Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yahishuye ikiganiro yagiranye n’umuyobozi ukomeye bahuriye mu nama akamubwira ko atazikingiza COVID-19

radiotv10by radiotv10
26/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
P.Kagame yahishuye ikiganiro yagiranye n’umuyobozi ukomeye bahuriye mu nama akamubwira ko atazikingiza COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko hari umwe mu bayobozi mu Gihugu cyo hanze bahuriye mu nama, akamubwira ko adateganya kwikingiza COVID-19, ariko akamuha igisubizo kimwereka ko atashishoje.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022 ubwo yatangiraga uruzinduko rwo gusura abaturage yatangiriye mu Karere ka Ruhango.

Ni uruzinduko rubaye nyuma y’imyaka ikabakaba itatu ku Isi hadutse icyorezo cya COVID-19 cyatumye abantu badahurira hamwe nkuku yahuye n’Abanyaruhango bakagirana ikiganiro.

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho gushimira abaturarwanda kuba barumviye inzego bwite za Leta ku mabwiriza zashyizeho yo kwirinda iki cyorezo.

Ati “Abantu barumviye icyo gihe. Dukora ibishoboka byose, nanone ariko hari abacu iki cyorezo cyahitanye batari bacye, ibyo ntakundi twari kubigenza.”

Yakomeje avuga ko n’aho urukingo rw’iki cyorezo rubonekeye, na bwo abaturarwanda babyitwayemo neza kuko bitabiriye gahunda y’ikingira.

Ati “Ni byo navugaga nabashimira kuko ahandi urukingo rwarabonetse abenshi bararwanga, haza ibintu bizana amagambo ko urwo rukingo rufite ibindi bintu byihishemo, abantu ntibarukozwe, abandi ku Isi barabyanze pe ariko hano mu Rwanda twasobanuriye abantu bahera ko babyumva.”

Yavuze kandi ko iyi myumvire yo kwanga urukingo mu Bihugu bimwe itari ifitwe n’abaturage gusa kuko hari n’abayobozi barwanze barimo n’uwo bahuriye mu nama akabimwerurira.

Ati “Twarahuye njye mubwira ko nakingiwe, arambwira ngo we ntabwo arakingirwa kandi nta nubwo ari hafi gukingirwa, ariko ku bw’ibyago ubwo akaba ambwira ko amaze iminsi nk’ibiri atakaje abavandimwe be bishwe na COVID, ndamubaza nti ‘ese bite, kugira ngo ube udashaka gukingirwa kandi umbwira ko hari abavandimwe bawe bazize COVID, bite?’ ati ‘njye mfite abantu bafite ubumenyi buhanitse bambwiye ko ruriya rukingo rurimo ibintu bidasobanutse bishobora kugirira abantu nabi’…

Ndamubaza nti ‘kugirira abantu nabi uwo mwanya, cyangwa mu myaka ingahe?’ ati ‘mu myaka nka 15, 20, 30u utangira kubona’…ndamubwira nti ‘ufite ubwoba bw’ibizaza mu myaka 20 kandi hari ikiguhitana uwo munsi?’ ndamubwira nti ‘njyewe naremeye barankingira kuko nashaka kwirinda iby’uwo munsi, iby’icyo cyumweru nk’ibyahitanye abavandimwe bawe, naho ibizaza mu myaka 20 ubwo Sakindi izaba ibyara ikindi’.”

Perezida Kagame avuga ko ikibazo u Rwanda rwari rufite, cyari ukubona inkingo zikenewe aho kuba abantu bakwanga kwikingiza.

Yavuze ko abanze kwitabira iyi gahunda ari bacye barimo n’abahungiye mu Bihugu by’ibituranyi ariko ko Leta y’u Rwanda itabareye aho kuko yabakurikiranye igakorana n’ibyo Bihugu bahungiyemo kugira ngo bagaruke mu Gihugu cyabo ndetse nibinaba ngombwa babareke badakingiwe ariko bari mu Gihugu cyabo.

Ati “Ariko aho bagarukiye twarabasobanuriye, bahera ko bakingirwa barabyemera, ubu baracyategereje ingaruka zabyo, ariko basimbutse ingaruka zo kudakingirwa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko impamvu yagarutse kuri iyi ngingo ari ukugaragaza ko Abanyarwanda bafite imyumvire myiza yo kumva vuba kandi bakumva ibibafitiye inyungu.

Perezida Kagame yaganiriye n’Abaturage bo mu Ruhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fourteen =

Previous Post

Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Next Post

Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.