Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA
0
Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Inyubako abamo

Share on FacebookShare on Twitter

Umunye-Congo Matofari Kalimbiro Fidele uzwi cyane nka Musemakweli avuga ko yagiye kwibera mu ishyamba ry’inzitane rwagati kugira ngo yibanire n’inyamaswa nyumo yo kubona ko nta keza k’abantu nkuko abivuga.

Amashusho dukesha Afrimax, yanditswemo inkuru na RADIOTV10, agaragaza uyu mugabo mu ishyamba ry’inzitane ritoshye rwagati aho afite inzu iri muri iryo shyamba.

Iki kinyamakuru gisanzwe gitangaza inkuru z’amashusho kuri YouTube, cyasuye uyu mugabo uvuga ko abantu benshi bamuzi nka Musemakweli, akibwira icyatumye ahitamo kujya kuba muri iri shyamba amazemo imyaka itanu.

Avuga ko mu buzima bwe yizeye abantu cyane aho yakunze gukora akazi k’ubukomisiyoneri.

Ati “Abantu baje kuntenguha, iyo nabajyanaga aho nabashakiye bagura ibibanza cyangwa inzu, ntacyo bampaga kandi ari njye wabahuje n’abo bagurira. Byarangiye numva ngira umutima mubi kuko nta nyungu nakuraga mu byo nakoraga.”

Akomeza agira ati “Abantu nasanze ari babi cyane, uzi ko umuntu aguhemukira ukumba ubuzima urabwanze ukumva waniyahura.”

Avuga ko nyuma yo kubona ko nta keza k’abantu, yahisemo kubajya kure akajya kuba aho azajya abona inyamaswa ngo kuko zo abona zidashobora kumutenguha nk’abantu.

Ati “Hari umugani uvuga ngo ‘biraruta kubaho wenyine kurusha kubana n’abahemu’. Ni na yo mpamvu nahisemo kuza kwibera muri iri shyamba kugira ngo ndebe ko nabona amahoro. Aha nzibanira n’inyoni n’inyamaswa zo mu ishyamba ariko ntaho nzahurira n’umuntu ngo yongere ampemukire.”

Matofari Kalimbiro Fidele ugaragara nk’umusirimu nubwo yibera mu ishyamba, afite umurasire w’izuba umufasha kubona umuriro wo gukoresha kuri mudasobwa ye akunze kwifashisha yandika ndete anasoma ibigezweho ku Isi.

Rimwe na rimwe ajya kwitemerera muri iri shyamba
Asanzwe ari umusirimu aba ari kwandika kuri mudasobwa
Ngo yazinutswe ikitwa umuntu
Avuga ko kuba mu ishyamba bimuha amahoro kurusha
Akunda gusoma ibitabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + sixteen =

Previous Post

Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

Next Post

Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

Related Posts

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ushinja umugore we kumuruma igitsina, bombi barabyemera bakavuga n’uko byagenze,...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

In today’s world, creativity is more than just a hobby, it’s a powerful tool for building independence, confidence, and income....

IZIHERUKA

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu
FOOTBALL

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

05/11/2025
Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.