Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’igihuha cy’iyicwa ry’Umugaba w’Ingabo za Israel yahise yigaragaza

radiotv10by radiotv10
14/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Nyuma y’igihuha cy’iyicwa ry’Umugaba w’Ingabo za Israel yahise yigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Herzi Halevi byatangazwaga mu makuru y’ibihuha ko yivuganywe n’igitero cya Hezbollah, yahise ajya gusura ikigo cya Gisirikare cyagabweho ibitero by’indege n’uyu mutwe, ari na cyo byavugwaga ko yiciwemo.

Aya makuru y’urupfu rwa Herzi Halevi yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuva mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, aho bamwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga bari bakomeje kubivugaho,

Uzwi nka Dr. Anastasia Maria Loupis ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Amakuru y’ibanze aremeza iyicwa ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel Herzi Halevi.”

Aya makuru kandi yagiye anandikwa n’Ibinyamakuru binyuranye, byavugaga ko uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Israel yishwe n’umutwe wa Hezbollah.

Aya makuru yatangiye gukwirakwira nyuma yuko uyu mutwe wa Hezbollah ugabye igitero cya Drone cyahitanye abasirikare bane kigakomeresta 58.

Ni mu gihe ahubwo Herzi Halevi kuri uyu wa Mbere yaramutse ajya gusura ikigo cya gisirikare cya Golani cyagabweho iki gitero.

Uyu Mujenerali yashimiye abasirikare ba Israel uburyo zikomeje kwitwara mu guhangana n’ingaruka z’iki gitero cya Hezbollah.

Yagize ati “Muri mu ntambara, igitero cyagabwe mu kigo cy’imyitozo, kirababaje bikomeye. Mwabyitwayemo neza mu kwita no kugeza kwa muganda abakomeretse n’abo cyahitanye.”

Ibi bihuha byaje mu gihe umutwe wa Hezbollah ushyigikiye Hamas umaze iminsi winjiye byeruye mu rugamba na Israel.

Herzi Halevi byavugwaga ko yivuganywe na Hezbollah

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − six =

Previous Post

Igisubizo cyahawe Padiri wabaye nk’utabariza Kiliziya yafunzwe ngo iri muri eshatu nziza mu Rwanda

Next Post

Hemejwe amakuru y’ifungwa ry’Umuyobozi Mukuru wa SONARWA hatangazwa n’amamiliyoni akekwaho kunyereza

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hemejwe amakuru y’ifungwa ry’Umuyobozi Mukuru wa SONARWA hatangazwa n’amamiliyoni akekwaho kunyereza

Hemejwe amakuru y’ifungwa ry’Umuyobozi Mukuru wa SONARWA hatangazwa n’amamiliyoni akekwaho kunyereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.