Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’igihuha cy’iyicwa ry’Umugaba w’Ingabo za Israel yahise yigaragaza

radiotv10by radiotv10
14/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Nyuma y’igihuha cy’iyicwa ry’Umugaba w’Ingabo za Israel yahise yigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Herzi Halevi byatangazwaga mu makuru y’ibihuha ko yivuganywe n’igitero cya Hezbollah, yahise ajya gusura ikigo cya Gisirikare cyagabweho ibitero by’indege n’uyu mutwe, ari na cyo byavugwaga ko yiciwemo.

Aya makuru y’urupfu rwa Herzi Halevi yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuva mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, aho bamwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga bari bakomeje kubivugaho,

Uzwi nka Dr. Anastasia Maria Loupis ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Amakuru y’ibanze aremeza iyicwa ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel Herzi Halevi.”

Aya makuru kandi yagiye anandikwa n’Ibinyamakuru binyuranye, byavugaga ko uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Israel yishwe n’umutwe wa Hezbollah.

Aya makuru yatangiye gukwirakwira nyuma yuko uyu mutwe wa Hezbollah ugabye igitero cya Drone cyahitanye abasirikare bane kigakomeresta 58.

Ni mu gihe ahubwo Herzi Halevi kuri uyu wa Mbere yaramutse ajya gusura ikigo cya gisirikare cya Golani cyagabweho iki gitero.

Uyu Mujenerali yashimiye abasirikare ba Israel uburyo zikomeje kwitwara mu guhangana n’ingaruka z’iki gitero cya Hezbollah.

Yagize ati “Muri mu ntambara, igitero cyagabwe mu kigo cy’imyitozo, kirababaje bikomeye. Mwabyitwayemo neza mu kwita no kugeza kwa muganda abakomeretse n’abo cyahitanye.”

Ibi bihuha byaje mu gihe umutwe wa Hezbollah ushyigikiye Hamas umaze iminsi winjiye byeruye mu rugamba na Israel.

Herzi Halevi byavugwaga ko yivuganywe na Hezbollah

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Igisubizo cyahawe Padiri wabaye nk’utabariza Kiliziya yafunzwe ngo iri muri eshatu nziza mu Rwanda

Next Post

Hemejwe amakuru y’ifungwa ry’Umuyobozi Mukuru wa SONARWA hatangazwa n’amamiliyoni akekwaho kunyereza

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hemejwe amakuru y’ifungwa ry’Umuyobozi Mukuru wa SONARWA hatangazwa n’amamiliyoni akekwaho kunyereza

Hemejwe amakuru y’ifungwa ry’Umuyobozi Mukuru wa SONARWA hatangazwa n’amamiliyoni akekwaho kunyereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.