Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

radiotv10by radiotv10
08/08/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Phoro/Bwiza

Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 74 n’umugore we w’imyaka 62 bikekwa ko bishwe n’umwana bibyariye wabasanze aho bari batuye mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, bashyinguwe mu gahinda kenshi aho abana babo bavuze ko umuvandimwe wabo wabiciye ababyeyi na we yari akwiye kwicwa.

Ba nyakwigendera bashyinguwe kuri iki Cyumweru tariki indwi Kanama 2022 mu irimbi rya Gahondo riherereye mu Mudugudu wa Munini mu Kagari ka Kibogora mu Murenge wa Kanjongo.

Ni umuhango waranzwe n’amarira menshi byumwihariko ku bana ba banyakwigendera babuze ababyeyi babo bombi umunsi umwe kandi bishwe n’umwo bonse rimwe.

Abaturanyi babo na bo amarira yari yose kuko bashenguwe n’iki gikorwa cy’ubunyamaswa cyakorewe aba babyeyi, gikozwe n’umwana wabo.

 

Ukekwa yafashwe ari kwidegembya

Uyu mugabo akekwaho kwica ababyeyi be barimo Se wari ufite imyaka 74 na nyina w’imyaka 62, bombi bishwe tariki 06 Kanama 2022 aho bikekwa ko bakaswe amajosi n’uyu mwana wabo wabasanze aho bari batuye mu Mudugudu wa Gakomeye mu Kagari ka Kigarama muri uriya Murenge wa Kanjongo.

Akimara gukora aya mahano, uyu mugabo yahise atoroka ariko ku bufatanye bw’inzego n’abaturage batangira kumushakisha aho yaje gufatirwa mu gasantere ka Karambi gaherereye mu Kagari ka Karengera mu Murenge wa Kirimbi.

Yafashwe ku makuru yatanzwe na mubyara we wamubonye muri aka gasantere ari kwidegembya anafite amaraso ku mubiri we, agahita amenyesha abandi baturage ko uwo mwene wabo ari gushakishwa kuko yishe ababyeyi be.

Abaturage bahise bamugota bamubaza ahavuye ayo mararo yari amuriho, ahita abemerera ko yishe ababyeyi be, ni ko guhita bahamagaza inzego zihita zimuta muri yombi ubu akaba afungiye kuri Station ya RIB ya Ntendezi.

Nyirahaguma Dative, umwana wa ba nyakwigendera akaba umuvandimwe w’ukekwa kwica aba babyeyi, yagize ati “Yamubonye kuri kariya gasantere k’ubucuruzi afite mu ntoki icupa ry’inzoga yitwa Ngufu, agiye kwishyura irindi cupa ry’umutobe yari aguze ngo avange agende anywa, amutungira abaturage agatoki, bamugezeho babona afite amaraso ku birenge, bamubajije asubiza atazuyaje ko asize akoze ishyano, yaraye yishe ababyeyi be bombi.”

Uyu muvandimwe w’ukekwaho kubicira ababyeyi, avuga ko akimara gufatwa yigambye ko yishe abantu babiri mu gihe yari afite umugambi wo kwivugana bane.

Avuga ko iki gikorwa cy’ubunyamaswa cyakozwe n’umuvandimwe we na we cyari gikwiye kumugiraho ingaruka zikomeye ku buryo na we yari akwiye kuvanwa ku Isi [tubibutse ko igihano cy’urupfu kitari mu mategeko y’u Rwanda].

Ati “Yari akwiye kugenzwa nkuko yagenje ababyeyi bacu, na we tukamushyingurana na bo […] Kubona umwana asogota nyina na se kuriya, agahabwa igihano kitangana n’ibyo yakoze, aramutse acitse Gereza ntiyaza akatumara? Ubu rero bagiye kujya birirwa bamucungiye umutekano agaburirwa ibigori na Leta. Aho yashyize ababyeyi bacu se bo bagiye kubirya?”

Amakuru avuga ko uyu mugabo yishe ababyeyi be kubera ibibazo bari bafitanye bishingiye ku makimbirane y’imitungo kuko ba nyakwigendera bari baramubujije kugurisha umunani bari baramuhaye.

Uyu mugabo ngo yahoraga ahamagara ababyeyi be ababwira azaza akabica kuko bamwangiye ko agurisha umutungo we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − five =

Previous Post

Guverinoma yavuze za Miliyari yigomwe ngo ibiciro bya Lisansi bidatumbagira bikabije

Next Post

Iyicwa ry’Umusirikare w’indwanyi kabuhariwe w’Umurusiya wiciwe muri Ukraine ryatumye Putin yirukana Abajenerali 6

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iyicwa ry’Umusirikare w’indwanyi kabuhariwe w’Umurusiya wiciwe muri Ukraine ryatumye Putin yirukana Abajenerali 6

Iyicwa ry’Umusirikare w’indwanyi kabuhariwe w’Umurusiya wiciwe muri Ukraine ryatumye Putin yirukana Abajenerali 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.