Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, yabwiye igisirikare cye gutangira gutegura uburyo bwo gufasha buri muturage wese wa Gaza ushaka kuva muri aka gace kuhava, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyifuzo bya Perezida wa America Donald Trump, ufite gahunda yo kwigarurira agace ka Gaza.

Ni nyuma yuko Donald Trump atangaje ko afite gahunda yo kwigarurira Gaza, ubundi Abanya-Palestina bahatuye barenga miliyoni 2,1, bakimukira ahandi.

Israel Katz, Minisitiri w’Ingabo wa Israel, yavuze ko Abanye-Gaza bafite uburenganzira bwo kuva muri Gaza bakimukira ahandi, kandi ko Ibihugu binenga intambara ya Israel na Hamas bifite inshingano zo kubakira.

Abinyujije kuri twitter, yagize ati “Ibihugu nka Espagne, Ireland, Norvege, n’ibindi, byashinje Israel ibirego bidafite ishingiro ku byakozwe i Gaza, bifite inshingano mu buryo bw’amategeko zo kwemera Abanye-Gaza bakinjira ku butaka bwabyo. Nibabyanga, Uburyarya bwabo buzaba bugaragaye.”

Ni mugihe Donald Trump, na we aherutse gutangaza ko Israel izaha America uburenganzira kuri Gaza, intambara nirangira.

Icyakora uwo mugambi wakomeje kwamaganirwa kure n’Ibihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati, abafatanyabikorwa ba hafi ba Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse n’Umuryango w’Abibumbye.

Bagaragaza impungenge ko amagambo ya Trump ashobora guhungabanya agahenge kari hagati ya Hamas na Israel, ndetse ubuyobozi bwa Palestine nabwo bwamaganiye kure uwo mugambi wa America, buvuga ko waba uhonyora amategeko mpuzamahanga, kandi bwemeza ko Palestine atari igicuruzwa, bityo itagurugishwa.

Tariki 04 Mutarama uyu mwaka, Umwami wa Yordaniya yatangaje ko atemera ikintu cyose cyagerageza kwigarurira ubutaka cyangwa kwimura Abanya-Palestina muri Gaza no mu burasirazuba bwa Jordan, mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Misiri na we yashimangiye  ko gusana agace ka Gaza, bitashoboka hatabayeho ko abahatuye basohokamo.

Icyakora Minisitiri w’Intebe wa israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko Abanya-Gaza bashobora kugenda, babishaka bakazahagaruka nyuma, ariko Gaza igomba gusanywa.

Ibyo biri kuvugwa mu gihe n’ubundi hakomeje kwibazwa ahazaza ha Gaza nyuma y’intambara, aho Umuryango w’Abibumbye uvuga ko hafi 1/3 by’inyubako zo muri Gaza zasenyutse burundu, izindi zangiritse nyuma y’amezi 15 y’imirwano.

Gusana Gaza bisaba ko abayituyemo

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + five =

Previous Post

Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare

Next Post

Uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

Uzwi mu ruganda rw'imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.