Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA
0
Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Inyubako abamo

Share on FacebookShare on Twitter

Umunye-Congo Matofari Kalimbiro Fidele uzwi cyane nka Musemakweli avuga ko yagiye kwibera mu ishyamba ry’inzitane rwagati kugira ngo yibanire n’inyamaswa nyumo yo kubona ko nta keza k’abantu nkuko abivuga.

Amashusho dukesha Afrimax, yanditswemo inkuru na RADIOTV10, agaragaza uyu mugabo mu ishyamba ry’inzitane ritoshye rwagati aho afite inzu iri muri iryo shyamba.

Iki kinyamakuru gisanzwe gitangaza inkuru z’amashusho kuri YouTube, cyasuye uyu mugabo uvuga ko abantu benshi bamuzi nka Musemakweli, akibwira icyatumye ahitamo kujya kuba muri iri shyamba amazemo imyaka itanu.

Avuga ko mu buzima bwe yizeye abantu cyane aho yakunze gukora akazi k’ubukomisiyoneri.

Ati “Abantu baje kuntenguha, iyo nabajyanaga aho nabashakiye bagura ibibanza cyangwa inzu, ntacyo bampaga kandi ari njye wabahuje n’abo bagurira. Byarangiye numva ngira umutima mubi kuko nta nyungu nakuraga mu byo nakoraga.”

Akomeza agira ati “Abantu nasanze ari babi cyane, uzi ko umuntu aguhemukira ukumba ubuzima urabwanze ukumva waniyahura.”

Avuga ko nyuma yo kubona ko nta keza k’abantu, yahisemo kubajya kure akajya kuba aho azajya abona inyamaswa ngo kuko zo abona zidashobora kumutenguha nk’abantu.

Ati “Hari umugani uvuga ngo ‘biraruta kubaho wenyine kurusha kubana n’abahemu’. Ni na yo mpamvu nahisemo kuza kwibera muri iri shyamba kugira ngo ndebe ko nabona amahoro. Aha nzibanira n’inyoni n’inyamaswa zo mu ishyamba ariko ntaho nzahurira n’umuntu ngo yongere ampemukire.”

Matofari Kalimbiro Fidele ugaragara nk’umusirimu nubwo yibera mu ishyamba, afite umurasire w’izuba umufasha kubona umuriro wo gukoresha kuri mudasobwa ye akunze kwifashisha yandika ndete anasoma ibigezweho ku Isi.

Rimwe na rimwe ajya kwitemerera muri iri shyamba
Asanzwe ari umusirimu aba ari kwandika kuri mudasobwa
Ngo yazinutswe ikitwa umuntu
Avuga ko kuba mu ishyamba bimuha amahoro kurusha
Akunda gusoma ibitabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eleven =

Previous Post

Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

Next Post

Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.