• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

radiotv10by radiotv10
31/08/2024
in MU RWANDA
0
Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Kagari ka Butansinda mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bavuga ko bamaze imyaka itandatu bafite ikibazo cy’inzu zabo zangirika kuko begereye ahacukurwa amabuye na Kompanyi ya Horizon, ndetse banakivuga hakaba ababatera ubwoba ko bizabagiraho ingaruka.

Aba baturage bavuga ko baturiye ahacukurwa amabuye akoreshwa na kompanyi ya Horizon mu bikorwa byo kubaka imihanda, ariko ko inzu zabo zasenyutse ntibahweme kubigavuga ariko barirengagijwe.

Umwe ati “Kuko inzu zacu zituranye neza hafi y’ahari inganda zikorerwamo ubu bucukuzi. Inzu zacu zarangiritse, nkanjye nari mfite inzu yanjye imeze neza none ubu yarasenyutse ngerageza kwisanira, bakomeje gucukura isenyka yose.”

Ni ikibazo gihuriweho n’abaturage benshi, bavuga ko bafite impungenge z’ubuzima bwabo, kuko inzu zabo ziyashije ku buryo isana n’isaha zishobora kubagwaho.

Undi ati “Usanga zarasadutse ku buryo tuba dufite impungenge  ko zishobora kutugwaho cyane ko hari izasenyutse tuzibona.”

Ikibabaza aba baturage, bavuga ko ari uko n’iyo bagerageje kubibwira inzego, babizeza ko ikibazo cyabo kizakemuka, ariko hakaba n’ababatera ubwoba bababwira ko nibakomeza kubibaza, bizabagiraho ingaruka.

Undi ati “Iyo tubibajije inzego zibishinzwe usanga bataduha ibisubizo bigaragara, ahubwo bakadutera ubwoba ngo nidukomeza kubibaza  bizatugiraho ingaruka.”

Undi ati “Turishinganisha kuko na n’ubu tuvuganye ntitwizeye umutekano wacu, kuko iki kibazo twakibajije igie kinini ntigikemuke.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda avuga ko ku bufatanye n’inzego zinyuranye zirimo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi ndetse n’inzego z’ubuyobozi kuva ku rwego rw’Uturere (Ruhango na Nyanza) kugeza ku Ntara, haganiriwe kuri iki kibazo kigahabwa umurongo.

Ati “Hemezwa abafashwa bitewe n’uko bigaragara ko hari ingaruka byabateje. Uyu munsi haramutse hari abandi bagize ikibazo nabwo twakongera tukareba uko tubyigaho kuko ntabwo nari mperutse kubyumva.”

Aba baturage bavuga ko kuba ubu bucukuzi buri hagati y’ingo z’abaturage  binabagiraho izindi ngaruka nyinshi zitandukanye nko  guhura n’ibyuka bibahumanya.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

Next Post

Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.