Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

radiotv10by radiotv10
31/08/2024
in MU RWANDA
0
Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Kagari ka Butansinda mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bavuga ko bamaze imyaka itandatu bafite ikibazo cy’inzu zabo zangirika kuko begereye ahacukurwa amabuye na Kompanyi ya Horizon, ndetse banakivuga hakaba ababatera ubwoba ko bizabagiraho ingaruka.

Aba baturage bavuga ko baturiye ahacukurwa amabuye akoreshwa na kompanyi ya Horizon mu bikorwa byo kubaka imihanda, ariko ko inzu zabo zasenyutse ntibahweme kubigavuga ariko barirengagijwe.

Umwe ati “Kuko inzu zacu zituranye neza hafi y’ahari inganda zikorerwamo ubu bucukuzi. Inzu zacu zarangiritse, nkanjye nari mfite inzu yanjye imeze neza none ubu yarasenyutse ngerageza kwisanira, bakomeje gucukura isenyka yose.”

Ni ikibazo gihuriweho n’abaturage benshi, bavuga ko bafite impungenge z’ubuzima bwabo, kuko inzu zabo ziyashije ku buryo isana n’isaha zishobora kubagwaho.

Undi ati “Usanga zarasadutse ku buryo tuba dufite impungenge  ko zishobora kutugwaho cyane ko hari izasenyutse tuzibona.”

Ikibabaza aba baturage, bavuga ko ari uko n’iyo bagerageje kubibwira inzego, babizeza ko ikibazo cyabo kizakemuka, ariko hakaba n’ababatera ubwoba bababwira ko nibakomeza kubibaza, bizabagiraho ingaruka.

Undi ati “Iyo tubibajije inzego zibishinzwe usanga bataduha ibisubizo bigaragara, ahubwo bakadutera ubwoba ngo nidukomeza kubibaza  bizatugiraho ingaruka.”

Undi ati “Turishinganisha kuko na n’ubu tuvuganye ntitwizeye umutekano wacu, kuko iki kibazo twakibajije igie kinini ntigikemuke.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda avuga ko ku bufatanye n’inzego zinyuranye zirimo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi ndetse n’inzego z’ubuyobozi kuva ku rwego rw’Uturere (Ruhango na Nyanza) kugeza ku Ntara, haganiriwe kuri iki kibazo kigahabwa umurongo.

Ati “Hemezwa abafashwa bitewe n’uko bigaragara ko hari ingaruka byabateje. Uyu munsi haramutse hari abandi bagize ikibazo nabwo twakongera tukareba uko tubyigaho kuko ntabwo nari mperutse kubyumva.”

Aba baturage bavuga ko kuba ubu bucukuzi buri hagati y’ingo z’abaturage  binabagiraho izindi ngaruka nyinshi zitandukanye nko  guhura n’ibyuka bibahumanya.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eight =

Previous Post

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

Next Post

Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.