Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagaragaje impamvu Perezida Kagame agomba gutorwa 100%

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagaragaje impamvu Perezida Kagame agomba gutorwa 100%
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko iterambere bamaze kugeraho mu nzego zose, kubera imiyoborere myiza irangajwe imbere na Chairman Paul Kagame, bityo ko kuzamutora bitagomba kuza munsi y’ 100%.

Babitangaje kuri iki Cyumweru tariki 30 Kamena 2024, ubwo bari mu gikorwa cyo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi cyateguwe ku rwego rw’Umurenge wa Nyarugunga.

Chairperson wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga, Monique Tumukunde avuga ko, abatuye uyu Murenge bafite impamvu nyinshi zo gushimira imiyoborere myiza y’u Rwanda irangajwe imbere na Perezida Paul Kagame akaba Chairman w’Umuryango.

Ati “Bafite impamvu nyinshi zituma bishima z’ibikorwa bya Chairman wacu yatugejejeho mu Gihugu cyacu. Ntabwo rero bigoye kuba wagira morali cyangwa wagira ibyishimo, hari byinshi byagezweho mu nkingi zose za Guverinoma.”

Muri iki gikorwa kandi, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga bagaragaje ibi byagezweho, byahinduye imibereho y’abawutuye, by’umwihariko ibikorwa remezo bikomeje gutuma batera imbere uko bwije uko bucyeye.

Ati “Abanyamuryango bikoreye imihanda, Igihugu cyacu cyatugejeje kuri byinshi, amavuriro mu Murenge wacu arahari awukikije, ndetse harimo n’ivuriro rikuru rivuga Cancer, Abanyarwanda n’abanyamahanga baza kuhivuza mu Gihugu cyacu kubera imiyoborere myiza twagejejwejo na Nyakubahwa Chairman wacu.”

Mu burezi, naho muri uyu Murenge hari amashuri menshi yatumye abana boroherwa no kwiga kuko nta bagikora ingendo ndende bagiye guhaha ubumenyi, ahubwo ko kuba amashuri abari hafi biborohereza kwiga.

Tumukunde ati “Mu Murenge wacu nta mwana utakiga, nta mwana uva mu ishuri, abanyeshuri bajya kwiga kandi bakiga bitababangamiye, bakiga neza, bagasoza amashuri yabo, ndetse bagatsinda neza.”

Avuga ko ibi byose bituma Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi, banyoterwa no kuba itariki 15 Nyakanga itinze kugera, ubundi bakajya kugaragariza Chairman wabo ko ibyo yabagejejeho ari igihango cyo kuzakomezanya no mu myaka itanu iri imbere.

Chairperson wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyarugunga, Monique Tumukunde avuga ko hari impamvu nyinshi zo gushimira Umuryango

Abategarugori bafite umwihariko

Tuyisenge Julienne, umwe mu Banyamuryango ba FPR-Inkotanyi witabiriye iki gikorwa, avuga ko nk’umutegarugori afite byinshi byo gushimira Chairman w’Umuryango kubera ijambo yahaye abari n’abategarugori bari barimwe mu gihe cy’ubutegetsi bubi bwabayeho mu Rwanda.

Uyu rwimezamirimo avuga ko kubera gutinyurwa n’imiyoborere myiza, byatumye abasha kwinjira mu bushabitsi, aho yashinze ishuri ubu rikaba ritanga uburere n’uburezi bifite ireme, aho ryatangiye ari ishuri rito ariko rikaba rigeze ku rwego rushimishije.

Ati “Kubera iyo mpamvu, twabashije kwigisha neza abana, batsinda mu cyiciro cya mbere mu mashuri abanza, nta mwana n’umwe ujya mu cyiciro cya kabiri, byatumye ababyeyi batwizera baduha abana benshi, tuva kuri wa mubare w’abana 20, twagiye dutera imbere uko imyaka igenda iza, mu myanda icyenda tumaze dukora, tugeze ku bana 950. Abarimu bari bane gusa, ubu dufite abarimu barenga mirongo itandatu.”

Tuyisenge Julienne akomeza avuga ko uku kwaguka, gushinze imizi ku mpanuro za Chairman wa FPR-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame uhora atanga impanuro ku Banyarwanda ko bagomba gutekereza ibyagutse.

Ati “Ntahandi twabikura uretse kugira FPR irangajwe imbere na Nyakubahwa Chairman Paul Kagame. Ibi byose tugeraho ntibyashoboka tudafite Umuryango FPR-Inkotanyi urangajwe imbere n’Intore Nkuru, batugira inama.”

Tuyisenge Julienne avuga ko uretse n’ibi, afite n’ubuhamya bw’ibyo abona byakomeje kugerwaho kuva Umuryango FPR-Inkotanyi wayobora by’umwihariko ibigezweho muri iyi myaka irindwi, bityo ko ntacyabuza abanyamuryango bo muri Nyarugunga kuzahundagaza amajwi kuri Chairman Paul Kagame, bakamutora 100%.

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi muri Nyarugunga bishimiye kwamamaza Umukandida wabo Paul Kagame
Bavuga ko kumutora ari 100%
Hon Tito Rutaremara, na we yari yitabiriye iki gikorwa

Abategarugori bavuga bo bafite umwihariko

Ibyo gushimira imiyoborere myiza ni byinshi
Umuhanzi Senderi yaje kubafasha gususuruka
Umurenge wa Nyarugunga wagiye wegukana n’ibikombe kubera imiyoborere myiza

Kuri Monique n’abandi banyamuryango, Morale yari yose kubera kwitegura kuzajya kwitorera Chairman Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Lady Gaga Pulled Off One of the Best Halftime Shows Ever

Next Post

Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho

Byinshi wamenya ku ndwara zitandura zihitana benshi mu Rwanda n’ibyo benshi bataziziho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.