Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yahishuye ikiganiro yagiranye n’umuyobozi ukomeye bahuriye mu nama akamubwira ko atazikingiza COVID-19

radiotv10by radiotv10
26/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
P.Kagame yahishuye ikiganiro yagiranye n’umuyobozi ukomeye bahuriye mu nama akamubwira ko atazikingiza COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko hari umwe mu bayobozi mu Gihugu cyo hanze bahuriye mu nama, akamubwira ko adateganya kwikingiza COVID-19, ariko akamuha igisubizo kimwereka ko atashishoje.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022 ubwo yatangiraga uruzinduko rwo gusura abaturage yatangiriye mu Karere ka Ruhango.

Ni uruzinduko rubaye nyuma y’imyaka ikabakaba itatu ku Isi hadutse icyorezo cya COVID-19 cyatumye abantu badahurira hamwe nkuku yahuye n’Abanyaruhango bakagirana ikiganiro.

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho gushimira abaturarwanda kuba barumviye inzego bwite za Leta ku mabwiriza zashyizeho yo kwirinda iki cyorezo.

Ati “Abantu barumviye icyo gihe. Dukora ibishoboka byose, nanone ariko hari abacu iki cyorezo cyahitanye batari bacye, ibyo ntakundi twari kubigenza.”

Yakomeje avuga ko n’aho urukingo rw’iki cyorezo rubonekeye, na bwo abaturarwanda babyitwayemo neza kuko bitabiriye gahunda y’ikingira.

Ati “Ni byo navugaga nabashimira kuko ahandi urukingo rwarabonetse abenshi bararwanga, haza ibintu bizana amagambo ko urwo rukingo rufite ibindi bintu byihishemo, abantu ntibarukozwe, abandi ku Isi barabyanze pe ariko hano mu Rwanda twasobanuriye abantu bahera ko babyumva.”

Yavuze kandi ko iyi myumvire yo kwanga urukingo mu Bihugu bimwe itari ifitwe n’abaturage gusa kuko hari n’abayobozi barwanze barimo n’uwo bahuriye mu nama akabimwerurira.

Ati “Twarahuye njye mubwira ko nakingiwe, arambwira ngo we ntabwo arakingirwa kandi nta nubwo ari hafi gukingirwa, ariko ku bw’ibyago ubwo akaba ambwira ko amaze iminsi nk’ibiri atakaje abavandimwe be bishwe na COVID, ndamubaza nti ‘ese bite, kugira ngo ube udashaka gukingirwa kandi umbwira ko hari abavandimwe bawe bazize COVID, bite?’ ati ‘njye mfite abantu bafite ubumenyi buhanitse bambwiye ko ruriya rukingo rurimo ibintu bidasobanutse bishobora kugirira abantu nabi’…

Ndamubaza nti ‘kugirira abantu nabi uwo mwanya, cyangwa mu myaka ingahe?’ ati ‘mu myaka nka 15, 20, 30u utangira kubona’…ndamubwira nti ‘ufite ubwoba bw’ibizaza mu myaka 20 kandi hari ikiguhitana uwo munsi?’ ndamubwira nti ‘njyewe naremeye barankingira kuko nashaka kwirinda iby’uwo munsi, iby’icyo cyumweru nk’ibyahitanye abavandimwe bawe, naho ibizaza mu myaka 20 ubwo Sakindi izaba ibyara ikindi’.”

Perezida Kagame avuga ko ikibazo u Rwanda rwari rufite, cyari ukubona inkingo zikenewe aho kuba abantu bakwanga kwikingiza.

Yavuze ko abanze kwitabira iyi gahunda ari bacye barimo n’abahungiye mu Bihugu by’ibituranyi ariko ko Leta y’u Rwanda itabareye aho kuko yabakurikiranye igakorana n’ibyo Bihugu bahungiyemo kugira ngo bagaruke mu Gihugu cyabo ndetse nibinaba ngombwa babareke badakingiwe ariko bari mu Gihugu cyabo.

Ati “Ariko aho bagarukiye twarabasobanuriye, bahera ko bakingirwa barabyemera, ubu baracyategereje ingaruka zabyo, ariko basimbutse ingaruka zo kudakingirwa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko impamvu yagarutse kuri iyi ngingo ari ukugaragaza ko Abanyarwanda bafite imyumvire myiza yo kumva vuba kandi bakumva ibibafitiye inyungu.

Perezida Kagame yaganiriye n’Abaturage bo mu Ruhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − three =

Previous Post

Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Next Post

Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi
AMAHANGA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

08/01/2026
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.