• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu

radiotv10by radiotv10
01/05/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame wifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo rusange [Car Free Day], yaramukije abaturage bari baje kumwakira, bamugaragariza ko bamwishimiye.

Kuri iki Cyumweru tariki 01 Gicurasi 2022, wari umunsi wa siporo rusange mu Mujyi wa Kigali ikorwa inshuro ebyiri mu kwezi muri gahunda izwi nka Car Free Day.

Siporo rusange yo kuri iki Cyumweru yabaye umwihariko ku Banyakigali bongeye kuyikorana n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame ndetse na Madamu Jeannette Kagame.

Amashusho agaragaza Perezida Paul Kagame ari muri iyi siporo rusange aho aba ari kumwe na Minisititi wa Siporo, Aurole Mimosa Munyangaju ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa ndetse n’abandi baturage bo mu Mujyi wa Kigali bitabiriye iyi siporo rusange.

Muri aya mashusho, Perezida Paul Kagame anyura ku baturage baba baje kumwakira ku muhanda ndetse n’aba bagiye gusenga bari kunyura mu mihanda yo mu Biryogo mu Karere ka Nyarugenge, na we akabaramutsa agira ati “Muraho, Muraho neza”, bose bagahita baterera rimwe bagira bati “Ayiiiiiiiii” bavuza impundu ndetse banamukomera amashyi.

Hari n’aho agera abaturage bakamugaragariza ko bamwishimiye cyane, bagahita bamuramutsa bati “Muraho”, na we akabasubiza agira ati “Muraho neza.”, bagahita bakomera amashyi rimwe, ababyeyi bakavuza impundu bati “Ayiiiii”

#Video : Perezida Paul #Kagame yifatanyije n’abaturage ba @CityofKigali muri siporo rusange imaze kumenyerwa nka Car Free Day. pic.twitter.com/kewTPBt53p

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) May 1, 2022

Umukuru w’u Rwanda usanzwe akunda siporo, ajya yitabira iyi siporo rusange mu Mujyi wa Kigali aho abayitabiriye baba bagaragaza akanyamuneza ko kuba bakoranye imyitozi ngororamubiri na Perezida.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021 ubwo iki gikorwa cya Car Free Day cyasubukurwaga nyuma y’igihe kidakorwa kubera amabwiriza yari ariho yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, Perezida Kagame nab wo yari yakoranye iyi siporo rusange n’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali.

Mu butumwa umukuru w’u Rwanda yatambukije kuri Twitter, yavuze ko ari bishimishije kuba abantu bongeye gukorera iyi myitozo ngororamubiri mu mihanda ya Kigali “nyuma y’amezi menshi y’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.”

Madamu Jeannette Kagame na we yitabiriye siporo rusange

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Next Post

Kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu,…-Imyanzuro ya RPF-Inkotanyi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu,…-Imyanzuro ya RPF-Inkotanyi

Kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu,...-Imyanzuro ya RPF-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.