Wednesday, April 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame azaba ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/04/2026
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame azaba ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Itegeko rishyiraho Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda (National Defence University-Rwanda/NDU-R), riteganya ko Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, ari Umuyobozi w’Icyubahiro wayo.

Iyi kaminuza izaba ihuriyemo amashuri makuru ya RDF, aya Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza NISS, iteganywa n’itegeko ryasohotse mu Igazeti ya Leta yo ku wa 10 Mata 2026.

Nk’uko biteganywa n’iri tegeko, Inzego z’imiyoborere z’iyi Kaminuza, zirimo Ubuyobozi bw’Icyubahiro, Inama Nkuru y’Ubuyobozi; Urwego Nshingwabikorwa; Urwego rushinzwe imyigire n’imyigishirize na Komite Nkuru y’Ubuyobozi.

Iri tegeko mu ngingo yaryo ya 11 igaragaza ko Umuyobozi w’Icyubahiro (Chancellor) w’iyi Kaminuza ari Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, akaba ari Perezida Paul Kagame.

Nk’umuyobozi w’Ikirenga, Perezida afite ububasha bwo gutanga umurongo mugari n’icyerekezo mu miyoborere n’imikorere by’iyi Kaminuza, hagamijwe gutoza no gutegura inzobere mu by’umutekano n’Igisirikare ku rwego ruhanitse.

Umuyobozi w’Icyubahiro kandi ni we uzajya ayobora ibikorwa byo gutanga impamyabumenyi ku bazajya barangiza muri iyi Kaminuza, cyangwa akagena umuhagarararira mu izina rye.

Iyi Kaminuza izafasha u Rwanda kwagura no kunoza uburyo ruhangana n’ibibazo by’umutekano, bigenda bihindura isura uko imyaka ishira indi igataha.

Izagira uruhare kandi mu gutanga imyitozo, amahuguwa, ubumenyi n’ubushakashatsi mu bya gisirikare n’umutekano, ndetse inagire uruhare mu guteza imbere ubutwererane n’imikoranire mpuzamahanga mu buburezi bwa gisirikare.

Iyi Kaminuza izajya itanga amahugurwa n’imyitozo ku bo mu nzego zirimo iza gisirikare n’iz’umutekano zirimo Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rw’Iperereza NISS.

Inama y’Ubutegetsi izaba igizwe n’abantu 13, nk’urundi rwego rw’imiyoborere y’iyi Kaminuza, ni yo izaba ifata ibyemezo byayo, inagenzure ibikorwa byayo bya buri munsi.

Uretse Umuyobozi w’Icyubahiro w’iyi Kaminuza, mu bandi bayobozi bayo, harimo Umuyobozi Mukuru (Vice-Chancellor) akaba ari na we mwanditsi w’inama.

Hari kandi Uhagarariye abarimu n’abashakashatsi utorwa na bagenzi be, hakaba Ushinzwe igenzura ry’ubuziranenge (quality assurance), Umuyobozi umwe (Dean) utorwa na bagenzi be, hakaba n’uhagarariye abanyeshuri.

Inama y’Ubutegetsi kandi, Itegeko ritegeko ko nibura 30% by’abayigize bagomba kuba ari abagore mu gihe abatari mu nama y’ubutegetsi kubera imyanya bafite bagira manda y’imyaka ine ishobora kongerwa rimwe.

Ahazakorera iyi Kaminuza ya Gisirikare mu Rwanda, hatangiye kubakwa mu Murenge wa Bumbogo Mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali nk’uko biherutse gutangazwa n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda.

Iyi Kaminuza ya Gisirikare mu Rwanda NDU-R ifite icyicaro mu Mujyi wa Kigali, ariko ikaba yakwimurirwa ahandi mu Rwanda mu gihe byakwemezwa Iteka rya Perezida wa Repubulika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 9 =

Previous Post

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

Related Posts

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

by radiotv10
15/04/2026
0

Ukekwaho kwiba mudasobwa ebyiri z’Ikigo cy’Ubuzima cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo wagaragaye mu mashusho yafashwe...

Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje

Breaking News: Charges Announced Against Eric Semuhungu

by radiotv10
15/04/2026
0

The Rwanda Investigation Bureau (RIB) has announced that Eric Semuhungu, who was recently arrested, is being investigated for three crimes,...

The Truth About Weight Loss: Why Starving and Shortcuts Won’t Get You the Body You Want

The Truth About Weight Loss: Why Starving and Shortcuts Won’t Get You the Body You Want

by radiotv10
15/04/2026
0

In a world where social media is filled with “perfect bodies” and quick transformation videos, it’s easy to feel like...

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

by radiotv10
14/04/2026
0

The City of Kigali authorities have announced that 98% of its residents have registered and been photographed in order to...

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

by radiotv10
14/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko abawutuye bangana na 98% biyandikishije bakanifotoza kugira ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga (eNdangamuntu), abasigaye bakazajya...

IZIHERUKA

Perezida Kagame azaba ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda
MU RWANDA

Perezida Kagame azaba ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

by radiotv10
15/04/2026
0

DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

15/04/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

15/04/2026
Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

15/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

15/04/2026
Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

15/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame azaba ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.