Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba

radiotv10by radiotv10
31/07/2024
in MU RWANDA
0
Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Minisiteri y’Ubuzima itangaje ko hagaragaye abantu babiri barwaye indwara y’ubushita bw’inkende, bamwe mu bakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi barimo abatwara abagenzi kuri moto, baravuga ko badasobanukiwe iby’iyi ndwara, bagasaba ko basobanurirwa uko yandura n’uko bayirinda.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko indwara y’ubushita bw’inkende iterwa na virusi ya MPox yagaragaye ku bantu bantu babiri mu Rwanda, ndetse uru rwego rusaba abaturage kuyirinda.

Bbamwe mu bakora imirimo ituma bahura n’abantu benshi kandi baturutse hirya no hino, nk’abacuruzi n’abamotari baravuga ko badasobanukiwe iby’iyi ndwara n’uko bayirinda.

Umwe mu bamotari mu mujyi wa Kigali agize ati “Ntabwo nyizi, ntayo namenye pe ariko nimuyimbwira ndayimenya mbe nabasha kumenya uko nayirinda. Cyeretse wenda niba iyo ndwara n’amafaranga ampaye yayakoraho akaba yajyaho.”

Basaba inzego zibifite mu nshingano gushyiraho uburyo bwihariye bwabafasha kuyirinda bitewe n’imirimo bakora.

Undi utwara abantu kuri moto yagize ati “Icyo nasaba ni uko batubwira ukuntu yandura bakatubwira n’abayifite tukabasha kuyirinda. Nakwirinda sinandure ngo nanduze n’umuryango wanjye nkarinda n’abandi nkarinda n’Abanyarwanda muri rusange ngendana na abo mpura na bo.”

Umuyobozi Ushinzwe kurwanya indwara z’ibyorezo mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. Edson Rwagasore, avuga ko nubwo iyi ndwara yandura ariko kuyirinda bishoboka.

Ati “Nubwo bwose M-Pox yandura, kuyirinda birashoboka cyane. Umuntu wese ashobora kwandura M-POX binyuze mu gukora ku muntu uyirwaye cyangwa gukora ku matembabuzi y’uyirwaye.”

Dr. Edson Rwagasore avuga ko bimenyetso by’iyi ndwara, birimo kugira ibiheri bimeze nk’ubushye bibabaza, bituma umuntu ashaka kwishimashima.

Ati “Ufite ibyo biheri bimutera kandi kubabuka ku mubi cyane ku myanya ndangagitsina, mu maso, mu mugongo, ku kiganza. Kugira umuriro mwinshi, kubyimba mu nsina z’amatwi, kubabara umutwe bikabije no kubabara umugongo n’imikaya. Kugira inturugunyu cyangwa amasazi na byo ni ibimenyetso bimwe by’iyi ndwara.”

Indwara y’ubushita bw’inkende itangira kugaragaza ibimenyetso byayo ku wayirwaye hagati y’iminsi ibiri (2) na 19.

RBC kandi ishishikariza abaturage kwihutira kugana ku ivuriro mu gihe bagaragaje ibimenyetso, cyangwa bagahamagara ku murongo 114.

Iyi ndwara y’ubushita bw’inkende yagaragaraye kuva muri 2022 mu Bihugu bituranye n’u Rwanda birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + twenty =

Previous Post

Bazaniwe icyabunganira mu kwiteza imbere none imyaka ibaye irindwi bari mu gihirahiro

Next Post

Hasobanuwe impamvu yatumye hafungwa insengero 185 zo mu Karere kamwe mu Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu yatumye hafungwa insengero 185 zo mu Karere kamwe mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu yatumye hafungwa insengero 185 zo mu Karere kamwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.