ukunzwe yasohoye indirimbo ireba buri Munyarwanda

Next Post

Umwaka utaha ushobora kuzasiga inkuru nziza yerecyeye indwara itinywa na benshi

Related Posts

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe
FOOTBALL

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwaka utaha ushobora kuzasiga inkuru nziza yerecyeye indwara itinywa na benshi

Umwaka utaha ushobora kuzasiga inkuru nziza yerecyeye indwara itinywa na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.