Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Imibiri y’abazize Jenoside yabonetse yarubakiweho n’umuturage yakanguye inzego

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Imibiri y’abazize Jenoside yabonetse yarubakiweho n’umuturage yakanguye inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe, hari gushakishwa imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutse, itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro, nyuma yuko hari ibonetse yubakiweho n’umuturage.

Amakuru y’uyu muturage utuye mu Mudugudu wa Muhororo, mu Kagari ka Manwari mu Murenge wa Mbazi, wubatse hejuru y’imibiri y’abazize Jenoside, yamenyekanye mu cyumweru gishize atanzwe n’abaturage, ari na bwo inzego z’ibanze zahitaga zijya kubigenzura.

Nyiri iyi nzu, yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ubu akaba acumbikwe kuri Stasiyo ya RIB y’Umurenge wa Gasaka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbazi, Ndagijimana Valens, avuga ko ubwo hakorwaga igikorwa cyo gushakisha imibiri yabatswe hejuru n’uyu muturage, habonetse n’indi yari hafi yayo.

Ati “Ni na yo mpamvu turi gushakisha ngo turebe ko twabona n’indi kuko amakuru ari guturuka mu baturage avuga ko hari n’indi mibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 itaraboneka.”

Abaturage batuye muri uyu Murenge wa Mbazi, bavuga ko banenga bagenzi babo bahishe amakuru imyaka ikaba ibaye 29 ataramenyekanye.

Umwe ati “Birababaje kuba ahari abaturage bagejeje uyu munsi, imyaka 29 irashize abantu bakangurirwa gutanga amakuru, ariko bakayimana. Ntabwo bikwiye.”

Undi yagize ati “bakabaye batanga amakuru y’ahantu hari imibiri igashyingurwa mu cyubahiro.”

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyamagabe, Sindikubwabo Pacifique, avuga ko bibabaje kuba hari abakimana amakuru.

Ati “Ndasaba ko umuntu wese ufite amakuru y’ahantu hari imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yayatanga kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.”

Hamwe mu hari kuboneka imibiri muri uyu Murenge wa Mbazi, hahoze hari bariyeri ubwo Jenoside yakorwe Abatutsi yabaga mu 1994, ndetse n’ahahoze ubwiherero rusange.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Abantu bataramenyekana biraye mu mirima ituburirwamo imbuto y’ibirayi barabyiba

Next Post

Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

Related Posts

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

IZIHERUKA

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye
AMAHANGA

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.