Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan

radiotv10by radiotv10
17/12/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021 yageze muri Turkey aho yitabiriye ihuriro rya gatatu ry’Ubufatanye bwa Africa na Turkey (Africa-Turkey Partnership Summit).

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje iby’uru ruzinduko rwa Perezida Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukuboza mu butumwa bwanyujije kuri Twitter.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, bugira buti “Perezida Kagame yageze muri Istanbul aho agiye kwifatanya n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma baturutse muri Africa bitabiriye ihuriro rya gatatu ry’ubufatanye bwa Africa na Turkey [Africa-Turkey Partnership Summit].”

Ubu butumwa buherekejwe n’amafoto agaragaza Perezida Paul Kagame ageze ku kibuga cy’indege muri Istanbul yakirwa n’akarasisi k’inzego z’umutekano zo muri Turkey.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Kagame w’u Rwanda yatumijwe kanzi izayoborwa na mugenzi we Perezida wa Turkey, Recep Tayyip Erdoğan.

Iyi nama kandi yitabiriwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo unayoboye Umuryango wa Africa Yunze Ubumwe ndetse na Perezida wa Komisiyo y’uyu muryango, Moussa Faki Mahamat.

Iri huriro rifite insanyamatsiko igira iti “Enhanced Partnership for Common Development and Prosperity”, tugenekereje [Ubufatanye bwimbitse bugamije iterambere no kuzamura ubukungu].

Iri huriro rya Gatatu ry’imikoranire ya Africa na Turkey, riri kubera hamwe imishinga mishya yashorwamo imari mu mikoranire hagati y’Iki Gihugu n’Umugabane wa Africa.

Ibikorwa by’iri huriro kandi bizaberamo ibiganiro bizahuza ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bazarebera hamwe ibijyanye n’imibanire ya Turkey na Africa.

Hazanaganirwa kandi ku mishinga yo mu nzego zinyuranye zirimo ubuvuzi, uburezi bizahuza ba Minisitiri bo muri izi nzego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Uwavuze ko ubukwe bwe abufata nk’ibirori by’isabukuru yahishuye ko uwo basezeranye asanganywe abagore bane

Next Post

Mu mukino w’abana kwa Cristiano bahishuye ibitsina by’impanga bitegura kwibaruka

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mukino w’abana kwa Cristiano bahishuye ibitsina by’impanga bitegura kwibaruka

Mu mukino w'abana kwa Cristiano bahishuye ibitsina by’impanga bitegura kwibaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.