Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

radiotv10by radiotv10
31/08/2024
in MU RWANDA
0
Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Kagari ka Butansinda mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bavuga ko bamaze imyaka itandatu bafite ikibazo cy’inzu zabo zangirika kuko begereye ahacukurwa amabuye na Kompanyi ya Horizon, ndetse banakivuga hakaba ababatera ubwoba ko bizabagiraho ingaruka.

Aba baturage bavuga ko baturiye ahacukurwa amabuye akoreshwa na kompanyi ya Horizon mu bikorwa byo kubaka imihanda, ariko ko inzu zabo zasenyutse ntibahweme kubigavuga ariko barirengagijwe.

Umwe ati “Kuko inzu zacu zituranye neza hafi y’ahari inganda zikorerwamo ubu bucukuzi. Inzu zacu zarangiritse, nkanjye nari mfite inzu yanjye imeze neza none ubu yarasenyutse ngerageza kwisanira, bakomeje gucukura isenyka yose.”

Ni ikibazo gihuriweho n’abaturage benshi, bavuga ko bafite impungenge z’ubuzima bwabo, kuko inzu zabo ziyashije ku buryo isana n’isaha zishobora kubagwaho.

Undi ati “Usanga zarasadutse ku buryo tuba dufite impungenge  ko zishobora kutugwaho cyane ko hari izasenyutse tuzibona.”

Ikibabaza aba baturage, bavuga ko ari uko n’iyo bagerageje kubibwira inzego, babizeza ko ikibazo cyabo kizakemuka, ariko hakaba n’ababatera ubwoba bababwira ko nibakomeza kubibaza, bizabagiraho ingaruka.

Undi ati “Iyo tubibajije inzego zibishinzwe usanga bataduha ibisubizo bigaragara, ahubwo bakadutera ubwoba ngo nidukomeza kubibaza  bizatugiraho ingaruka.”

Undi ati “Turishinganisha kuko na n’ubu tuvuganye ntitwizeye umutekano wacu, kuko iki kibazo twakibajije igie kinini ntigikemuke.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda avuga ko ku bufatanye n’inzego zinyuranye zirimo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi ndetse n’inzego z’ubuyobozi kuva ku rwego rw’Uturere (Ruhango na Nyanza) kugeza ku Ntara, haganiriwe kuri iki kibazo kigahabwa umurongo.

Ati “Hemezwa abafashwa bitewe n’uko bigaragara ko hari ingaruka byabateje. Uyu munsi haramutse hari abandi bagize ikibazo nabwo twakongera tukareba uko tubyigaho kuko ntabwo nari mperutse kubyumva.”

Aba baturage bavuga ko kuba ubu bucukuzi buri hagati y’ingo z’abaturage  binabagiraho izindi ngaruka nyinshi zitandukanye nko  guhura n’ibyuka bibahumanya.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − nine =

Previous Post

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

Next Post

Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.