• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

radiotv10by radiotv10
14/01/2022
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Emmanuel Ingabire wakoreraga umurimo w’Ubwihayimana muri Paruwasi ya Kitabi muri Diyoseze ya Gikongoro, yasezeye nyuma y’amezi atanu ahawe ikanzu y’Ubusaseridoti.

Uyu Musaseridoti wo muri Diyoseze ya Gikongoro, yari yahawe Ubupadiri tariki 21 Kanama 2021 aho yakoreraga umurimo wo kwiha Imana muri Paruwasi ya Kitabi mu Karere ka Nyamagabe.

Ikinyamakuru Kinyamateka gishingiye kuri myemerere ya Kiliziya Gatulika, tunakesha iyi nkuru, gitangaza ko uyu wari Umupadiri ubu yamaze gusezera kuri uyu murimo wo gukorera Imana ndetse n’indi mirimo yose bijyana.

Padiri Ingabire Emmanuel yanditse ibaruwa ndende asezera kuri uyu muhamagaro yari yinjiyemo, anagaragaza ko atawusezeye kuko awanze.

Muri iyi baruwa, Padiri Ingabire Emmanuel avuga ko yagize uburwayi bw’umugongo agasaba Musenyeri ubushobozi n’uruhusa bwo kujya kwivuza ariko akamwirengagiza.

Muri iyi baruwa hari aho agira ati “Aho kunyemerera kujya kwivuza wambwiye ko wishinja kuba warampaye ubupadiri. Igitangaje nari narakumenyesheje uburwayi bwanjye mu mezi atanu mbere yo gusezerana, ubiheraho unyima uruhushya rwo kujya kwivuza.”

Padiri Ingabire Emmanuel avuga ko yaje gufata umwanzuro wo kujya kwivuza ku giti cye ariko ko Musenyeri yakomeje kumutera umugongo kandi ari we wari ukwiye kumuba hafi nk’umubyeyi we.

Yari amaze amezi atanu ahawe Ubusaseridoti

Muri Nyakanga umwaka ushize wa 2021, undi Mupadiri witwa Fidèle de Charles Ntiyamira yandikiye Nyiricyubahiro Musenyeri Servilien Nzakamwita, Umushumba wa Diyosezi ya Byumba, asezera ku muhamagaro w’Ubupadiri.

Muri iyi baruwa ya Fidèle de Charles Ntiyamira wari Umusaseridoti, yavugaga ko yiyemeje gusezera kuko yifuza gushinga umuryango.

Yanavugaga kandi ko azakomeza gukorera Imana mu bundi buryo atari ubwo gusoma misa kuri aritari ntagatifu no mu mwambaro w’Ubupadiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + fourteen =

Previous Post

Ibibazo byabaye uruhurirane buririra kuri Mubazi- Mukuralinda yavuze ku myigaragambyo y’Abamotari

Next Post

Nyamagabe: Ngo ruswa iravuza ubuhuha mu z’ibanze, udafite icyo aha umuyobozi nta serivisi ahabwa

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Nyamagabe: Ngo ruswa iravuza ubuhuha mu z’ibanze, udafite icyo aha umuyobozi nta serivisi ahabwa

Nyamagabe: Ngo ruswa iravuza ubuhuha mu z’ibanze, udafite icyo aha umuyobozi nta serivisi ahabwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.