Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

radiotv10by radiotv10
18/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gutembereza mu rwuri rwe General Muhoozi Kainerugaba, aboneraho kugabira abo bari kumwe barimo Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga n’Umunyamakuru uzwi cyane mu karere, Andrew Mwenda wahise avuga ko agiye kujya yirahira ati “Afande Kagame yampaye Inka.”

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amashusho n’amafoto agaragaza Perezida Paul Kagame ari gutembereza mu rwuri rwe General Muhoozi waje mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize ndetse na bamwe mu bo bazanye.

Ni amashusho yafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022, ubwo Perezida Paul Kagame yari kumwe n’aba bashyitsi barimo Muhoozi Kainerugaba bari mu rwuri rugari.

Mu gace kamwe k’aya mashusho, humvikanamo umunyamakuru Andrew Mwenda abwira bamwe mu bari bamaze kugabirwa Inka na Perezida Paul Kagame, ngo bafate izabo hanyuma “ebyiri zisigaye ni izanjye.”

Perezida Kagame ahita abwira uyu munyamakuru ati “Izo ebyiri zisigaye, imwe ni iyawe indi ni iya Rwivanga [Umuvugizi wa RDF].” Brig Gen Rwivanga ahita ashimira Perezida Kagame, agira ati “Urakoze nyakubahwa.” Mwenda agahita abwira Rwivanga ati “Ubu rero na we unyungukiyeho.”

Uyu munyamakuru Andrew Mwenda uzwi cyane mu bijyanye na Politiki, yahise abwira Perezida Kagame ko ubu agiye kujya amwirahira ati “Afande Paul yampaye Inka.”

Perezida Paul Kagame kandi yagabiye Inka z’inyambo General Muhoozi Kainerugaba muri Werurwe 2022 ubwo yagiriraga uruzinduko rwa kabiri muri uyu mwaka.

Perezida Kagame yatembereje mu rwuri rwe Muhoozi n’abo bazanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 4 =

Previous Post

Musa Fazil yavuze igihe Perezida Kagame yazarekerera kuyobora u Rwanda n’uwazamusimbura

Next Post

Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.