Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yoherereje intashyo Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye nyuma yo kwakira na we izo yamwoherereje akazigezwaho n’umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi uri mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ugushyingo 2022, Perezida Paul Kagame yagejeje ijambo ku Badepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) imaze iminsi ikorera imirimo yayo mu Rwanda.

Muri iyi Nteko rusange ya EALA yitabiriwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya EAC muri Guverinoma y’u Burundi, Nibigira Ezechiel.

Dr Nibigira Ezechiel wagejeje n’ijambo kuri iyi Nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yashyikirije intashyo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Yagize ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, mbagegejeho indamukanyo za mugenzi wanyu, General Major Evariste Ndayishimiye, Perezida w’u Burundi akaba n’umuyobozi w’Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Nibigira yakomeje avuga ko Perezida Ndayishimiye abizi ko iyi Nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba iri gukorera imirimo yayo i Kigali mu Rwanda.

Ati “Kandi arizeza ko azakomeza gushyigikira iyi Nteko igakomeza kurushaho kuba umusemburo w’inzira n’ibisubizo biganisha ku iterambere ry’ubukungu mu karere kacu.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame wayoboye ibikorwa by’iyi Nteko kuri uyu wa Kabiri akanageza ijambo kuri aba Badepite bagize EALA, na we yageneye intashyo mugenzi we Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Yagize ati “Reka ntangirire ku gusaba Minisitiri wo mu Burundi Nibigira, nanjye kuzampera indamukanyo Perezida Ndayishimiye, akaba n’umuyobozi wacu w’uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Mu ijambo ry’Umukuru w’u Rwanda, yagarutse ku bimaze kugerwaho n’uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, birimo isoko rusange, avuga ko ibigerwaho byose haba harimo n’uruhare rw’iyi Nteko ya EALA iteraniye i Kigali.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugisha Yvonne says:
    3 years ago

    Mukomeze mutere imbere

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − six =

Previous Post

Uwapfobyaga Jenoside yahishuye ko hari ababimuheraga amafaranga

Next Post

Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.