Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyaruguru: Batangiye gutaka inzara bagaragaza n’impamvu ishobora kubabaho karande

radiotv10by radiotv10
16/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyaruguru: Batangiye gutaka inzara bagaragaza n’impamvu ishobora kubabaho karande
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko inzara ibamereye nabi, nyuma yuko ikiribwa cy’ibijumba cyari gifatiye benshi runini kibuze, ku buryo gisigaye kirya uwifite, ndetse n’imbuto yacyo ikaba yarabuze ku buryo babona aya mapfa ashobora kumara igihe kinini.

Aba baturage biganjemo abo mu Murenge wa Rusenge, bavuga ko ibijumba byari bibafatiye runini, ku buryo ntawapfaga gutaka inzara, mu gihe byabaga bihari, none ubu ni ibiribwa birya uwifite.

Uwihoreye Alice na we ati “Ibijumba birahenze no kubirya ni intambara, bigurwa n’abakire gusa bafite amafaranga menshi. None se waba udafite amafaranga hano ukagura ibijumba? Mbere wagiraga amafaranga 200 ukabona agatebo k’ibijumba, ubu ntabwo wagura agatebo kereka uri umukire.’’

Nyirahabimana Domina ati “Ibijumba byaradufashaga mu muryango waba ufite abana ukabona ibibatunga none kuri ubu birahenze cyane kubona ibijumba bisaba ko uba wifite kandi ureba ari mu cyaro twakabaye dufite ibijumba.’’

Aba baturage bavuga ko intandaro y’iri bura ry’ibijumba ari uko babuze imbuto yabyo ndetse n’aho iri ikaba yararwaye.

Nyirahabimana akomeza agira ati “Ikibazo gikomeye ni uko nta mbuto y’ibijumba dufite usanga duhinga imbuto duteye ikarwara ntiyere ndetse na yo ugasanga ntihagije.”

Umuyobozi ushinzwe ubuhinzi mu Karere ka Nyaruguru, Uwambajimana Philippe avuga ko  iki kibazo kizwi, ndetse ko cyatewe no kuba ibihe bitaragenze neza.

Ati ”Muri season C ibyahinzwe mu tubande ntibirera neza ngo basarure   haboneke n’imbuto ihagije. Icyo tubabwira ni ugukomeza gufata neza imbuto zihinze mu tubande, aho yatangiye kuboneka bakayifashisha mu guhinga imusozi ahakiri ibisambu bitarahingwa ndetse bakagira n’umuco wo guhana imbuto ku batayifite.’’

Ikibazo cy’abahinzi bataka kubura mbuto y’ibihingwa bimwe na bimwe nk’ibijumba n’imyumbati, gikunze kugaragara hirya no hino mu Turere tw’Igihugu, gusa Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kivuga   hari ingamba zashyizweho mu kugikemura, hifashishijwe gahunda yo gutubura izo mbuto.

Ibijumba byari ikiribwa cya buri wese kinabafasha kutugarizwa n’inzara, ubu ni icy’abifite
Abafite imbuto y’ibijumba basabwe kuyikoresha neza bakana bagenzi babo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 5 =

Previous Post

SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

Next Post

Isesengura: U Rwanda rwakwema rute mu kurandura SIDA nyamara abandura benshi ari urubyiruko?

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Isesengura: U Rwanda rwakwema rute mu kurandura SIDA nyamara abandura benshi ari urubyiruko?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.