Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Uwavuye mu rugo ababwiye ibyateye urujijo yabonetse nyuma y’iminsi 10 ibye ari agahinda

radiotv10by radiotv10
18/06/2024
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Uwavuye mu rugo ababwiye ibyateye urujijo yabonetse nyuma y’iminsi 10 ibye ari agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke yasanzwe mu ishyamba yarapfuye nyuma y’uko hari hashize iminsi icumi batazi aho aherereye nyuma yo kuva mu rugo avuze ko agiye kwiyahura bakagira ngo ni imikino.

Abo mu muryango wa nyakwigendera, Bagaragaza Jean Pierre, bavuga ko intandaro y’ibi byose, ari ubusinzi bwatumye arwanira mu kabari, yataha ntibishimishe umugore we witwa Uzayisenga.

Uyu mugore wa nyakwigendera, yavuze ko ubwo yazaga yasinze akamwereka ko atabyishimiye, byababaje uyu mugabo we, akava mu rugo amubwira ko agiye kwiyahura ariko akumva ko atabikora.

Uzayisenga avuga ko bwacyeye mu gitondo ajya mu kazi nyuma aza kwitaba telefone y’umugabo amubwira ko arambiwe kubaho ababaza umugore we bityo ko agiye kwiyahura, undi agerageza kumubuza biba iby’ubusa ndetse bigera n’aho yitabaza Umuyobozi w’Umudugudu na we yumva umugabo avugira kuri telefone ko agiye kwiyahura.

Ntabanganyimana Pascaline uyobora Umudugudu wa Winkamba agira ati “Numvise amubwira ngo njyewe nafashe icyemezo cyo kwiyahura, nagiye ku Buhinga ngura ikinini cy’imbeba nkivanga n’umuti wo kuhagiza inka, ndi kubitoba biri mu gacupa ngiye kubinywa.”

Ngo nyuma byageze aho arongera ahamagara umugore amusaba kumushyira imyambaro aho yari mu ishyamba, ariko ahageze yanga kumwiyereka kuko yari yajyanye n’abandi bantu kandi yamusabye kugenda wenyine.

Kuva ubwo ntibongeye kumenya ibye kugeza ubwo abana bariho batashya inkwi babonye umurambo bagatabaza ndetse bamwe bakaba bemeza ko yiyahuye nk’uko yabivugaga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Buvungira, Nzayinambaho Salomon yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bwari bwamenye ibura ry’uyu mugabo ariko nabwo bugakeka ko kwari ugutera abantu ubwoba, icyakora nabwo bukavuga ko yaba yariyahuye.

Ati “Twakomeje gukeka ko ari ugukanga wenda ari ahandi hantu yaba yaragiye, abantu bakomeza kugenda babaza ariko ntitwamenya aho aherereye. Kwiyahura ni cyo gikekwa kuko hari umwana we w’imyaka 9 ngo yari yarabwiye ngo agiye gupfa.”

Ntihamenyekanye nyirizina icyishe uyu mugabo w’imyaka 32 usize umugore n’abana babiri kuko ubwo umurambo we wagezwaga ku Bitaro bya Bushenge utakorewe isuzuma kubera ko wari waratangiye kwangirika.

Yavuye mu rugo avuga ko agiye kwiyahura bagira ngo ni ukubakanga, none bamubonye yarapfuye
Byari agahinda mu baturage

Umubiri we wahise ujyanwa ku Bitaro

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 20 =

Previous Post

Umuhanzi wubatse izina mu Rwanda umaze igihe atuye mu mahanga yatangaje inkuru nziza

Next Post

Ubutegetsi bwa Congo bwahawe umukoro nyuma y’ubwicanyi bumaze guhitana inzirakarengane z’Abanyekongo 150

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutegetsi bwa Congo bwahawe umukoro nyuma y’ubwicanyi bumaze guhitana inzirakarengane z’Abanyekongo 150

Ubutegetsi bwa Congo bwahawe umukoro nyuma y’ubwicanyi bumaze guhitana inzirakarengane z'Abanyekongo 150

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.