Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8

radiotv10by radiotv10
05/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wakiriye byuzuye igihugu cya Somalia nk’umunyamuryango mushya, bituma uyu Muryango uhita ugirwa n’Ibihugu umunani, nyuma y’imyaka ibiri unungutse DRC.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 04 Werurwe 2024 ku Cyicaro Gikuru cy’uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, i Arusha muri Tanzania.

Ni nyuma y’uko Guverinoma ya Somalia ishyikirije ku mugaragaro EAC inyandiko z’amasezerano yo kugira uburenganzira busesuye muri uyu Muryango wa EAC, mu muhango wayobowe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuki.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda wa Somalia, Hon. Jibril Abdirashid Haji Abdi yashyikirije aya masezerano yasinywe n’Igihugu cye, Dr Peter Mathuki.

Mu kubyemeza ku mugaragaro, Umunyamabanga Mukuru wa EAC, yahise atangaza ko guhera ubwo Repubulika ya Somalia ibaye Umunyamuryango byuzuye muri uyu uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Umunyamabanga Mukuru wa EAC yashyikirijwe inyandiko zasinywe na Somalia

Dr Mathuki yavuze ko kuva ubu Somalia ihawe uburenganzira busesuye bwo gutanga umusanzu wayo ndetse no kungukira mu kwihuza kwa EAC.

Yagize ati “Hazashyirwa hanze gahunda y’uburyo Repubulika ya Somalia izashyira mu bikorwa intego za EAC nk’umusoro uhuriweho, isoko rusange, ifaranga rihuriweho ndetse na Politiki yumvikanyweho.”

Nanone kandi Dr Mathuki yavuze ko uku kwinjira muri EAC kwa Somalia bizatuma iki Gihugu kibasha kungukira mu mishinga y’ibikorwa remezo by’uyu Muryango birimo imihanda ya Gari ya Moshi ndetse n’imiyoboro y’amashanyarazi.

Ati “Iyi mishinga igamije kuzamura urwego rwo kwishyira hamwe, kongerera imbaraga ubwikorezi ndetse no kuzamura ubucuruzi bw’akarere, bizagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bwa Somalia.”

Yakomeje avuga ko Somalia ifite icyambu kirekire cy’ibilometero 3 000 muri Afurika, aho gihuza Afurika n’Umwingimbakirwa w’Abarabu, aho uzafasha aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu bucuruzi no kuzamura imibereho y’abagatuye.

Somali yakiriwe mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba nyuma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yaherukaga kwinjizwamo muri Mata 2022, ndetse iki Gihugu kikaba cyaratangiye gusarura ku musasuro wo kwinjira muri uyu Muryango, kuko giherutse koherezwamo ingabo ziturutse mu Bihugu bimwe byawo zari zigiye gutanga umusanzu mu kugarura amahoro, nubwo ubutumwa bwazo bwarangiye.

Ibendera rya Somalia ryahise rizamurwa ku Cyicaro Gikuru cya EAC i Arusha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 15 =

Previous Post

Rubavu: Umuyobozi watowe mu buryo budasobanutse baramuvugaho imyitwarire idakwiye

Next Post

Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

IZIHERUKA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka
MU RWANDA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.