Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in MU RWANDA
0
Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abagenzi n’imizigo ku magare mu mujyi wa Nyanza, bavuga ko hari ababafata bavuga ko ari Abapolisi ariko batambaye impuzankano, ku buryo hari n’ababiyitirira bakabiba amagare yabo.

Aba banyonzi bavuga ko badashobora gutandukanya abapolisi cyangwa abajura mu gihe babafata iyo bakoze amakosa mu muhanda,

Umwe ati “Ubundi dusanzwe dufatwa n’abapolisi bakaza bambaye imyenda isanzwe itari iy’akazi ntibanerekane ibyangombwa byabo, bigatuma hari n’ababiyitirira bakatwambura amagare yacu bakayajyana twajya kuri polisi bakatubwira ko ntayahari.”

Aba banyonzi bavuga ko bajya banabaza ibyangombwa by’abo baza kubafata kugira ngo bizere ko bakorera uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, ariko bakanga kubibereka.

Undi ati “ibyo rero bidutera ikibazo bitewe nuko akenshi twibwa amagare yacu. Ntabwo twanze abadufata mu gihe turi mu makosa ariko koko niba ari abapolisi bakabaye badufata bambaye umwenda w’akazi cyangwa bakatwereka ibyangomwa bibaranga mu rwego rwo kwirinda abajura batwambura amagare yacu.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko ubusanzwe iyo Abapolisi bari mu kazi baba bambaye umwambaro w’akazi, ariko ko aho batawambaye baba bafite ibyangombwa bibaranga bityo ko ari uburenganzira bwa buri wese kubaza ibyangombwa mu gihe agize amakenga.

Ati “Akenshi iyo turi mu bikorwa byo gucunga umutekano wo mu muhanda tuba twambaye umwenda w’akazi uturanga nk’Abapolisi, ariko bitewe n’imiterere y’igikorwa cya polisi turimo, rimwe na rimwe dushobora no kwambara imyenda isanzwe ariko dufite ikarita y’akazi ituranga, kandi n’umuturage afite uburenganzira bwo kutubaza ikarita y’akazi.”

Akomeza agira ati “Abaturage basabwa kugira amakenga mu gihe bafashwe n’utujuje ibyavuzwe haruguru bakamenyesha Polisi agafatwa agakurikiranwa.”

Aba batwara abantu n’ibintu ku magare bo mu karere ka Nyanza bavuga ko aba babafata bakabatwarira amagare, akenshi babikora iyo bari kuva mu kazi mu masaha y’umugoroba, cyangwa bakabasanga aho baparitse babwirwa ko baparitse nabi.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eleven =

Previous Post

Hazamuwe amajwi atabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamaze igihe bafunzwe by’urujijo

Next Post

Menya abakinnyi Amavubi yahagurukanye ajya gushaka uko yakongera guha Abanyarwanda ibyishimo baheruka mu myaka 20

Related Posts

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye
MU RWANDA

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abakinnyi Amavubi yahagurukanye ajya gushaka uko yakongera guha Abanyarwanda ibyishimo baheruka mu myaka 20

Menya abakinnyi Amavubi yahagurukanye ajya gushaka uko yakongera guha Abanyarwanda ibyishimo baheruka mu myaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.