Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Uwavuye mu rugo ababwiye ibyateye urujijo yabonetse nyuma y’iminsi 10 ibye ari agahinda

radiotv10by radiotv10
18/06/2024
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Uwavuye mu rugo ababwiye ibyateye urujijo yabonetse nyuma y’iminsi 10 ibye ari agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke yasanzwe mu ishyamba yarapfuye nyuma y’uko hari hashize iminsi icumi batazi aho aherereye nyuma yo kuva mu rugo avuze ko agiye kwiyahura bakagira ngo ni imikino.

Abo mu muryango wa nyakwigendera, Bagaragaza Jean Pierre, bavuga ko intandaro y’ibi byose, ari ubusinzi bwatumye arwanira mu kabari, yataha ntibishimishe umugore we witwa Uzayisenga.

Uyu mugore wa nyakwigendera, yavuze ko ubwo yazaga yasinze akamwereka ko atabyishimiye, byababaje uyu mugabo we, akava mu rugo amubwira ko agiye kwiyahura ariko akumva ko atabikora.

Uzayisenga avuga ko bwacyeye mu gitondo ajya mu kazi nyuma aza kwitaba telefone y’umugabo amubwira ko arambiwe kubaho ababaza umugore we bityo ko agiye kwiyahura, undi agerageza kumubuza biba iby’ubusa ndetse bigera n’aho yitabaza Umuyobozi w’Umudugudu na we yumva umugabo avugira kuri telefone ko agiye kwiyahura.

Ntabanganyimana Pascaline uyobora Umudugudu wa Winkamba agira ati “Numvise amubwira ngo njyewe nafashe icyemezo cyo kwiyahura, nagiye ku Buhinga ngura ikinini cy’imbeba nkivanga n’umuti wo kuhagiza inka, ndi kubitoba biri mu gacupa ngiye kubinywa.”

Ngo nyuma byageze aho arongera ahamagara umugore amusaba kumushyira imyambaro aho yari mu ishyamba, ariko ahageze yanga kumwiyereka kuko yari yajyanye n’abandi bantu kandi yamusabye kugenda wenyine.

Kuva ubwo ntibongeye kumenya ibye kugeza ubwo abana bariho batashya inkwi babonye umurambo bagatabaza ndetse bamwe bakaba bemeza ko yiyahuye nk’uko yabivugaga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Buvungira, Nzayinambaho Salomon yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bwari bwamenye ibura ry’uyu mugabo ariko nabwo bugakeka ko kwari ugutera abantu ubwoba, icyakora nabwo bukavuga ko yaba yariyahuye.

Ati “Twakomeje gukeka ko ari ugukanga wenda ari ahandi hantu yaba yaragiye, abantu bakomeza kugenda babaza ariko ntitwamenya aho aherereye. Kwiyahura ni cyo gikekwa kuko hari umwana we w’imyaka 9 ngo yari yarabwiye ngo agiye gupfa.”

Ntihamenyekanye nyirizina icyishe uyu mugabo w’imyaka 32 usize umugore n’abana babiri kuko ubwo umurambo we wagezwaga ku Bitaro bya Bushenge utakorewe isuzuma kubera ko wari waratangiye kwangirika.

Yavuye mu rugo avuga ko agiye kwiyahura bagira ngo ni ukubakanga, none bamubonye yarapfuye
Byari agahinda mu baturage

Umubiri we wahise ujyanwa ku Bitaro

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Umuhanzi wubatse izina mu Rwanda umaze igihe atuye mu mahanga yatangaje inkuru nziza

Next Post

Ubutegetsi bwa Congo bwahawe umukoro nyuma y’ubwicanyi bumaze guhitana inzirakarengane z’Abanyekongo 150

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutegetsi bwa Congo bwahawe umukoro nyuma y’ubwicanyi bumaze guhitana inzirakarengane z’Abanyekongo 150

Ubutegetsi bwa Congo bwahawe umukoro nyuma y’ubwicanyi bumaze guhitana inzirakarengane z'Abanyekongo 150

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.