Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

radiotv10by radiotv10
13/07/2022
in Uncategorized
0
Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Bucyibaruta Laurent wabaye Perefe w’icyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, uri kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside, yakatiwe gufungwa imyaka 20, ariko Abamwunganira mu mategeko bagaragara nk’abatishimiye icyemezo cy’Urukiko.

Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris rwakatiye Bucyibaruta iki gifungo nyuma yo kumuhamya icyaha cy’ubufatanyacyaha mu gukora icyaha cya Jenoside, nkuko bikubiye mu cyemezo cyasomwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nyakanga 2022.

Umwe mu bari i Paris wakurikiranye uru rubanza kuva rwatangira, yabwiye RADIOTV10 ko ubwo Urukiko rwari rumaze guhamya Bucyibaruta iki cyaha, abanyamategeko bamwunganira bagaragaye nk’abababaye ndetse Itangazamakuru ryashaka kubegera ngo bagire icyo bavuga kuri iki gihano, bakaryima amatwi.

Uyu wari i Paris, yagize ati “Birashoboka ko bakekaga ko cyangwa banifuza ko umukiliya wabo agirwa umwere ku byaha akekwaho.”

Ku rundi ruhande kandi, abanyamategeko baregera indishyi na bo bagaragaye nk’abatishimiye iki gihano cyakatiwe Bucyibaruta dore ko yari yasabiwe gufungwa Burundu.

Bucyibaruta yasomewe iki cyemezo nyuma y’amasaha macye agize icyo avuga ku gihano cyo gufungwa burundi yari yarasabiwe n’Ubushinjacyaha, aho yavuze ko atigeze na rimwe yifuza ko abo mu bwo bw’Abatutsi bababara.

Uyu mugabo ukurikiranyweho kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi ahantu hatandukanye harimo i Murambi, i Kibeho, i Kaduha no ku Cyanika, ubwo yariho avuga ijambo rya nyuma kuri uru rubanza rwe, yagaragaye nk’uwicuza.

Yagize ati “Nagira ngo mbwire abacitse ku icumu ko bitigeze binjyamo mu kubatererana ku bicanyi, nahoraga nibaza nti ‘nabafasha nte?’ Ni ibibazo no kwicuza  bimporamo muri iyi myaka 28.”

Mu iburanisha ryabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 08 Nyakanga ubwo Ubushinjacyaha bwasabiraga Bucyibaruta gufungwa burundu, bwari bwabanje kumara amasaha akabakaba umunani bugaragaza uruhare rw’uyu mugabo muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Kuri uwo munsi, Abashinjacyaha Sophie Havard na Celine Viguier baburanye uru rubanza, babwiye Urukiko ko nubwo uyu mugabo atafashe umuhoro ngo ajye kwica Abatutsi, ariko yarebereye bakicwa mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro ahaguye abarenga ibihumbi 20 mu gihe ari we wari ushinzwe kubarinda.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko Bucyibaruta nk’umuntu wari umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru nka Perefegitura yashobora kugira icyo akora bariya Batutsi ntibicwe ariko ko we yabirengagaho ahubwo agatanga raporo ku bamukuriye ko abari kwicwa ari abanzi b’Igihugu.

Martin NIYONKURU
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 5 =

Previous Post

DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23

Next Post

Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga

Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.