• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’igihuha cy’iyicwa ry’Umugaba w’Ingabo za Israel yahise yigaragaza

radiotv10by radiotv10
14/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Nyuma y’igihuha cy’iyicwa ry’Umugaba w’Ingabo za Israel yahise yigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Herzi Halevi byatangazwaga mu makuru y’ibihuha ko yivuganywe n’igitero cya Hezbollah, yahise ajya gusura ikigo cya Gisirikare cyagabweho ibitero by’indege n’uyu mutwe, ari na cyo byavugwaga ko yiciwemo.

Aya makuru y’urupfu rwa Herzi Halevi yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuva mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, aho bamwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga bari bakomeje kubivugaho,

Uzwi nka Dr. Anastasia Maria Loupis ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Amakuru y’ibanze aremeza iyicwa ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel Herzi Halevi.”

Aya makuru kandi yagiye anandikwa n’Ibinyamakuru binyuranye, byavugaga ko uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Israel yishwe n’umutwe wa Hezbollah.

Aya makuru yatangiye gukwirakwira nyuma yuko uyu mutwe wa Hezbollah ugabye igitero cya Drone cyahitanye abasirikare bane kigakomeresta 58.

Ni mu gihe ahubwo Herzi Halevi kuri uyu wa Mbere yaramutse ajya gusura ikigo cya gisirikare cya Golani cyagabweho iki gitero.

Uyu Mujenerali yashimiye abasirikare ba Israel uburyo zikomeje kwitwara mu guhangana n’ingaruka z’iki gitero cya Hezbollah.

Yagize ati “Muri mu ntambara, igitero cyagabwe mu kigo cy’imyitozo, kirababaje bikomeye. Mwabyitwayemo neza mu kwita no kugeza kwa muganda abakomeretse n’abo cyahitanye.”

Ibi bihuha byaje mu gihe umutwe wa Hezbollah ushyigikiye Hamas umaze iminsi winjiye byeruye mu rugamba na Israel.

Herzi Halevi byavugwaga ko yivuganywe na Hezbollah

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − five =

Previous Post

Igisubizo cyahawe Padiri wabaye nk’utabariza Kiliziya yafunzwe ngo iri muri eshatu nziza mu Rwanda

Next Post

Hemejwe amakuru y’ifungwa ry’Umuyobozi Mukuru wa SONARWA hatangazwa n’amamiliyoni akekwaho kunyereza

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Hemejwe amakuru y’ifungwa ry’Umuyobozi Mukuru wa SONARWA hatangazwa n’amamiliyoni akekwaho kunyereza

Hemejwe amakuru y’ifungwa ry’Umuyobozi Mukuru wa SONARWA hatangazwa n’amamiliyoni akekwaho kunyereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.