Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

radiotv10by radiotv10
03/08/2021
in SIPORO
0
Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa mbere tariki ya 2 Kanama 2021 nibwo Tuyishimire Placide “Trump” yasezeye ku buyobozi bw’akarere ka Musanze yegura ku mwanya wo gukomeza kuba perezida wayo.

Mu ibaruwa yandikiye akarere ka Musanze asezera ku mwanya wo kuba perezida wa Musanze FC, Tuyishimire yavuze ko ahanini byatewe n’uko ingengo y’imari bagenewe n’akarere idahagije kuko ngo nka perezida w’ikipe yabanje gukora ubusesenguzi asanga ayo mafaranga atasoza umwaka w’imikino 2021-2022.

Amakuru RadioTV10 ifite kugeza ubu n’uko akarere ka Musanze katangaga miliyoni 125 z’amafaranga (125,000,000 FRW) kugira ngo azafashe iyi kipe mu mwaka w’imikino 2021-2022 gusa, Tuyishimire Placide akavuga ko aya mafaranga adahagije.

Image

Tuyishimire Placide “Trump” wari perezida wa FC Musanze yeguye kuri iyi mirimo

Tuyishimire Placide “Trump” yakoze imibare agendeye ku mafaranga bakoresheje mu mwaka w’imikino 2021-2022 angana na miliyoni 196 z’amafaranga y’u Rwanda (196,000,000 FRW) bityo asanga amafaranga akarere kari gutanga ku mwaka w’imikino 2021-2022 ntacyo yafasha ikipe.

Amakipe y’uturere nta bushobozi buhagije bw’amafaranga:

Amakipe ari mu maboko y’uturere akenshi usanga avugwamo ibibazo by’amikoro kimwe mu bituma atanagira umusaruro mu kibuga ndetse rimwe na rimwe abakinnyi n’abatoza bakamburwa amafaranga baba barakoreye.

Abakinnyi n’abatoza kuba bamburwa n’amakipe si uko biba ari ubushake bw’aya makipe ahubwo hari igihe usanga ingengo y’imari baba bafite idahaza ibikorwa na gahunda z’ikipe kuko hari n’aho usanga ingengo y’imari nshya isohoka kabanza kwishyura ibirarane by’imyaka yatambutse.

Nyuma y’uko Tuyishimire Placide asezeye ku mwanya wa kuyobora Musanze FC akanagaragaza ko intandaro ibaye ubushobozi budahagije akarere gashyira muri iyi kipe, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wanabaye guverineri w’intara y’amajyaruguru ibarizwamo akarere ka Musanze kanafasha ikipe ya Musanze FC, yatanze ihumure avuga ko amakipe y’uturere agiye kujya ahabwa ubushobozi buhagije bw’amafaranga ndetse no kubafasha mu bijyanye n’imiyoborere inoze.

Mu butumwa Minisitiri Gatabazi yanyujije mu mwanya w’ibitecyerezo bya twitter ya Musanze yagize ati “Ese amakuru numvise kuri Musanze FC yaba ariyo? Mukomere ntimucike intege turateganya gushyigikira amakipe afashwa n’uturere kugira imiyoborere myiza kandi akagenerwa ubushobozi bujyanye n’ibyo ikipi ikenera byibuze kugira ngo ishobore kubaho umwaka wose”

Gatabazi JMV yagizwe Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu: Menya izindi  mpinduka zabaye

Gatabazi Jean Marie Vianney Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Amakipe y’uturere muri iyi myaka niyo akunze kuvugwamo ibibazo by’amafaranga n’imiyoborere idafasha ikipe akenshi birangira zimwe zimanutse mu cyiciro cya kabiri.

Muri uyu mwaka w’imikino 2020-2021 amakipe abiri yamanutse ni ay’uturere (Sunrise FC na AS Muhanga).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Amasezerano twasinyanye na Tanzania azadufasha kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19-Paul Kagame

Next Post

Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Related Posts

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

by radiotv10
19/09/2025
0

Umunya-Slovénie Tadej Pogačar, umwe mu bakinnyi b’amagare bakomeye ku Isi muri iki gihe, yamaze kugera mu Rwanda aho aje kwitabira...

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
18/09/2025
0

Umunyezamu Pavelh Ndzila w’ikipe ya Rayon Sports yagiyemo avuye muri APR FC na yo yinjiyemo ari umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya...

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Umunyezamu wa Rayon Sports FC, Umunye-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila yatanze inama ku cyakorwa ngo ikipe ye isezerere Singida Black Stars...

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

IZIHERUKA

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura
AMAHANGA

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

by radiotv10
19/09/2025
0

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

19/09/2025
Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.