Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Harumvikana kwitana bamwana hagati y’ubuyobozi n’abacuruzi ku cyemezo bavuga ko cyabatunguye

radiotv10by radiotv10
22/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Harumvikana kwitana bamwana hagati y’ubuyobozi n’abacuruzi ku cyemezo bavuga ko cyabatunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza muri santere ya Kigeme yo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, baravuga ko mu buryo butunguranye bari gufungirwa inzu z’ubucuruzi bwabo kuko batashyizeho amapavi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko batabitungujwe kuko ari bo babyisabiye.

Izi nzu z’ubucuruzi zisabwa gushyirwa amapavi ku nkengero zazo, ni izegereye umuhanda wa kaburimbo, aho abazicururizamo batangiye gufatirwa ibyemezo.

Aba baturage bagaragaza ko gusukura santere yabo hubakwa amapave batabyanze kuko ari byiza, ariko ko byakabaye bikorwa babanje kubaha igihe cyo kubyitegura dore ko binjiye mu bihe bibasaba gusohora amafaranga menshi.

Umwe ati “Twagiye kubona tubona muri santere yose ku nzu z’ubucuruzi bakwijeho impapuro zanditseho ko dufungiwe ubucuruzi bitewe nuko nta mapave yubatse imbere y’inzu ducururizamo.

Akomeza agira ati “byaradutunguye kuko nta gihe babanje kuduha cyo kubyitegura. Bakabaye babanza bakaduteguza dore ko muri ibi bihe turi gushaka  amafaranga y’abanyeshuri  ndetse no gushaka imbuto yo gutera dore ko ari ibihe by’ubuhinzi

Undi ati “Ntabwo twanze isuku, ariko nibaduhe igihe cyo kubyitegura.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gasaka, Gasaka Furaha Guillaume ravuga ko iki cyemezo cyafashwe hagamijwe gusukura Umurenge w’umugi.

Amara impungenge aba baturage buvuga ko ishyirwa mu bikorwa ryacyo rishobora kuzababangamira, akavuga ko ntawuzahutazwa.

Ati “Ntabwo navuga ko twabahaye igihe gito, kuko ni bo babyihitiyemo, gusa hari abatarabyumvise neza, tugerageza kubakebura tubibutsa ko bagomba gushaka ibikoresho kugira ngo batangire.”

Uyu muyobozi akomeza avuga  ko uyu Murenge wa Gasaka uri mu mujyi wa Nyamagabe, ari nayo mpamvu hari ibikorwa by’iterambere bitandukanye by’umugi biri gukorerwamo.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − nine =

Previous Post

“Ndashaka kuba Kagame”- Umuhanzi ukunzwe yasohoye indirimbo ireba buri Munyarwanda

Next Post

Umwaka utaha ushobora kuzasiga inkuru nziza yerecyeye indwara itinywa na benshi

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwaka utaha ushobora kuzasiga inkuru nziza yerecyeye indwara itinywa na benshi

Umwaka utaha ushobora kuzasiga inkuru nziza yerecyeye indwara itinywa na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.