Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Operation: Uko Bamporiki ukekwaho ruswa yafashwe amaze gusangira n’abandi muri Hoteli

radiotv10by radiotv10
09/05/2022
in MU RWANDA
0
Operation: Uko Bamporiki ukekwaho ruswa yafashwe amaze gusangira n’abandi muri Hoteli

Photo/Instagram-Bamporiki Edouard

Share on FacebookShare on Twitter

Iminsi itanu iruzuye, mu binyamakuru byo mu Rwanda hakomeje kugaragaramo inkuru ya Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ubu uri gukurikiranwa n’inzego kubera ibyaha bya ruswa akekwaho. Abanyamakuru bahishuwe amakuru y’ifatwa rye.

Mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, habanje kunugwanugwa amakuru y’ifatwa rya Bamporiki ariko bamwe mu babivugaga, birinze kubishyira hanze ahubwo babivugaga mu marenga.

Amakuru yavugwaga hagati y’Abanyamakuru, yavugaga ko Bamporiki yafatiwe muri imwe muri Hoteli ikorera mu Mujyi wa Kigali ari kumwe n’undi muyobozi ngo bari mu bikorwa bya ruswa.

Ku mugoroba wo ku wa Kane, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byasohoye itangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika yahagaritse Edouard Bamporiki ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Nyuma y’itangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB na rwo rwasohoye itangazo rivuga ko Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo.

Mu kiganiro Ahabona cyatambutse kuri TV10 kuri iki Cyumweru tariki 08 Gicurasi 2022, cyari kirimo Abanyamakuru batandukanye barimo abakorera TV10, bagarutse ku makuru bagiye bakusanya ku ifatwa rya Bamporiki ubu ufungiye iwe.

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu uvuga ko afite ibimenyetso n’amakuru yizewe bijyanye n’igikorwa cyo gufata Bamporiki, yavuze ko uyu uherutse kwirukanwa muri Guverinoma y’u Rwanda yari amaze iminsi afitanye ubucuti n’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe ibikorwa remezo n’imiturire, Dr Merard Mpabwanamaguru.

Uyu munyamakuru avuga ko Bamporiki asanzwe ari umuntu ugira inshuti zitandukanye zirimo n’abakomeye baba abayobozi mu nzego nkuru ndetse n’abanyamafaranga.

Ngo abo bashoramari bagiye bisunga Bamporiki kugira ngo abagerere ku nzego zibafashe kwigobotora ibibazo babaga baguyemo, ubundi bakamuha amafaranga akajya kuyashyikiriza abo banyabubasha.

Uyu munyamakuru avuga ko Bamporiki yari yaburiwe ko ibikorwa amazemo iminsi bishobora kumukoraho ariko ko hari aho yari yizejwe miliyoni 5 Frw ariko ko we yumvaga ko agomba kuyafata ubundi agakoresha amayeri yo kugira ngo adafatwa.

Mutuyeyezu ari kubara iyi nkuru, yagize ati “Noneho shampanye ziranyowe, bizinesi z’abandi zafunzwe zigomba gufungurwa ariko hatanzwe ikintu…umwe mu bo bari barafungiye bari gusangire ariko ntabwo ari we wari bugendane amafaranga yagombaga kuzanwa n’undi muntu wa gatatu ariko hari igikapu kirimo miliyoni eshanu.”

Uyu munyamakuru avuga ko kuko Bamporiki yari azi ko bari kumukekakeka, yanze kwakira ayo mafaranga, agasaba ko ajyanwa aho bakirira abantu [reception] kuri iyo hoteli, akamenyesha uwakira abantu ko miliyoni ebyiri zishyirwa mu modoka ya Merard ubunzi izindi eshatu zisigaye akaza kumenya uburyo azifata.

Uyu munyamakuru ati “Hanyuma rero aho muri hoteli haba harimo abakobwa beza, akazi barimo ntukazi abaguha ibyo kunywa no kurya, ntuzi abo ari bo…Hanyuma rero igihe cyo gutaha, bati ‘urajya he?’ barebye mu modoka ya Merard ifaranga barisangamo, aratakamba…”

Uyu munyamakuru avuga ko batangiye gushaka uburyo babeshyabeshya ngo bikure muri icyo kibazo, bagasaba uwari wabahaye ayo mafaranga ko ari inguzanyo ariko ko RIB yari ifite amakuru ahagije.

Ako kanya ni bwo inzego zahise zitangira iperereza, ari na bwo Bamporiki yatangiye kubazwa kuri ibi byaha akekwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

France: Mu rubanza rwa Bucyibaruta uregwa Jenoside hategerejwemo abatangabuhamya 115

Next Post

Hamenyekanye icyatumye umwiherero w’abasore bari muri Mr Rwanda udatangirira igihe

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Hamenyekanye icyatumye umwiherero w’abasore bari muri Mr Rwanda udatangirira igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.