Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yahishuye ikiganiro yagiranye n’umuyobozi ukomeye bahuriye mu nama akamubwira ko atazikingiza COVID-19

radiotv10by radiotv10
26/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
P.Kagame yahishuye ikiganiro yagiranye n’umuyobozi ukomeye bahuriye mu nama akamubwira ko atazikingiza COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko hari umwe mu bayobozi mu Gihugu cyo hanze bahuriye mu nama, akamubwira ko adateganya kwikingiza COVID-19, ariko akamuha igisubizo kimwereka ko atashishoje.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022 ubwo yatangiraga uruzinduko rwo gusura abaturage yatangiriye mu Karere ka Ruhango.

Ni uruzinduko rubaye nyuma y’imyaka ikabakaba itatu ku Isi hadutse icyorezo cya COVID-19 cyatumye abantu badahurira hamwe nkuku yahuye n’Abanyaruhango bakagirana ikiganiro.

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho gushimira abaturarwanda kuba barumviye inzego bwite za Leta ku mabwiriza zashyizeho yo kwirinda iki cyorezo.

Ati “Abantu barumviye icyo gihe. Dukora ibishoboka byose, nanone ariko hari abacu iki cyorezo cyahitanye batari bacye, ibyo ntakundi twari kubigenza.”

Yakomeje avuga ko n’aho urukingo rw’iki cyorezo rubonekeye, na bwo abaturarwanda babyitwayemo neza kuko bitabiriye gahunda y’ikingira.

Ati “Ni byo navugaga nabashimira kuko ahandi urukingo rwarabonetse abenshi bararwanga, haza ibintu bizana amagambo ko urwo rukingo rufite ibindi bintu byihishemo, abantu ntibarukozwe, abandi ku Isi barabyanze pe ariko hano mu Rwanda twasobanuriye abantu bahera ko babyumva.”

Yavuze kandi ko iyi myumvire yo kwanga urukingo mu Bihugu bimwe itari ifitwe n’abaturage gusa kuko hari n’abayobozi barwanze barimo n’uwo bahuriye mu nama akabimwerurira.

Ati “Twarahuye njye mubwira ko nakingiwe, arambwira ngo we ntabwo arakingirwa kandi nta nubwo ari hafi gukingirwa, ariko ku bw’ibyago ubwo akaba ambwira ko amaze iminsi nk’ibiri atakaje abavandimwe be bishwe na COVID, ndamubaza nti ‘ese bite, kugira ngo ube udashaka gukingirwa kandi umbwira ko hari abavandimwe bawe bazize COVID, bite?’ ati ‘njye mfite abantu bafite ubumenyi buhanitse bambwiye ko ruriya rukingo rurimo ibintu bidasobanutse bishobora kugirira abantu nabi’…

Ndamubaza nti ‘kugirira abantu nabi uwo mwanya, cyangwa mu myaka ingahe?’ ati ‘mu myaka nka 15, 20, 30u utangira kubona’…ndamubwira nti ‘ufite ubwoba bw’ibizaza mu myaka 20 kandi hari ikiguhitana uwo munsi?’ ndamubwira nti ‘njyewe naremeye barankingira kuko nashaka kwirinda iby’uwo munsi, iby’icyo cyumweru nk’ibyahitanye abavandimwe bawe, naho ibizaza mu myaka 20 ubwo Sakindi izaba ibyara ikindi’.”

Perezida Kagame avuga ko ikibazo u Rwanda rwari rufite, cyari ukubona inkingo zikenewe aho kuba abantu bakwanga kwikingiza.

Yavuze ko abanze kwitabira iyi gahunda ari bacye barimo n’abahungiye mu Bihugu by’ibituranyi ariko ko Leta y’u Rwanda itabareye aho kuko yabakurikiranye igakorana n’ibyo Bihugu bahungiyemo kugira ngo bagaruke mu Gihugu cyabo ndetse nibinaba ngombwa babareke badakingiwe ariko bari mu Gihugu cyabo.

Ati “Ariko aho bagarukiye twarabasobanuriye, bahera ko bakingirwa barabyemera, ubu baracyategereje ingaruka zabyo, ariko basimbutse ingaruka zo kudakingirwa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko impamvu yagarutse kuri iyi ngingo ari ukugaragaza ko Abanyarwanda bafite imyumvire myiza yo kumva vuba kandi bakumva ibibafitiye inyungu.

Perezida Kagame yaganiriye n’Abaturage bo mu Ruhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

Next Post

Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.