Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA
0
Hatangajwe icyakurikiye nyuma y’amashusho y’imodoka itwara indembe yagaragaye iri gupakirwamo sima
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yibukije abakoresha ambulance ko zagenewe gutwara indembe gusa, bityo ko abazazikoresha icyo zitagenewe bazabihanirwa. Ibi byatangajwe nyuma yuko hari imbangukiragutara igaragaye iri gupakirwamo imifuka ya Sima.

Ni nyuma yuko hirya y’ejo hashize ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amashusho agaragaza imodoka itwara abarwayi y’Ikigo Nderabuzima cya Save mu Karere ka Gisagara, iri gupakirwamo imifuka ya Sima, ibintu byatunguye benshi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2024, Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima, yashyize hanze itangazo yibutsa icyagenewe gukoreshwa izi modoka zizwi nk’Imbangukiragutabara.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda ikomeje guteza imbere urwego rw’ubutabazi bwihuse, hongerwa ibikoresho by’ibanze birimo n’ngobyi z’abarwayi (ambulance).”

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko muri uyu mwaka, hongerewe ambulance 200 zari zisanzwe mu Gihugu, zaje zisanga izindi zakoreshwaga.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rikomeza rigira riti “Minisiteri y’Ubuzima iributsa abakoresha ambulande ko zigenewe gutwara indembe gusa. Kirazira gukoresha ambulance icyo itagenewe kandi ababikora bazabihanirwa.”

Ubwo aya mashusho yasakaraga ku mbuga nkoranyambaga, kandi Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yari yagize icyo avuga kuri iki gikorwa, aho yavuze ko abagikoze, babihaniwe.

Dr. Uwamahoro Evelyne, Umuyobozi w’Ibitaro bya Gakoma bicunga Ikigo Nderabuzima cya Save cyakoreshaga iyi ambulance, yavuze ko hafashwe icyemezo cyo guhagarika Umuyobozi w’iki Kigo Nderabuzima,

uyobora Ibitaro bya Gakoma, umushoferi w’iriya modoka ndetse n’umuforomo umwe.

Uyu muyobozi w’Ibitaro bya Gakoma, yavuze ko aba bantu babaye bahagaritswe mu kazi by’agateganyo, ariko ko iki cyemezo gishobora no kuba burundu.

Yanavuze kandi ko umuyobozi w’iki Kigo Nderabuzima, ari we wari watanze itegeko ko iriya mifuka ya sima ishyirwa muri iriya modoka, kugira ngo ijye kwifashishwa mu gusana ikigega cyo muri iri rivuriro cyangiritse, kugira ngo hirindwe ko cyangiza ibindi bikorwa byacyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 3 =

Previous Post

Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima

Next Post

Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo

Menya icyemezo cyafashwe n'u Rwanda nyuma y’amagambo 'rutwitsi' ya Minisitiri wo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.