Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’imyaka ibiri intambara ica ibintu muri Sudan hatanzwe indi mpuruza

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Nyuma y’imyaka ibiri intambara ica ibintu muri Sudan hatanzwe indi mpuruza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe Sudani yujuje imyaka ibiri iri mu ntambara y’abenegihugu barwanirwa ubutegetsi, Imiryango itabara imbabare muri iki Gihugu yatanze impuruza ku byago bikomeye biterwa n’iyi ntambara igenda igira ubukana.

Iyi miryango ivuga ko gukara kw’iyi ntambara nubwo kurushaho gukara ari na ko ubufasha bugera ku baturage babukeneye bukomeza kuba iyanga, ku buryo biteye impungenge ko ubuzima bw’abaturage bwarushaho kujya mu kangaratete.

Iyi miryango ivuga ko abashobora guhura n’akaga cyane, ari abo mu Murwa Mukuru i Khartoum washegeshwe bikomeye n’iyi ntambara, nkuko Sheldon Yett Uhagarariye UNICEF muri Sudani yabitangaje.

Yagize ati “Ubufasha bwatangiye kutugeraho, ariko ni bucye cyane, kandi ababukeneye ni bwnshi cyane, rero biteye impungenge.”

Umujyi wa Khartoum, ni hamwe mu hibasiwe cyane n’intambara yatangiye ku wa 15 Mata 2023, yatewe n’amakimbirane akomeye yo kurwanira ubutegetsi hagati y’ingabo za Leta ya Sudani n’umutwe wa gisirikare wa Rapid Support Forces (RSF), imaze guhitana abantu babarirwa mu bihumbi 20, nubwo imibare nyayo y’abapfuye bikekwa ko iruta cyane iyo yatangajwe.

Nubwo ingabo za Sudani ziherutse kongera gufata Khartoum, gusubira mu buzima busanzwe biracyari kure, kuko Umutwe wa RSF ugifite ibindi bice binini by’Igihugu, cyane cyane Intara ya Darfur, hagikomeje ubwicanyi, aho Umuryango w’Abibumbye uherutse gutangaza ko abasivile barenga 300 bishwe mu mpera z’icyumweru gishize gusa.

Yett yagize ati “Abantu ntibazi ikigiye gukurikiraho, bumvaga ko ibintu bigiye gusubira mu buryo, ariko baracyafite ubwoba, kuko bacyumva ibisasu biturika mu mujyi, ibyo bikabashyira mu kaga gakomeye.”

Ishusho rusange y’ibibera muri Sudani ikomeje kuba mbi cyane, nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (World Food Programme), aho rivuga ko hafi miliyoni 25 z’abantu, ni ukuvuga kimwe cya kabiri cy’abaturage ba Sudani, bari mu kaga k’inzara ikabije, mu gihe  abasaga miliyoni eshatu bamaze guhunga Igihugu, bashakisha ubuhungiro mu Bihugu bihana imbibi na Sudani birimo Cadi na Misiri.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + seventeen =

Previous Post

Amakuru mashya kuri Ntazinda nyuma yo guhagarikwa ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza

Next Post

Hatangajwe ibyagaragaye mu ipererereza ry’ibanze ku nkongi yibasiye inzu y’ubucuruzi i Huye igakongokeramo byinshi

Related Posts

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyagaragaye mu ipererereza ry’ibanze ku nkongi yibasiye inzu y’ubucuruzi i Huye igakongokeramo byinshi

Hatangajwe ibyagaragaye mu ipererereza ry’ibanze ku nkongi yibasiye inzu y’ubucuruzi i Huye igakongokeramo byinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.