Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8

radiotv10by radiotv10
05/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma ya DRCongo EAC yakiriye bidasubirwaho ikindi Gihugu kinyamuryango bihita biba 8
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wakiriye byuzuye igihugu cya Somalia nk’umunyamuryango mushya, bituma uyu Muryango uhita ugirwa n’Ibihugu umunani, nyuma y’imyaka ibiri unungutse DRC.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 04 Werurwe 2024 ku Cyicaro Gikuru cy’uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, i Arusha muri Tanzania.

Ni nyuma y’uko Guverinoma ya Somalia ishyikirije ku mugaragaro EAC inyandiko z’amasezerano yo kugira uburenganzira busesuye muri uyu Muryango wa EAC, mu muhango wayobowe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuki.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda wa Somalia, Hon. Jibril Abdirashid Haji Abdi yashyikirije aya masezerano yasinywe n’Igihugu cye, Dr Peter Mathuki.

Mu kubyemeza ku mugaragaro, Umunyamabanga Mukuru wa EAC, yahise atangaza ko guhera ubwo Repubulika ya Somalia ibaye Umunyamuryango byuzuye muri uyu uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Umunyamabanga Mukuru wa EAC yashyikirijwe inyandiko zasinywe na Somalia

Dr Mathuki yavuze ko kuva ubu Somalia ihawe uburenganzira busesuye bwo gutanga umusanzu wayo ndetse no kungukira mu kwihuza kwa EAC.

Yagize ati “Hazashyirwa hanze gahunda y’uburyo Repubulika ya Somalia izashyira mu bikorwa intego za EAC nk’umusoro uhuriweho, isoko rusange, ifaranga rihuriweho ndetse na Politiki yumvikanyweho.”

Nanone kandi Dr Mathuki yavuze ko uku kwinjira muri EAC kwa Somalia bizatuma iki Gihugu kibasha kungukira mu mishinga y’ibikorwa remezo by’uyu Muryango birimo imihanda ya Gari ya Moshi ndetse n’imiyoboro y’amashanyarazi.

Ati “Iyi mishinga igamije kuzamura urwego rwo kwishyira hamwe, kongerera imbaraga ubwikorezi ndetse no kuzamura ubucuruzi bw’akarere, bizagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bwa Somalia.”

Yakomeje avuga ko Somalia ifite icyambu kirekire cy’ibilometero 3 000 muri Afurika, aho gihuza Afurika n’Umwingimbakirwa w’Abarabu, aho uzafasha aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu bucuruzi no kuzamura imibereho y’abagatuye.

Somali yakiriwe mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba nyuma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yaherukaga kwinjizwamo muri Mata 2022, ndetse iki Gihugu kikaba cyaratangiye gusarura ku musasuro wo kwinjira muri uyu Muryango, kuko giherutse koherezwamo ingabo ziturutse mu Bihugu bimwe byawo zari zigiye gutanga umusanzu mu kugarura amahoro, nubwo ubutumwa bwazo bwarangiye.

Ibendera rya Somalia ryahise rizamurwa ku Cyicaro Gikuru cya EAC i Arusha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − seven =

Previous Post

Rubavu: Umuyobozi watowe mu buryo budasobanutse baramuvugaho imyitwarire idakwiye

Next Post

Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Related Posts

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.