Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yoherereje intashyo Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye nyuma yo kwakira na we izo yamwoherereje akazigezwaho n’umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi uri mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ugushyingo 2022, Perezida Paul Kagame yagejeje ijambo ku Badepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) imaze iminsi ikorera imirimo yayo mu Rwanda.

Muri iyi Nteko rusange ya EALA yitabiriwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya EAC muri Guverinoma y’u Burundi, Nibigira Ezechiel.

Dr Nibigira Ezechiel wagejeje n’ijambo kuri iyi Nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yashyikirije intashyo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Yagize ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, mbagegejeho indamukanyo za mugenzi wanyu, General Major Evariste Ndayishimiye, Perezida w’u Burundi akaba n’umuyobozi w’Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Nibigira yakomeje avuga ko Perezida Ndayishimiye abizi ko iyi Nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba iri gukorera imirimo yayo i Kigali mu Rwanda.

Ati “Kandi arizeza ko azakomeza gushyigikira iyi Nteko igakomeza kurushaho kuba umusemburo w’inzira n’ibisubizo biganisha ku iterambere ry’ubukungu mu karere kacu.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame wayoboye ibikorwa by’iyi Nteko kuri uyu wa Kabiri akanageza ijambo kuri aba Badepite bagize EALA, na we yageneye intashyo mugenzi we Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Yagize ati “Reka ntangirire ku gusaba Minisitiri wo mu Burundi Nibigira, nanjye kuzampera indamukanyo Perezida Ndayishimiye, akaba n’umuyobozi wacu w’uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Mu ijambo ry’Umukuru w’u Rwanda, yagarutse ku bimaze kugerwaho n’uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, birimo isoko rusange, avuga ko ibigerwaho byose haba harimo n’uruhare rw’iyi Nteko ya EALA iteraniye i Kigali.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugisha Yvonne says:
    3 years ago

    Mukomeze mutere imbere

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 7 =

Previous Post

Uwapfobyaga Jenoside yahishuye ko hari ababimuheraga amafaranga

Next Post

Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.