Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA
0
Hatangajwe icyakurikiye nyuma y’amashusho y’imodoka itwara indembe yagaragaye iri gupakirwamo sima
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yibukije abakoresha ambulance ko zagenewe gutwara indembe gusa, bityo ko abazazikoresha icyo zitagenewe bazabihanirwa. Ibi byatangajwe nyuma yuko hari imbangukiragutara igaragaye iri gupakirwamo imifuka ya Sima.

Ni nyuma yuko hirya y’ejo hashize ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amashusho agaragaza imodoka itwara abarwayi y’Ikigo Nderabuzima cya Save mu Karere ka Gisagara, iri gupakirwamo imifuka ya Sima, ibintu byatunguye benshi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2024, Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima, yashyize hanze itangazo yibutsa icyagenewe gukoreshwa izi modoka zizwi nk’Imbangukiragutabara.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda ikomeje guteza imbere urwego rw’ubutabazi bwihuse, hongerwa ibikoresho by’ibanze birimo n’ngobyi z’abarwayi (ambulance).”

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko muri uyu mwaka, hongerewe ambulance 200 zari zisanzwe mu Gihugu, zaje zisanga izindi zakoreshwaga.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rikomeza rigira riti “Minisiteri y’Ubuzima iributsa abakoresha ambulande ko zigenewe gutwara indembe gusa. Kirazira gukoresha ambulance icyo itagenewe kandi ababikora bazabihanirwa.”

Ubwo aya mashusho yasakaraga ku mbuga nkoranyambaga, kandi Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yari yagize icyo avuga kuri iki gikorwa, aho yavuze ko abagikoze, babihaniwe.

Dr. Uwamahoro Evelyne, Umuyobozi w’Ibitaro bya Gakoma bicunga Ikigo Nderabuzima cya Save cyakoreshaga iyi ambulance, yavuze ko hafashwe icyemezo cyo guhagarika Umuyobozi w’iki Kigo Nderabuzima,

uyobora Ibitaro bya Gakoma, umushoferi w’iriya modoka ndetse n’umuforomo umwe.

Uyu muyobozi w’Ibitaro bya Gakoma, yavuze ko aba bantu babaye bahagaritswe mu kazi by’agateganyo, ariko ko iki cyemezo gishobora no kuba burundu.

Yanavuze kandi ko umuyobozi w’iki Kigo Nderabuzima, ari we wari watanze itegeko ko iriya mifuka ya sima ishyirwa muri iriya modoka, kugira ngo ijye kwifashishwa mu gusana ikigega cyo muri iri rivuriro cyangiritse, kugira ngo hirindwe ko cyangiza ibindi bikorwa byacyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 3 =

Previous Post

Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima

Next Post

Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo

Related Posts

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, cyatangije ubukangurambaga buzatuma abantu bitabira gahunda zo kwibaruza kugira ngo bazahabwe irangamuntu koranabuhanga, izahabwa Abanyarwanda, impunzi...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
1

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo

Menya icyemezo cyafashwe n'u Rwanda nyuma y’amagambo 'rutwitsi' ya Minisitiri wo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.