Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8

radiotv10by radiotv10
05/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wakiriye byuzuye igihugu cya Somalia nk’umunyamuryango mushya, bituma uyu Muryango uhita ugirwa n’Ibihugu umunani, nyuma y’imyaka ibiri unungutse DRC.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 04 Werurwe 2024 ku Cyicaro Gikuru cy’uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, i Arusha muri Tanzania.

Ni nyuma y’uko Guverinoma ya Somalia ishyikirije ku mugaragaro EAC inyandiko z’amasezerano yo kugira uburenganzira busesuye muri uyu Muryango wa EAC, mu muhango wayobowe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuki.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda wa Somalia, Hon. Jibril Abdirashid Haji Abdi yashyikirije aya masezerano yasinywe n’Igihugu cye, Dr Peter Mathuki.

Mu kubyemeza ku mugaragaro, Umunyamabanga Mukuru wa EAC, yahise atangaza ko guhera ubwo Repubulika ya Somalia ibaye Umunyamuryango byuzuye muri uyu uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Umunyamabanga Mukuru wa EAC yashyikirijwe inyandiko zasinywe na Somalia

Dr Mathuki yavuze ko kuva ubu Somalia ihawe uburenganzira busesuye bwo gutanga umusanzu wayo ndetse no kungukira mu kwihuza kwa EAC.

Yagize ati “Hazashyirwa hanze gahunda y’uburyo Repubulika ya Somalia izashyira mu bikorwa intego za EAC nk’umusoro uhuriweho, isoko rusange, ifaranga rihuriweho ndetse na Politiki yumvikanyweho.”

Nanone kandi Dr Mathuki yavuze ko uku kwinjira muri EAC kwa Somalia bizatuma iki Gihugu kibasha kungukira mu mishinga y’ibikorwa remezo by’uyu Muryango birimo imihanda ya Gari ya Moshi ndetse n’imiyoboro y’amashanyarazi.

Ati “Iyi mishinga igamije kuzamura urwego rwo kwishyira hamwe, kongerera imbaraga ubwikorezi ndetse no kuzamura ubucuruzi bw’akarere, bizagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bwa Somalia.”

Yakomeje avuga ko Somalia ifite icyambu kirekire cy’ibilometero 3 000 muri Afurika, aho gihuza Afurika n’Umwingimbakirwa w’Abarabu, aho uzafasha aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu bucuruzi no kuzamura imibereho y’abagatuye.

Somali yakiriwe mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba nyuma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yaherukaga kwinjizwamo muri Mata 2022, ndetse iki Gihugu kikaba cyaratangiye gusarura ku musasuro wo kwinjira muri uyu Muryango, kuko giherutse koherezwamo ingabo ziturutse mu Bihugu bimwe byawo zari zigiye gutanga umusanzu mu kugarura amahoro, nubwo ubutumwa bwazo bwarangiye.

Ibendera rya Somalia ryahise rizamurwa ku Cyicaro Gikuru cya EAC i Arusha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − eleven =

Previous Post

Rubavu: Umuyobozi watowe mu buryo budasobanutse baramuvugaho imyitwarire idakwiye

Next Post

Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Related Posts

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.