Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

radiotv10by radiotv10
03/08/2021
in SIPORO
0
Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa mbere tariki ya 2 Kanama 2021 nibwo Tuyishimire Placide “Trump” yasezeye ku buyobozi bw’akarere ka Musanze yegura ku mwanya wo gukomeza kuba perezida wayo.

Mu ibaruwa yandikiye akarere ka Musanze asezera ku mwanya wo kuba perezida wa Musanze FC, Tuyishimire yavuze ko ahanini byatewe n’uko ingengo y’imari bagenewe n’akarere idahagije kuko ngo nka perezida w’ikipe yabanje gukora ubusesenguzi asanga ayo mafaranga atasoza umwaka w’imikino 2021-2022.

Amakuru RadioTV10 ifite kugeza ubu n’uko akarere ka Musanze katangaga miliyoni 125 z’amafaranga (125,000,000 FRW) kugira ngo azafashe iyi kipe mu mwaka w’imikino 2021-2022 gusa, Tuyishimire Placide akavuga ko aya mafaranga adahagije.

Image

Tuyishimire Placide “Trump” wari perezida wa FC Musanze yeguye kuri iyi mirimo

Tuyishimire Placide “Trump” yakoze imibare agendeye ku mafaranga bakoresheje mu mwaka w’imikino 2021-2022 angana na miliyoni 196 z’amafaranga y’u Rwanda (196,000,000 FRW) bityo asanga amafaranga akarere kari gutanga ku mwaka w’imikino 2021-2022 ntacyo yafasha ikipe.

Amakipe y’uturere nta bushobozi buhagije bw’amafaranga:

Amakipe ari mu maboko y’uturere akenshi usanga avugwamo ibibazo by’amikoro kimwe mu bituma atanagira umusaruro mu kibuga ndetse rimwe na rimwe abakinnyi n’abatoza bakamburwa amafaranga baba barakoreye.

Abakinnyi n’abatoza kuba bamburwa n’amakipe si uko biba ari ubushake bw’aya makipe ahubwo hari igihe usanga ingengo y’imari baba bafite idahaza ibikorwa na gahunda z’ikipe kuko hari n’aho usanga ingengo y’imari nshya isohoka kabanza kwishyura ibirarane by’imyaka yatambutse.

Nyuma y’uko Tuyishimire Placide asezeye ku mwanya wa kuyobora Musanze FC akanagaragaza ko intandaro ibaye ubushobozi budahagije akarere gashyira muri iyi kipe, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wanabaye guverineri w’intara y’amajyaruguru ibarizwamo akarere ka Musanze kanafasha ikipe ya Musanze FC, yatanze ihumure avuga ko amakipe y’uturere agiye kujya ahabwa ubushobozi buhagije bw’amafaranga ndetse no kubafasha mu bijyanye n’imiyoborere inoze.

Mu butumwa Minisitiri Gatabazi yanyujije mu mwanya w’ibitecyerezo bya twitter ya Musanze yagize ati “Ese amakuru numvise kuri Musanze FC yaba ariyo? Mukomere ntimucike intege turateganya gushyigikira amakipe afashwa n’uturere kugira imiyoborere myiza kandi akagenerwa ubushobozi bujyanye n’ibyo ikipi ikenera byibuze kugira ngo ishobore kubaho umwaka wose”

Gatabazi JMV yagizwe Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu: Menya izindi  mpinduka zabaye

Gatabazi Jean Marie Vianney Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Amakipe y’uturere muri iyi myaka niyo akunze kuvugwamo ibibazo by’amafaranga n’imiyoborere idafasha ikipe akenshi birangira zimwe zimanutse mu cyiciro cya kabiri.

Muri uyu mwaka w’imikino 2020-2021 amakipe abiri yamanutse ni ay’uturere (Sunrise FC na AS Muhanga).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Amasezerano twasinyanye na Tanzania azadufasha kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19-Paul Kagame

Next Post

Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Related Posts

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

IZIHERUKA

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money
IMYIDAGADURO

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.