Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu

radiotv10by radiotv10
01/05/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame wifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo rusange [Car Free Day], yaramukije abaturage bari baje kumwakira, bamugaragariza ko bamwishimiye.

Kuri iki Cyumweru tariki 01 Gicurasi 2022, wari umunsi wa siporo rusange mu Mujyi wa Kigali ikorwa inshuro ebyiri mu kwezi muri gahunda izwi nka Car Free Day.

Siporo rusange yo kuri iki Cyumweru yabaye umwihariko ku Banyakigali bongeye kuyikorana n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame ndetse na Madamu Jeannette Kagame.

Amashusho agaragaza Perezida Paul Kagame ari muri iyi siporo rusange aho aba ari kumwe na Minisititi wa Siporo, Aurole Mimosa Munyangaju ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa ndetse n’abandi baturage bo mu Mujyi wa Kigali bitabiriye iyi siporo rusange.

Muri aya mashusho, Perezida Paul Kagame anyura ku baturage baba baje kumwakira ku muhanda ndetse n’aba bagiye gusenga bari kunyura mu mihanda yo mu Biryogo mu Karere ka Nyarugenge, na we akabaramutsa agira ati “Muraho, Muraho neza”, bose bagahita baterera rimwe bagira bati “Ayiiiiiiiii” bavuza impundu ndetse banamukomera amashyi.

Hari n’aho agera abaturage bakamugaragariza ko bamwishimiye cyane, bagahita bamuramutsa bati “Muraho”, na we akabasubiza agira ati “Muraho neza.”, bagahita bakomera amashyi rimwe, ababyeyi bakavuza impundu bati “Ayiiiii”

#Video : Perezida Paul #Kagame yifatanyije n’abaturage ba @CityofKigali muri siporo rusange imaze kumenyerwa nka Car Free Day. pic.twitter.com/kewTPBt53p

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) May 1, 2022

Umukuru w’u Rwanda usanzwe akunda siporo, ajya yitabira iyi siporo rusange mu Mujyi wa Kigali aho abayitabiriye baba bagaragaza akanyamuneza ko kuba bakoranye imyitozi ngororamubiri na Perezida.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021 ubwo iki gikorwa cya Car Free Day cyasubukurwaga nyuma y’igihe kidakorwa kubera amabwiriza yari ariho yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, Perezida Kagame nab wo yari yakoranye iyi siporo rusange n’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali.

Mu butumwa umukuru w’u Rwanda yatambukije kuri Twitter, yavuze ko ari bishimishije kuba abantu bongeye gukorera iyi myitozo ngororamubiri mu mihanda ya Kigali “nyuma y’amezi menshi y’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.”

Madamu Jeannette Kagame na we yitabiriye siporo rusange

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 12 =

Previous Post

Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Next Post

Kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu,…-Imyanzuro ya RPF-Inkotanyi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu,…-Imyanzuro ya RPF-Inkotanyi

Kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu,...-Imyanzuro ya RPF-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.