Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyaruguru: Batangiye gutaka inzara bagaragaza n’impamvu ishobora kubabaho karande

radiotv10by radiotv10
16/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyaruguru: Batangiye gutaka inzara bagaragaza n’impamvu ishobora kubabaho karande
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko inzara ibamereye nabi, nyuma yuko ikiribwa cy’ibijumba cyari gifatiye benshi runini kibuze, ku buryo gisigaye kirya uwifite, ndetse n’imbuto yacyo ikaba yarabuze ku buryo babona aya mapfa ashobora kumara igihe kinini.

Aba baturage biganjemo abo mu Murenge wa Rusenge, bavuga ko ibijumba byari bibafatiye runini, ku buryo ntawapfaga gutaka inzara, mu gihe byabaga bihari, none ubu ni ibiribwa birya uwifite.

Uwihoreye Alice na we ati “Ibijumba birahenze no kubirya ni intambara, bigurwa n’abakire gusa bafite amafaranga menshi. None se waba udafite amafaranga hano ukagura ibijumba? Mbere wagiraga amafaranga 200 ukabona agatebo k’ibijumba, ubu ntabwo wagura agatebo kereka uri umukire.’’

Nyirahabimana Domina ati “Ibijumba byaradufashaga mu muryango waba ufite abana ukabona ibibatunga none kuri ubu birahenze cyane kubona ibijumba bisaba ko uba wifite kandi ureba ari mu cyaro twakabaye dufite ibijumba.’’

Aba baturage bavuga ko intandaro y’iri bura ry’ibijumba ari uko babuze imbuto yabyo ndetse n’aho iri ikaba yararwaye.

Nyirahabimana akomeza agira ati “Ikibazo gikomeye ni uko nta mbuto y’ibijumba dufite usanga duhinga imbuto duteye ikarwara ntiyere ndetse na yo ugasanga ntihagije.”

Umuyobozi ushinzwe ubuhinzi mu Karere ka Nyaruguru, Uwambajimana Philippe avuga ko  iki kibazo kizwi, ndetse ko cyatewe no kuba ibihe bitaragenze neza.

Ati ”Muri season C ibyahinzwe mu tubande ntibirera neza ngo basarure   haboneke n’imbuto ihagije. Icyo tubabwira ni ugukomeza gufata neza imbuto zihinze mu tubande, aho yatangiye kuboneka bakayifashisha mu guhinga imusozi ahakiri ibisambu bitarahingwa ndetse bakagira n’umuco wo guhana imbuto ku batayifite.’’

Ikibazo cy’abahinzi bataka kubura mbuto y’ibihingwa bimwe na bimwe nk’ibijumba n’imyumbati, gikunze kugaragara hirya no hino mu Turere tw’Igihugu, gusa Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kivuga   hari ingamba zashyizweho mu kugikemura, hifashishijwe gahunda yo gutubura izo mbuto.

Ibijumba byari ikiribwa cya buri wese kinabafasha kutugarizwa n’inzara, ubu ni icy’abifite
Abafite imbuto y’ibijumba basabwe kuyikoresha neza bakana bagenzi babo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

Next Post

Isesengura: U Rwanda rwakwema rute mu kurandura SIDA nyamara abandura benshi ari urubyiruko?

Related Posts

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Impanuka y’imodoka y’ikamyo yabereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yagonze izindi modoka, ikanahitana ubuzima bw’abantu babiri, birakekwa...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanganishije umuryango w’umunyapolitiki Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, witabye Imana....

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

by radiotv10
16/10/2025
0

Abantu 25 basohotse ku rutonde rwashyizwe hanze n'Ikigo gishinzwe Gutahura no Kurwanya Ibyaha byo mu rwego rw’Imari- FIC (Financial Intelligence...

Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

by radiotv10
16/10/2025
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwatangaje ko hashyizweho uburyo bwo kuzafasha abazitabira ibirori byo guha impamyabumenyi abayirangijemo bizabera i Huye,...

IZIHERUKA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo
AMAHANGA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

16/10/2025
Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

16/10/2025
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Isesengura: U Rwanda rwakwema rute mu kurandura SIDA nyamara abandura benshi ari urubyiruko?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.