Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’imyaka ibiri intambara ica ibintu muri Sudan hatanzwe indi mpuruza

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Nyuma y’imyaka ibiri intambara ica ibintu muri Sudan hatanzwe indi mpuruza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe Sudani yujuje imyaka ibiri iri mu ntambara y’abenegihugu barwanirwa ubutegetsi, Imiryango itabara imbabare muri iki Gihugu yatanze impuruza ku byago bikomeye biterwa n’iyi ntambara igenda igira ubukana.

Iyi miryango ivuga ko gukara kw’iyi ntambara nubwo kurushaho gukara ari na ko ubufasha bugera ku baturage babukeneye bukomeza kuba iyanga, ku buryo biteye impungenge ko ubuzima bw’abaturage bwarushaho kujya mu kangaratete.

Iyi miryango ivuga ko abashobora guhura n’akaga cyane, ari abo mu Murwa Mukuru i Khartoum washegeshwe bikomeye n’iyi ntambara, nkuko Sheldon Yett Uhagarariye UNICEF muri Sudani yabitangaje.

Yagize ati “Ubufasha bwatangiye kutugeraho, ariko ni bucye cyane, kandi ababukeneye ni bwnshi cyane, rero biteye impungenge.”

Umujyi wa Khartoum, ni hamwe mu hibasiwe cyane n’intambara yatangiye ku wa 15 Mata 2023, yatewe n’amakimbirane akomeye yo kurwanira ubutegetsi hagati y’ingabo za Leta ya Sudani n’umutwe wa gisirikare wa Rapid Support Forces (RSF), imaze guhitana abantu babarirwa mu bihumbi 20, nubwo imibare nyayo y’abapfuye bikekwa ko iruta cyane iyo yatangajwe.

Nubwo ingabo za Sudani ziherutse kongera gufata Khartoum, gusubira mu buzima busanzwe biracyari kure, kuko Umutwe wa RSF ugifite ibindi bice binini by’Igihugu, cyane cyane Intara ya Darfur, hagikomeje ubwicanyi, aho Umuryango w’Abibumbye uherutse gutangaza ko abasivile barenga 300 bishwe mu mpera z’icyumweru gishize gusa.

Yett yagize ati “Abantu ntibazi ikigiye gukurikiraho, bumvaga ko ibintu bigiye gusubira mu buryo, ariko baracyafite ubwoba, kuko bacyumva ibisasu biturika mu mujyi, ibyo bikabashyira mu kaga gakomeye.”

Ishusho rusange y’ibibera muri Sudani ikomeje kuba mbi cyane, nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (World Food Programme), aho rivuga ko hafi miliyoni 25 z’abantu, ni ukuvuga kimwe cya kabiri cy’abaturage ba Sudani, bari mu kaga k’inzara ikabije, mu gihe  abasaga miliyoni eshatu bamaze guhunga Igihugu, bashakisha ubuhungiro mu Bihugu bihana imbibi na Sudani birimo Cadi na Misiri.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + fourteen =

Previous Post

Amakuru mashya kuri Ntazinda nyuma yo guhagarikwa ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza

Next Post

Hatangajwe ibyagaragaye mu ipererereza ry’ibanze ku nkongi yibasiye inzu y’ubucuruzi i Huye igakongokeramo byinshi

Related Posts

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyagaragaye mu ipererereza ry’ibanze ku nkongi yibasiye inzu y’ubucuruzi i Huye igakongokeramo byinshi

Hatangajwe ibyagaragaye mu ipererereza ry’ibanze ku nkongi yibasiye inzu y’ubucuruzi i Huye igakongokeramo byinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.