Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yoherereje intashyo Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye nyuma yo kwakira na we izo yamwoherereje akazigezwaho n’umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi uri mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ugushyingo 2022, Perezida Paul Kagame yagejeje ijambo ku Badepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) imaze iminsi ikorera imirimo yayo mu Rwanda.

Muri iyi Nteko rusange ya EALA yitabiriwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya EAC muri Guverinoma y’u Burundi, Nibigira Ezechiel.

Dr Nibigira Ezechiel wagejeje n’ijambo kuri iyi Nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yashyikirije intashyo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Yagize ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, mbagegejeho indamukanyo za mugenzi wanyu, General Major Evariste Ndayishimiye, Perezida w’u Burundi akaba n’umuyobozi w’Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Nibigira yakomeje avuga ko Perezida Ndayishimiye abizi ko iyi Nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba iri gukorera imirimo yayo i Kigali mu Rwanda.

Ati “Kandi arizeza ko azakomeza gushyigikira iyi Nteko igakomeza kurushaho kuba umusemburo w’inzira n’ibisubizo biganisha ku iterambere ry’ubukungu mu karere kacu.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame wayoboye ibikorwa by’iyi Nteko kuri uyu wa Kabiri akanageza ijambo kuri aba Badepite bagize EALA, na we yageneye intashyo mugenzi we Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Yagize ati “Reka ntangirire ku gusaba Minisitiri wo mu Burundi Nibigira, nanjye kuzampera indamukanyo Perezida Ndayishimiye, akaba n’umuyobozi wacu w’uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Mu ijambo ry’Umukuru w’u Rwanda, yagarutse ku bimaze kugerwaho n’uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, birimo isoko rusange, avuga ko ibigerwaho byose haba harimo n’uruhare rw’iyi Nteko ya EALA iteraniye i Kigali.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugisha Yvonne says:
    3 years ago

    Mukomeze mutere imbere

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Uwapfobyaga Jenoside yahishuye ko hari ababimuheraga amafaranga

Next Post

Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.