Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu

radiotv10by radiotv10
01/05/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame wifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo rusange [Car Free Day], yaramukije abaturage bari baje kumwakira, bamugaragariza ko bamwishimiye.

Kuri iki Cyumweru tariki 01 Gicurasi 2022, wari umunsi wa siporo rusange mu Mujyi wa Kigali ikorwa inshuro ebyiri mu kwezi muri gahunda izwi nka Car Free Day.

Siporo rusange yo kuri iki Cyumweru yabaye umwihariko ku Banyakigali bongeye kuyikorana n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame ndetse na Madamu Jeannette Kagame.

Amashusho agaragaza Perezida Paul Kagame ari muri iyi siporo rusange aho aba ari kumwe na Minisititi wa Siporo, Aurole Mimosa Munyangaju ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa ndetse n’abandi baturage bo mu Mujyi wa Kigali bitabiriye iyi siporo rusange.

Muri aya mashusho, Perezida Paul Kagame anyura ku baturage baba baje kumwakira ku muhanda ndetse n’aba bagiye gusenga bari kunyura mu mihanda yo mu Biryogo mu Karere ka Nyarugenge, na we akabaramutsa agira ati “Muraho, Muraho neza”, bose bagahita baterera rimwe bagira bati “Ayiiiiiiiii” bavuza impundu ndetse banamukomera amashyi.

Hari n’aho agera abaturage bakamugaragariza ko bamwishimiye cyane, bagahita bamuramutsa bati “Muraho”, na we akabasubiza agira ati “Muraho neza.”, bagahita bakomera amashyi rimwe, ababyeyi bakavuza impundu bati “Ayiiiii”

#Video : Perezida Paul #Kagame yifatanyije n’abaturage ba @CityofKigali muri siporo rusange imaze kumenyerwa nka Car Free Day. pic.twitter.com/kewTPBt53p

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) May 1, 2022

Umukuru w’u Rwanda usanzwe akunda siporo, ajya yitabira iyi siporo rusange mu Mujyi wa Kigali aho abayitabiriye baba bagaragaza akanyamuneza ko kuba bakoranye imyitozi ngororamubiri na Perezida.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021 ubwo iki gikorwa cya Car Free Day cyasubukurwaga nyuma y’igihe kidakorwa kubera amabwiriza yari ariho yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, Perezida Kagame nab wo yari yakoranye iyi siporo rusange n’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali.

Mu butumwa umukuru w’u Rwanda yatambukije kuri Twitter, yavuze ko ari bishimishije kuba abantu bongeye gukorera iyi myitozo ngororamubiri mu mihanda ya Kigali “nyuma y’amezi menshi y’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.”

Madamu Jeannette Kagame na we yitabiriye siporo rusange

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 1 =

Previous Post

Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Next Post

Kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu,…-Imyanzuro ya RPF-Inkotanyi

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu,…-Imyanzuro ya RPF-Inkotanyi

Kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu,...-Imyanzuro ya RPF-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.