Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA
0
Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Inyubako abamo

Share on FacebookShare on Twitter

Umunye-Congo Matofari Kalimbiro Fidele uzwi cyane nka Musemakweli avuga ko yagiye kwibera mu ishyamba ry’inzitane rwagati kugira ngo yibanire n’inyamaswa nyumo yo kubona ko nta keza k’abantu nkuko abivuga.

Amashusho dukesha Afrimax, yanditswemo inkuru na RADIOTV10, agaragaza uyu mugabo mu ishyamba ry’inzitane ritoshye rwagati aho afite inzu iri muri iryo shyamba.

Iki kinyamakuru gisanzwe gitangaza inkuru z’amashusho kuri YouTube, cyasuye uyu mugabo uvuga ko abantu benshi bamuzi nka Musemakweli, akibwira icyatumye ahitamo kujya kuba muri iri shyamba amazemo imyaka itanu.

Avuga ko mu buzima bwe yizeye abantu cyane aho yakunze gukora akazi k’ubukomisiyoneri.

Ati “Abantu baje kuntenguha, iyo nabajyanaga aho nabashakiye bagura ibibanza cyangwa inzu, ntacyo bampaga kandi ari njye wabahuje n’abo bagurira. Byarangiye numva ngira umutima mubi kuko nta nyungu nakuraga mu byo nakoraga.”

Akomeza agira ati “Abantu nasanze ari babi cyane, uzi ko umuntu aguhemukira ukumba ubuzima urabwanze ukumva waniyahura.”

Avuga ko nyuma yo kubona ko nta keza k’abantu, yahisemo kubajya kure akajya kuba aho azajya abona inyamaswa ngo kuko zo abona zidashobora kumutenguha nk’abantu.

Ati “Hari umugani uvuga ngo ‘biraruta kubaho wenyine kurusha kubana n’abahemu’. Ni na yo mpamvu nahisemo kuza kwibera muri iri shyamba kugira ngo ndebe ko nabona amahoro. Aha nzibanira n’inyoni n’inyamaswa zo mu ishyamba ariko ntaho nzahurira n’umuntu ngo yongere ampemukire.”

Matofari Kalimbiro Fidele ugaragara nk’umusirimu nubwo yibera mu ishyamba, afite umurasire w’izuba umufasha kubona umuriro wo gukoresha kuri mudasobwa ye akunze kwifashisha yandika ndete anasoma ibigezweho ku Isi.

Rimwe na rimwe ajya kwitemerera muri iri shyamba
Asanzwe ari umusirimu aba ari kwandika kuri mudasobwa
Ngo yazinutswe ikitwa umuntu
Avuga ko kuba mu ishyamba bimuha amahoro kurusha
Akunda gusoma ibitabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 1 =

Previous Post

Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

Next Post

Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.