Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe

radiotv10by radiotv10
09/10/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame ntiyumva impamvu urujya n’uruza mu Bihugu bya Afurika rugicumbagira kandi byitana ibivandimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko Guverinoma z’Ibihugu bya Afurika zikwiye gushyira ku murongo politiki zoroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, kuko ibi Bihugu bisangiye byinshi birimo n’icyerekezo bishaka kugeraho.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024, ubwo yatangizaga Inama ya kabiri ya ‘Biashara Afrika’ igamije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Isoko Rusange Nyafurika (AfCFTA), iri kubera i Kigali.

Perezida Kagame yavuze ko urugendo rwo gutangiza Isoko Rusange Nyafurika, rwatangiriye mu Rwanda mu myaka itandatu ishize, aho nyuma y’umwaka umwe hatangijwe ku mugaragaro amasezerano yaryo.

Yavuze ko iyi ntambwe ishimishije yagaragaje ibyo Afutrika ishobora kugeraho mu gihe yaba ishyize hamwe igatahiriza umugozi umwe.

Ati “Iyi ntambwe y’amateka yatewe, yagaragaje ubushake mu kuzamura ubukungu bwacu, ubumwe n’iterambere bya Afurika.”

Yakomeje agira ati “Afurika ifite ubushobozi bwo kwishyira hamwe tukikemurira ibibazo byacu. Ariko nanone ndasaba abayobozi bacu ko ibintu bimwe dufitiye ubushobozi, bitagomba gukomeza kutubera umutwaro. Tugomba gushyira ku murongo Politiki zacu, imiyoborere yacu, kandi byose bitangirira mu myumvire ndetse no gushyira umucyo w’icyerekezo.”

Yavuze ko ubwo hatekerezwaga iri Soko Rusange Nyafurika, abantu babanje kwibaza ku bijyanye n’urujya n’uruza rw’abantu rudahagaze neza muri Afurika, kuko ibi Bihugu bitagendererana kubera amananiza akiri mu bijyanye n’imipaka.

Ati “Kuki hagomba kubaho ibintu nk’ibi? Kubera iki hatagomba kubaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu na Serivisi? Kubera iki? Kuki abaturage b’Igihugu kimwe badashobora kuva mu Gihugu cyabo bakajya mu kindi ku Mugabane wacu? Ikibazo kiri he?”

Perezida Kagame yavuze kandi ko nubwo urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu muri Afurika rukiri hasi, ariko ibi Bihugu byitana ibivandimwe, ko bifite byinshi bisangiye ndetse bihuje n’aho byifuza kugera.

Ati “Nubwo mvuga gutyo ko hagomba kubaho urujya n’uruza abantu bakambuka imipaka y’Ibihugu ntacyo bikanga, hari n’aho abaturage batambuka imipaka y’Ibihugu byabo bisanzuye, byose nta handi bipfira, hakenewe ko politiki zishyirwa ku murongo kandi tugomba kubikora.”

Perezida Kagame yavuze ko kwishyira hamwe kwa Afurika bigeze ku rwego rushimishije

Hari inkuru nziza

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko aho Isi igeze, hari amahirwe menshi agomba kubyazwa umusaruro nk’Umugabane wa Afurika, ariko ko byose bizashoboka bitewe n’uburyo Ibihugu bigize uyu Mugabane bishyize hamwe.

Ati “Inkuru nziza ihari ni uko kwishyira hamwe kwa Afurika biri gushyirwa mu bikorwa, kandi twamaze kubona umusaruro ushimishije, ariko dushobora gukora ibirenze ibyo, kandi tukagera kure.”

Yavuze ko Ibihugu birenga 30 ubu biri kugira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’iri Soko Rusange rya Afurika, birimo ibyatangiye mu igerageza.

Ati “U Rwanda rwishimira kuba ruri mu Bihugu bya mbere byagiye muri iki gice cy’igerageza. Guverinoma zigomba gukomeza kugira uruhare rwazo mu gushyiraho urubuga rwiza rworohereza ubucuruzi. Gukuraho imbogamizi z’imisoro, bigomba kuza ku isonga.”

Yavuze kandi ko hagomba kugabanywa ibiciro by’ingendo z’indege bikiri hejuru muri uyu Mugabane. Ati “Afurika ifite ibiciro biri hejuru cyane ku Isi.”

Yavuze ko nk’u Rwanda rwatangiye kugira icyo rukora, aho Sosiyete y’Indege yarwo (RwandAir), kuko yatangiye korohereza abikorera kubasha kugeza ibicuruzwa byabo mu Bihugu binyuranye muri Afurika.

Nanone kandi hari izindi Sosiyete z’Indege zo mu bindi Bihugu byo muri Afurika zatangiye uru rugendo rwo gukomeza gufasha uyu Mugabane kubasha kugenderana.

Ibigo by’ubucuruzi buto n’ubuciriritse, na byo bigomba koroherezwa. Ati “Impamvu ntayindi, ubu bucuruzi; abagore n’urubyiruko babukora, ni urutirigongo rw’ubukungu bwacu, ariko ntibugomba gukomeza kuba buto n’ubuciriritse, bukeneye gukura.”

Kubaka ubucuruzi n’isoko rusange, ntabwo byaba mu gihe gito, kuko nubwo hari intambwe iri guterwa, ariko n’urugendo rusigaye ruracyari rurerure, kandi Ibihugu ntibigomba gukangwa n’imbogamizi zihari, ahubwo bigomba gukomeza guhuza imbaraga.

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Hari urujijo nyuma yuko mu Kagari kamwe habonetse imirambo 2 irimo uwasanzwe hafi y’Ibiro by’Akagari

Next Post

Batanu b’amazina azwi mu Rwanda bahatanye mu bihembo ku rwego rwa Afurika

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Batanu b’amazina azwi mu Rwanda bahatanye mu bihembo ku rwego rwa Afurika

Batanu b’amazina azwi mu Rwanda bahatanye mu bihembo ku rwego rwa Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.