Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Operation: Uko Bamporiki ukekwaho ruswa yafashwe amaze gusangira n’abandi muri Hoteli

radiotv10by radiotv10
09/05/2022
in MU RWANDA
0
Operation: Uko Bamporiki ukekwaho ruswa yafashwe amaze gusangira n’abandi muri Hoteli

Photo/Instagram-Bamporiki Edouard

Share on FacebookShare on Twitter

Iminsi itanu iruzuye, mu binyamakuru byo mu Rwanda hakomeje kugaragaramo inkuru ya Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ubu uri gukurikiranwa n’inzego kubera ibyaha bya ruswa akekwaho. Abanyamakuru bahishuwe amakuru y’ifatwa rye.

Mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, habanje kunugwanugwa amakuru y’ifatwa rya Bamporiki ariko bamwe mu babivugaga, birinze kubishyira hanze ahubwo babivugaga mu marenga.

Amakuru yavugwaga hagati y’Abanyamakuru, yavugaga ko Bamporiki yafatiwe muri imwe muri Hoteli ikorera mu Mujyi wa Kigali ari kumwe n’undi muyobozi ngo bari mu bikorwa bya ruswa.

Ku mugoroba wo ku wa Kane, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byasohoye itangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika yahagaritse Edouard Bamporiki ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Nyuma y’itangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB na rwo rwasohoye itangazo rivuga ko Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo.

Mu kiganiro Ahabona cyatambutse kuri TV10 kuri iki Cyumweru tariki 08 Gicurasi 2022, cyari kirimo Abanyamakuru batandukanye barimo abakorera TV10, bagarutse ku makuru bagiye bakusanya ku ifatwa rya Bamporiki ubu ufungiye iwe.

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu uvuga ko afite ibimenyetso n’amakuru yizewe bijyanye n’igikorwa cyo gufata Bamporiki, yavuze ko uyu uherutse kwirukanwa muri Guverinoma y’u Rwanda yari amaze iminsi afitanye ubucuti n’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe ibikorwa remezo n’imiturire, Dr Merard Mpabwanamaguru.

Uyu munyamakuru avuga ko Bamporiki asanzwe ari umuntu ugira inshuti zitandukanye zirimo n’abakomeye baba abayobozi mu nzego nkuru ndetse n’abanyamafaranga.

Ngo abo bashoramari bagiye bisunga Bamporiki kugira ngo abagerere ku nzego zibafashe kwigobotora ibibazo babaga baguyemo, ubundi bakamuha amafaranga akajya kuyashyikiriza abo banyabubasha.

Uyu munyamakuru avuga ko Bamporiki yari yaburiwe ko ibikorwa amazemo iminsi bishobora kumukoraho ariko ko hari aho yari yizejwe miliyoni 5 Frw ariko ko we yumvaga ko agomba kuyafata ubundi agakoresha amayeri yo kugira ngo adafatwa.

Mutuyeyezu ari kubara iyi nkuru, yagize ati “Noneho shampanye ziranyowe, bizinesi z’abandi zafunzwe zigomba gufungurwa ariko hatanzwe ikintu…umwe mu bo bari barafungiye bari gusangire ariko ntabwo ari we wari bugendane amafaranga yagombaga kuzanwa n’undi muntu wa gatatu ariko hari igikapu kirimo miliyoni eshanu.”

Uyu munyamakuru avuga ko kuko Bamporiki yari azi ko bari kumukekakeka, yanze kwakira ayo mafaranga, agasaba ko ajyanwa aho bakirira abantu [reception] kuri iyo hoteli, akamenyesha uwakira abantu ko miliyoni ebyiri zishyirwa mu modoka ya Merard ubunzi izindi eshatu zisigaye akaza kumenya uburyo azifata.

Uyu munyamakuru ati “Hanyuma rero aho muri hoteli haba harimo abakobwa beza, akazi barimo ntukazi abaguha ibyo kunywa no kurya, ntuzi abo ari bo…Hanyuma rero igihe cyo gutaha, bati ‘urajya he?’ barebye mu modoka ya Merard ifaranga barisangamo, aratakamba…”

Uyu munyamakuru avuga ko batangiye gushaka uburyo babeshyabeshya ngo bikure muri icyo kibazo, bagasaba uwari wabahaye ayo mafaranga ko ari inguzanyo ariko ko RIB yari ifite amakuru ahagije.

Ako kanya ni bwo inzego zahise zitangira iperereza, ari na bwo Bamporiki yatangiye kubazwa kuri ibi byaha akekwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

France: Mu rubanza rwa Bucyibaruta uregwa Jenoside hategerejwemo abatangabuhamya 115

Next Post

Hamenyekanye icyatumye umwiherero w’abasore bari muri Mr Rwanda udatangirira igihe

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Hamenyekanye icyatumye umwiherero w’abasore bari muri Mr Rwanda udatangirira igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.