Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA
0
Hatangajwe icyakurikiye nyuma y’amashusho y’imodoka itwara indembe yagaragaye iri gupakirwamo sima
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yibukije abakoresha ambulance ko zagenewe gutwara indembe gusa, bityo ko abazazikoresha icyo zitagenewe bazabihanirwa. Ibi byatangajwe nyuma yuko hari imbangukiragutara igaragaye iri gupakirwamo imifuka ya Sima.

Ni nyuma yuko hirya y’ejo hashize ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amashusho agaragaza imodoka itwara abarwayi y’Ikigo Nderabuzima cya Save mu Karere ka Gisagara, iri gupakirwamo imifuka ya Sima, ibintu byatunguye benshi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2024, Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima, yashyize hanze itangazo yibutsa icyagenewe gukoreshwa izi modoka zizwi nk’Imbangukiragutabara.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda ikomeje guteza imbere urwego rw’ubutabazi bwihuse, hongerwa ibikoresho by’ibanze birimo n’ngobyi z’abarwayi (ambulance).”

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko muri uyu mwaka, hongerewe ambulance 200 zari zisanzwe mu Gihugu, zaje zisanga izindi zakoreshwaga.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rikomeza rigira riti “Minisiteri y’Ubuzima iributsa abakoresha ambulande ko zigenewe gutwara indembe gusa. Kirazira gukoresha ambulance icyo itagenewe kandi ababikora bazabihanirwa.”

Ubwo aya mashusho yasakaraga ku mbuga nkoranyambaga, kandi Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yari yagize icyo avuga kuri iki gikorwa, aho yavuze ko abagikoze, babihaniwe.

Dr. Uwamahoro Evelyne, Umuyobozi w’Ibitaro bya Gakoma bicunga Ikigo Nderabuzima cya Save cyakoreshaga iyi ambulance, yavuze ko hafashwe icyemezo cyo guhagarika Umuyobozi w’iki Kigo Nderabuzima,

uyobora Ibitaro bya Gakoma, umushoferi w’iriya modoka ndetse n’umuforomo umwe.

Uyu muyobozi w’Ibitaro bya Gakoma, yavuze ko aba bantu babaye bahagaritswe mu kazi by’agateganyo, ariko ko iki cyemezo gishobora no kuba burundu.

Yanavuze kandi ko umuyobozi w’iki Kigo Nderabuzima, ari we wari watanze itegeko ko iriya mifuka ya sima ishyirwa muri iriya modoka, kugira ngo ijye kwifashishwa mu gusana ikigega cyo muri iri rivuriro cyangiritse, kugira ngo hirindwe ko cyangiza ibindi bikorwa byacyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima

Next Post

Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo

Menya icyemezo cyafashwe n'u Rwanda nyuma y’amagambo 'rutwitsi' ya Minisitiri wo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.