Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba

radiotv10by radiotv10
31/07/2024
in MU RWANDA
0
Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Minisiteri y’Ubuzima itangaje ko hagaragaye abantu babiri barwaye indwara y’ubushita bw’inkende, bamwe mu bakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi barimo abatwara abagenzi kuri moto, baravuga ko badasobanukiwe iby’iyi ndwara, bagasaba ko basobanurirwa uko yandura n’uko bayirinda.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko indwara y’ubushita bw’inkende iterwa na virusi ya MPox yagaragaye ku bantu bantu babiri mu Rwanda, ndetse uru rwego rusaba abaturage kuyirinda.

Bbamwe mu bakora imirimo ituma bahura n’abantu benshi kandi baturutse hirya no hino, nk’abacuruzi n’abamotari baravuga ko badasobanukiwe iby’iyi ndwara n’uko bayirinda.

Umwe mu bamotari mu mujyi wa Kigali agize ati “Ntabwo nyizi, ntayo namenye pe ariko nimuyimbwira ndayimenya mbe nabasha kumenya uko nayirinda. Cyeretse wenda niba iyo ndwara n’amafaranga ampaye yayakoraho akaba yajyaho.”

Basaba inzego zibifite mu nshingano gushyiraho uburyo bwihariye bwabafasha kuyirinda bitewe n’imirimo bakora.

Undi utwara abantu kuri moto yagize ati “Icyo nasaba ni uko batubwira ukuntu yandura bakatubwira n’abayifite tukabasha kuyirinda. Nakwirinda sinandure ngo nanduze n’umuryango wanjye nkarinda n’abandi nkarinda n’Abanyarwanda muri rusange ngendana na abo mpura na bo.”

Umuyobozi Ushinzwe kurwanya indwara z’ibyorezo mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. Edson Rwagasore, avuga ko nubwo iyi ndwara yandura ariko kuyirinda bishoboka.

Ati “Nubwo bwose M-Pox yandura, kuyirinda birashoboka cyane. Umuntu wese ashobora kwandura M-POX binyuze mu gukora ku muntu uyirwaye cyangwa gukora ku matembabuzi y’uyirwaye.”

Dr. Edson Rwagasore avuga ko bimenyetso by’iyi ndwara, birimo kugira ibiheri bimeze nk’ubushye bibabaza, bituma umuntu ashaka kwishimashima.

Ati “Ufite ibyo biheri bimutera kandi kubabuka ku mubi cyane ku myanya ndangagitsina, mu maso, mu mugongo, ku kiganza. Kugira umuriro mwinshi, kubyimba mu nsina z’amatwi, kubabara umutwe bikabije no kubabara umugongo n’imikaya. Kugira inturugunyu cyangwa amasazi na byo ni ibimenyetso bimwe by’iyi ndwara.”

Indwara y’ubushita bw’inkende itangira kugaragaza ibimenyetso byayo ku wayirwaye hagati y’iminsi ibiri (2) na 19.

RBC kandi ishishikariza abaturage kwihutira kugana ku ivuriro mu gihe bagaragaje ibimenyetso, cyangwa bagahamagara ku murongo 114.

Iyi ndwara y’ubushita bw’inkende yagaragaraye kuva muri 2022 mu Bihugu bituranye n’u Rwanda birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 3 =

Previous Post

Bazaniwe icyabunganira mu kwiteza imbere none imyaka ibaye irindwi bari mu gihirahiro

Next Post

Hasobanuwe impamvu yatumye hafungwa insengero 185 zo mu Karere kamwe mu Rwanda

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu yatumye hafungwa insengero 185 zo mu Karere kamwe mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu yatumye hafungwa insengero 185 zo mu Karere kamwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.