Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma yo gukozanyaho gukomeye M23 yagaragaje ko yahaye isomo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

radiotv10by radiotv10
05/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Nyuma yo gukozanyaho gukomeye M23 yagaragaje ko yahaye isomo FARDC n’Ingabo z’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ikomeye yabereye mu gace ka Katsiro muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasize umutwe wa M23 wungutse ibindi bikoresho byasizwe n’uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi.

Ni imirwano yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 04 Werurwe 2024, mu gace ka Katsiro ko muri Gurupoma ya Bukombo muri Sheferi ya Bwito mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Mu butumwa bugaragaza uko urugamba rwari rwifashe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ubufatanywe bw’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa, bwagabye ibitero muri aka gace ka Katsiro no mu nkengero zawo.

Lawrence Kanyuka yavuze ko umutwe wa M23 wirwanyeho ndetse ugakubita incuro uruhande bahanganye, ku buryo ahagana saa moya n’igice z’umugoroba “Bataye imbunda n’amasasu ku rugamba.”

Lawrence Kanyuka yatangaje ibi ku mugoroba, mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yari yavuze ko ubu bufatanye bw’uruhande bahanganye, bwari bwagabye ibitero biremereye mu bice birimo aka Katsiro.

Ni ibitero byagabwe nyuma yo guhura kw’Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize SADC bagiye guha umusada igisirikare cya Leta ya Congo, ubwo bareberaga hamwe uko uru rugamba rwo guhangana na M23 rwarushaho kongererwa ingufu.

Umutwe wa M23 umaze iminsi wamagana ibi bitero bya FARDC n’abambari bayo, barasa ibisasu biremereye mu bice bituwemo n’abaturage, biganjemo Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Iyi mirwano yahinduye isura mu gihe Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bakomeje kwicwa n’imitwe itandukanye ishyigikiwe na FARDC, byanatumye Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda, kuri uyu wa Mbere ziramukira mu myigaragambyo yo kwamagana ubu bwicanyi bukorerwa bene wabo, zinasaba ko iwabo hagaruka umutekano zigataha.

Imbunda zafashwe na M23
Hafashwe n’ibikoresho by’itumanaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Next Post

Habayeho mpinduka zitunguranye ku rutonde rw’abaherwe ba mbere ku Isi

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho mpinduka zitunguranye ku rutonde rw’abaherwe ba mbere ku Isi

Habayeho mpinduka zitunguranye ku rutonde rw’abaherwe ba mbere ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.