Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Imibiri y’abazize Jenoside yabonetse yarubakiweho n’umuturage yakanguye inzego

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Imibiri y’abazize Jenoside yabonetse yarubakiweho n’umuturage yakanguye inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe, hari gushakishwa imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutse, itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro, nyuma yuko hari ibonetse yubakiweho n’umuturage.

Amakuru y’uyu muturage utuye mu Mudugudu wa Muhororo, mu Kagari ka Manwari mu Murenge wa Mbazi, wubatse hejuru y’imibiri y’abazize Jenoside, yamenyekanye mu cyumweru gishize atanzwe n’abaturage, ari na bwo inzego z’ibanze zahitaga zijya kubigenzura.

Nyiri iyi nzu, yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ubu akaba acumbikwe kuri Stasiyo ya RIB y’Umurenge wa Gasaka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbazi, Ndagijimana Valens, avuga ko ubwo hakorwaga igikorwa cyo gushakisha imibiri yabatswe hejuru n’uyu muturage, habonetse n’indi yari hafi yayo.

Ati “Ni na yo mpamvu turi gushakisha ngo turebe ko twabona n’indi kuko amakuru ari guturuka mu baturage avuga ko hari n’indi mibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 itaraboneka.”

Abaturage batuye muri uyu Murenge wa Mbazi, bavuga ko banenga bagenzi babo bahishe amakuru imyaka ikaba ibaye 29 ataramenyekanye.

Umwe ati “Birababaje kuba ahari abaturage bagejeje uyu munsi, imyaka 29 irashize abantu bakangurirwa gutanga amakuru, ariko bakayimana. Ntabwo bikwiye.”

Undi yagize ati “bakabaye batanga amakuru y’ahantu hari imibiri igashyingurwa mu cyubahiro.”

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyamagabe, Sindikubwabo Pacifique, avuga ko bibabaje kuba hari abakimana amakuru.

Ati “Ndasaba ko umuntu wese ufite amakuru y’ahantu hari imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yayatanga kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.”

Hamwe mu hari kuboneka imibiri muri uyu Murenge wa Mbazi, hahoze hari bariyeri ubwo Jenoside yakorwe Abatutsi yabaga mu 1994, ndetse n’ahahoze ubwiherero rusange.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + fifteen =

Previous Post

Abantu bataramenyekana biraye mu mirima ituburirwamo imbuto y’ibirayi barabyiba

Next Post

Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.