Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

radiotv10by radiotv10
22/01/2026
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo
Share on FacebookShare on Twitter

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano yabonywe imbere y’umuryango wako yapfuye nyuma yo kugakubitirwamo biturutse ku kutumvikana na nyirako.

Byabereye mu isantere yitwa Kamina iri mu mudugudu wa Rwesero ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri ubwo uyu Nkurikiyumukiza  yinjiraga mu kabari agakubitwa n’abasore babiri nk’uko bivugwa na Nyirasafari Edissa wabibonye.

Agira ati “Nari ndi mu kabari ngiye kubona mbona Rujanga arinjiye, uko yazaga aho twari turi, umuntu w’umusore wari uhari yahise amutera inkokora undi ahita agwa hasi. Nahise mvuza induru mvuga nti uyu muntu araramuka agize icyo aba ndabivuga maze undi musore aza ansatira avuga ngo uri kuvuga iki wa mukecuruwe mpita nirukanka mvuza induru nti Rujanga arapfuye Rujanga arapfuye”.

Ibyo byari byabaye saa mbiri z’ijoro ndeste ngo abo bivugwa ko bakubise nyakwigendera ngo baje kumusohora hanze  bucyeye aba ari bwo abantu babona ko yashizemo umwuka.

Uwitwa Mbakuriyemo Enock uri mu babonye uyu murambo avuga ko wari ufite udukomere mu mugongo bigaragara ko yakurubanzwe hasi mu gihe yasohorwaga muri ako kabari akimara gukubitwa iyo nkokora bamwe bakeka ko yayikubiswe ahabi bikamuvira mo urupfu.

Mbakuriyemo Ati “Twasanze afite udusari mu mugongo ari nka kwakundi bamukuruye hasi bamusohora agashwaratuka ’’.

Ubwo Radio&Tv10  yari muri aka gasantere abaturage bayibwiye ko abantu barenga babiri barimo na nyiri aka kabari kazwi ku izina ryo kwa mukubite umwice bari bamaze gufatwa n’urwego rw’ubugenzacyaha.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kagano Mukamusabyimana Marie Jeanne wemeje amakuru y’uru rupfu yavuze ko nubwo iperereza rigikomeje ariko nk’urwego rw’ubuyobozi hari icyemezo kigomba gufatrirwa aka kabari

Gitifu Marie Jeanne ati “Kabone n’ubwo tutari twabihuza neza na cyane ko inzego z’iperereza zikibikurikirana, ariko buriya turanareba ngo ise niba byabereye iwawe n’ubwo haba inyuma cyangwa imbere ,, watabaye? Umutima w’abanyarwanda wakabaye gutabarana, gutanga amakuru ibyo byose turabireba tugenzure n’iba nta ruhare yabigizemo hanyuma dufate umwanzuro ku kabari ke”.

Nyuma y’iperereza ry’ibanze, umurambo wa nyakwigendera wabanje kujyanwa mu bitaro bya Kigobora ngo usuzumwe hamenyekane icyamwishe nyiriza.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + seven =

Previous Post

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Next Post

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.