Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, uri guhatanira kongera kuyobora iki Gihugu, yarusimbutse nyuma yuko hatahuwe umuntu wari ufite imbunda washakaga kumurasira iwe mu kibuga cya golf muri Florida.

Ibi byabaye kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024, aho inzego z’umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za America, zivuga ko uyu muntu yashaka kwivugana Trump, ariko ubu akaba ameze neza.

Ni mu gihe uwashakaga kumwivugana, yahise atabwa muri yombi nyuma yuko atahuwe akabanza gushaka gucika abarinzi b’uyu wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America.

Uyu washaka kwivugana Trump yatahuwe ubwo Aba- Secret Service barinda Trump babonaga umunwa w’imbunda ye, aho yari yihishe mu gihuru, bakarekura urufaya rw’amasasu aho bari bawubonye.

Ibiro bishinzwe Iperereza, FBI, bivuga ko Trump yari ari muri metero ziri hagati ya 275 na 455 uvuye ahari iyo mbunda.

Uyu washaka kumwica yari afite imbunda yo mu bwoko bwa AK47 ndetse n’ibikapu bibiri na kamera izwi nka GoPro yo kumufasha kureba kure, aho byaje gusangwa aho yari ari, nyuma yuko ashatse gucika ubwo abarinzi bamurasagaho amasasu.

Uwabonye uyu ukekwaho gushaka kwivugana Perezida Trump, yavuze ko yamubonye ubwo yirukankaga ava mu gihuru agahita yinjira mu modoka y’umukara yo mu bwoko bwa Nissan, ubundi abashinzwe umutekano bakamwirukaho banamurasa.

Uyu wabibonye kandi yafashe ifoto y’imodoka y’uyu ukekwaho iki cyaha ndetse na pulake yayo, akaza kwerecyeza mu gace ka Martin.

Umuyobozi wa Polisi mu gace ka Palm Beach, Ric Bradshaw yagize ati “Twahawe umuburo na Sheriff wa Martin County, batubwira ibirango by’imodoka ye, turabikurikirana, tuza kumenya aho ari tumuta muri yombi.”

Yakomeje agira ati “Twafashe umutangabuhamya wamubonye ubwo ibi byabaga, tumugeza aho yari ari, yemeza ko ari we yabonye ubwo yirukankaga ava mu bihuru agahita ajya mu modoka.”

Mu butumwa Trump yageneye abamushyigikiye, yavuze ko “ameze neza kandi atekanye”. Ati “Nta kintu kizampagararika, kandi sinzigera manika amaboko.”

Ibi bibaye nyuma y’amezi abiri yuzuye, Trump arasiwe muri Pennsylvania ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, aho uwamurashe isasu ryafashe ugutwi, akaza gutabarwa n’abashinzwe kumurinda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 4 =

Previous Post

Ahavuye amakuru yatumye umuganga akekwaho gusambanyiriza umukobwa mu cyumba cy’isuzumiro i Rusizi

Next Post

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

by radiotv10
07/06/2025
0

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.