Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Abagore bane batonganiye ku Bitaro bapfa umurambo w’umuherwe wari warabashatse

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Abagore bane batonganiye ku Bitaro bapfa umurambo w’umuherwe wari warabashatse
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bane b’umunyemari Alfred Niyonzima witabye Imana, batonganiye ku Bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke ubwo buri wese yangaga ko mucyeba we areba umurambo w’umugabo wabo.

Umunyemari Alfred Niyonzima akaba nyiri Moteli yitwa Kumbya Ecology Tourism, yitabye Imana mu cyumweru gishize aguye muri Repubulika ya Centrafrique.

Abo mu muryango wa nyakwigendera babwiye RADIOTV10 ko uyu munyemari yapfuye mu buryo butunguranye kuko babyutse bagasanga yitabye Imana.

Kuri uyu wa Kane tariki 19 Gicurasi 2022, ni bwo umurambo wa nyakwigendera wagejejwe mu Rwanda uhita ujyanwa mu bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke.

Uyu munyemari wari warashatse abagore barenze umwe, bose uko ari bane bahuriye ku Bitaro bya Kibogora bagiye kureba umurambo ariko buri wese yanga ko mugenzi we awureba kuko buri umwe yifuzaga ko ari we uwureba ariko mucyeba we ntawugereho.

Umukozi w’Ibitaro bya Kibogora winjije umurambo wa nyakwigendera muri ibi Bitaro, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo cy’abagore banze ko buri wese areba umurambo w’umugabo wabo, cyabayeho koko, bigatuma ubuyobozi bw’Ibitaro bufata icyemezo.

Yagize ati “Bo ubwabo babuze uwumvikana n’undi ko bamurebaho bose, bibuze gica biba ngombwa ko mama we w’umukecuru ubyara uwo mugabo ari we ujya kumureba gusa.”

Uyu mukozi w’ibitaro bya Kibogora avuga ko ubuyobozi bw’ibitaro bwahise buha amabwiriza abacunga uburuhukiro kutagira uwo bwemerera kugera ku murambo wa nyakwigendera uretse umubyeyi we.

Ati “Nyine bakawukanye basa nk’ababwirana nabi ariko ntawigeze avuga igitutsi gikangaraye, birangije barababwira ngo niba ari uko bimeze nimugende muzagaruke ku Cyumweru.”

Avuga kandi ko muri abo bagore harimo n’umugore mukuru w’isezerano ndetse ko na we atemerewe kureba umurambo w’umugabo we.

Ati “Umugore we mukuru yavugaga ati ‘ntabwo dushaka ko umutoya amure’, ni uko birangira gutyo nyine barataha.”

Nyakwigendera Alfred Niyonzima ashimirwa uruhare yagize mu guteza imbere ubukerarugendo by’umwihariko ubushingiye ku nyoni ziguruka hejuru y’ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Nyamasheke.

Sitio NDOLI
RADIOTV10/Nyamasheke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 13 =

Previous Post

AMAFOTO: Urukundo ruragurumana hagati ya Judith wahoze ari Muka-Safi n’umusore w’amatuza

Next Post

Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye

Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.