Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba kwinjira mu bibazo biri mu buyobozi bw’iyi kipe.

Ni nyuma yuko ku Cyumweru tariki 23 Ugushyingo 2025 habaye amatora ya Komite Nyobozi ya AS Kigali, yarangiye Jean Chrysostome Rindiro ari we utorewe kuba Perezida, agasimbura Dr. Rubagumya Emmanuel wari uri kuri izi nshingano by’agateganyo, wari wazifashe nyuma yuko Shema Ngoga Fabrice amaze gutorerwa kuba Perezida wa FERWAFA.

Aya matora kandi yasize Anne-Lise Alida Kankindi atorewe kuba Visi Perezida, Umunyamabanga Mukuru aba Fabrice Habanabakize, Chantal Habiyakare atorerwa kuba Umubitsi, naho Jonathan Harindintwari atorwa nk’Umujyanama mu bya Tekinike ndetse na Yves Sangano watorewe kuba Umujyanama mu by’amategeko.

Itorwa ry’iyi Komite Nyobozi itemerwa na Dr. Rubagumya Emmanuel wari Perezida w’Agateganyo, ryakurikiwe n’urwandiko rurerure yanditse, agaragazamo ko aba batowe bishyizeho.

Muri uru rwandiko, Dr. Rubagumya Emmanuel yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba ko rwabyinjiramo kugira ngo ibi bibazo bikemuke.

Hari aho agira ati “Tukaba dusaba ko mwaza kudufasha gukemura ibibibazo kuko tubona gukorera mu mwuka nk’uyu bizaduteza ibibazo bikomeye ndetse iyo komite tutazi ikimara kujyaho yagiye aho dukorera yiinjira ku gahato bahindura ingufuri. Ibyo byose bituma haba urujijo kuko hasa n’ahari Komite Nyobozi ebyiri kandi twebwe iyo yashyizweho binyuranyije n’amategeko ntituyemera.”

Muri iyi baruwa kandi, Dr. Rubagumya yagarutse ku bibazo biri muri iyi kipe, birimo umwenda wa miliyoni zirenga 130 Frw w’abakozi ba AS Kigali, ndetse n’umwenda wa miliyoni 90 Frw wafashwe muri Banki ya Kigali mu buryo butazwi.

Uru rwandiko uyu wahoze mu buyobozi bwa AS Kigali, ruje mu gihe RGB yamaze no kwinjira mu bibazo bya Rayon Sports na yo yari imaze iminsi ivugwamo ibibazo bishingiye ku bwumvikane bucye bwari hagati y’abagize inzego z’umuryango w’iyi Kipe.

Uru rwego kandi rwamaze gufata icyemezo cyo gusesa inzego zose za Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdallah, yahawe amezi atatu kugira ngo ishyire ibintu ku murongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Next Post

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.