Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagaragaje impamvu Perezida Kagame agomba gutorwa 100%

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagaragaje impamvu Perezida Kagame agomba gutorwa 100%
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko iterambere bamaze kugeraho mu nzego zose, kubera imiyoborere myiza irangajwe imbere na Chairman Paul Kagame, bityo ko kuzamutora bitagomba kuza munsi y’ 100%.

Babitangaje kuri iki Cyumweru tariki 30 Kamena 2024, ubwo bari mu gikorwa cyo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi cyateguwe ku rwego rw’Umurenge wa Nyarugunga.

Chairperson wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga, Monique Tumukunde avuga ko, abatuye uyu Murenge bafite impamvu nyinshi zo gushimira imiyoborere myiza y’u Rwanda irangajwe imbere na Perezida Paul Kagame akaba Chairman w’Umuryango.

Ati “Bafite impamvu nyinshi zituma bishima z’ibikorwa bya Chairman wacu yatugejejeho mu Gihugu cyacu. Ntabwo rero bigoye kuba wagira morali cyangwa wagira ibyishimo, hari byinshi byagezweho mu nkingi zose za Guverinoma.”

Muri iki gikorwa kandi, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga bagaragaje ibi byagezweho, byahinduye imibereho y’abawutuye, by’umwihariko ibikorwa remezo bikomeje gutuma batera imbere uko bwije uko bucyeye.

Ati “Abanyamuryango bikoreye imihanda, Igihugu cyacu cyatugejeje kuri byinshi, amavuriro mu Murenge wacu arahari awukikije, ndetse harimo n’ivuriro rikuru rivuga Cancer, Abanyarwanda n’abanyamahanga baza kuhivuza mu Gihugu cyacu kubera imiyoborere myiza twagejejwejo na Nyakubahwa Chairman wacu.”

Mu burezi, naho muri uyu Murenge hari amashuri menshi yatumye abana boroherwa no kwiga kuko nta bagikora ingendo ndende bagiye guhaha ubumenyi, ahubwo ko kuba amashuri abari hafi biborohereza kwiga.

Tumukunde ati “Mu Murenge wacu nta mwana utakiga, nta mwana uva mu ishuri, abanyeshuri bajya kwiga kandi bakiga bitababangamiye, bakiga neza, bagasoza amashuri yabo, ndetse bagatsinda neza.”

Avuga ko ibi byose bituma Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi, banyoterwa no kuba itariki 15 Nyakanga itinze kugera, ubundi bakajya kugaragariza Chairman wabo ko ibyo yabagejejeho ari igihango cyo kuzakomezanya no mu myaka itanu iri imbere.

Chairperson wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga, Monique Tumukunde avuga ko hari impamvu nyinshi zo gushimira Umuryango

Abategarugori bafite umwihariko

Tuyisenge Julienne, umwe mu Banyamuryango ba FPR-Inkotanyi witabiriye iki gikorwa, avuga ko nk’umutegarugori afite byinshi byo gushimira Chairman w’Umuryango kubera ijambo yahaye abari n’abategarugori bari barimwe mu gihe cy’ubutegetsi bubi bwabayeho mu Rwanda.

Uyu rwimezamirimo avuga ko kubera gutinyurwa n’imiyoborere myiza, byatumye abasha kwinjira mu bushabitsi, aho yashinze ishuri ubu rikaba ritanga uburere n’uburezi bifite ireme, aho ryatangiye ari ishuri rito ariko rikaba rigeze ku rwego rushimishije.

Ati “Kubera iyo mpamvu, twabashije kwigisha neza abana, batsinda mu cyiciro cya mbere mu mashuri abanza, nta mwana n’umwe ujya mu cyiciro cya kabiri, byatumye ababyeyi batwizera baduha abana benshi, tuva kuri wa mubare w’abana 20, twagiye dutera imbere uko imyaka igenda iza, mu myanda icyenda tumaze dukora, tugeze ku bana 950. Abarimu bari bane gusa, ubu dufite abarimu barenga mirongo itandatu.”

Tuyisenge Julienne akomeza avuga ko uku kwaguka, gushinze imizi ku mpanuro za Chairman wa FPR-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame uhora atanga impanuro ku Banyarwanda ko bagomba gutekereza ibyagutse.

Ati “Ntahandi twabikura uretse kugira FPR irangajwe imbere na Nyakubahwa Chairman Paul Kagame. Ibi byose tugeraho ntibyashoboka tudafite Umuryango FPR-Inkotanyi urangajwe imbere n’Intore Nkuru, batugira inama.”

Tuyisenge Julienne avuga ko uretse n’ibi, afite n’ubuhamya bw’ibyo abona byakomeje kugerwaho kuva Umuryango FPR-Inkotanyi wayobora by’umwihariko ibigezweho muri iyi myaka irindwi, bityo ko ntacyabuza abanyamuryango bo muri Nyarugunga kuzahundagaza amajwi kuri Chairman Paul Kagame, bakamutora 100%.

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi muri Nyarugunga bishimiye kwamamaza Umukandida wabo Paul Kagame
Bavuga ko kumutora ari 100%
Hon Tito Rutaremara, na we yari yitabiriye iki gikorwa

Abategarugori bavuga bo bafite umwihariko

Ibyo gushimira imiyoborere myiza ni byinshi
Umuhanzi Senderi yaje kubafasha gususuruka
Umurenge wa Nyarugunga wagiye wegukana n’ibikombe kubera imiyoborere myiza

Kuri Monique n’abandi banyamuryango, Morale yari yose kubera kwitegura kuzajya kwitorera Chairman Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Lady Gaga Pulled Off One of the Best Halftime Shows Ever

Next Post

Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho

Related Posts

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo
AMAHANGA

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho

Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.