Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yasezeranyije Ibihugu by’abaturanyi ko ntakizabihungabanyiriza umutekano giturutse mu Rwanda agira icyo abisaba

radiotv10by radiotv10
29/08/2022
in MU RWANDA
0
P.Kagame yasezeranyije Ibihugu by’abaturanyi ko ntakizabihungabanyiriza umutekano giturutse mu Rwanda agira icyo abisaba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gusezeranya Ibihugu by’ibituranyi ko ntakizabihungabanyiriza umutekano giturutse mu Rwanda ariko ko na byo bikwiye kugenza gutyo, bikirinda ko hari icyahungabanya u Rwanda giturutse muri ibyo Bihugu.

Yabivuze mu kiganiro yagiranye n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Iburengerazuba mu cyumweru gishize ubwo yagiriraga uruzinduko mu bice binyuranye by’Igihugu.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko umubano hagati y’Ibihugu ugirwamo uruhare n’impande zombi, kandi ko ibi akunze no kubibwira Ibihugu by’ibituranyi by’u Rwanda.

Ati “Rwose kuri twe ntibazagire impungenge ngo bibwire ko hari ikizabangamira umutekano wabo giturutse mu Rwanda, ariko nanjye nkabasaba, ariko bivuze ko nta n’umutekano w’u Rwanda ukwiye guhungabana biturutse mu baturanyi. Ni magirirane rero, turuzuzanya.”

Umukuru w’u Rwanda yavugiye ibi mu Karere ka Rusizi gahana imbibi n’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kimaze iminsi gishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC.

Ni ibirego u Rwanda rwakunze kwamaganira kure, ruvuga ko ntaho ruhuriye n’uyu mutwe ugizwe n’Abanye-Congo bafite icyo barwanira cyanze kubahirizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yagiranaga n’abavuga rikumvikana, yibukije Abanyarwanda ko bagomba kugira uruhare mu kubungabunga umutekano w’Igihugu cyabo.

Ati “Dukore ibishoboka byose ntihazagire ibishobora kuduhungabanyiriza umutekano hanyuma tubane n’abaturanyi neza, twita ku mutekano wabo, tunabasaba ngo bite ku mutekano wacu.”

U Rwanda ahubwo rushinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi, wanakomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ubu bufasha igisirikare cya DRCongo (FARDC) giha FDLR, bwanahungabanyije umutekano w’u Rwanda mu minsi ishize, ubwo barasaga ibisasu biremereye ku butaka bw’u Rwanda birimo n’ibyakomerekeje bamwe mu Banyarwanda ndetse bikanangiza imwe mu mitungo yabo.

Uyu mutwe w’iterabwoba na wo ubwawo wiyemereye ko uri gufatanya na FARDC, mu matangazo washyize hanze mu minsi ishize.

Ubwo Perezida Kagame yaganiraga n’abavuga rikumvikana mu Ntara y’Iburengerazuba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 8 =

Previous Post

Ngoma: Ukurikiranyweho kwigabiza ishyamba rya Leta yafashwe amaze kubazamo imbaho 460

Next Post

Kigali: Abafata udukingirizo tw’ubuntu bariyongera ubutitsa ariko ngo hari ikibabangamira

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abafata udukingirizo tw’ubuntu bariyongera ubutitsa ariko ngo hari ikibabangamira

Kigali: Abafata udukingirizo tw’ubuntu bariyongera ubutitsa ariko ngo hari ikibabangamira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.