Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame nyuma yo kwakira Odinga wifuza kuyobora AU yagize icyo amusezeranya

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame nyuma yo kwakira Odinga wifuza kuyobora AU yagize icyo amusezeranya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko azashyigikira Umunyapolitiki w’Umunya-Kenya Raila Odinga uri gushaka amajwi yo kuzayobora Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu gihe habura umwaka ngo habe amatora y’uzasimbura Umunya-Chad, Moussa Faki Mahamat uyoboye iyi Komisiyo ya AU muri manda ye ya kabiri, azaba muri Gashyantare umwaka utaha wa 2025.

Raila Odinga w’imyaka 78 uyoboye Ihuriro Azimio ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, yamaze gutangaza kanditire ye muri aya matora ya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Raila Odinga ukomeje gushaka abazamushyigikira, mu cyumweru gishize, tariki 08 Werurwe 2024 yagiriye uruzinduko mu Rwanda, anakirwa na Perezida Paul Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro banagirana ibiganiro.

Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo ya NTV yo muri Kenya kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, Perezida Kagame yagize ati “Nubaha Raila Odinga, nzi uburyo ahirimbana.”

Perezida Kagame kandi yashimye uburyo uyu munyapolitiki Odinga yakoze inshingano ze ubwo yari ahagarariye uyu Muryango wa AU ashinzwe Iterambere ry’Ibikorwa Remezo, inshingano yakoze kuva muri 2018 kugeza muri 2023.

Ati “Yakoze akazi keza, kandi wabonaga agakorana ubwitange no kugasobanukirwa. Rero tuzamushyigikira, kandi mwifuriza amahirwe masa.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “kandi rero si ukuzamushyigikira mu kugera ku nshingano gusa, ahubwo tuzanamushyigikira ubwo azaba azirimo, tumuhe inkunga ku bw’ineza ya Afurika.”

Mu kwezi gushize kwa Gashyantare, Odinga yari yatangaje ko kandi yizejwe kuzashyigikirwa na Perezida wa Tanzania Madamu Samia Suluhu Hassan, ndetse n’uwa Sudani y’Epfo, Salva Kiir.

Nanone kandi ashyigikiwe na Perezida wa Kenya William Ruto bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka, akaba anashyigikiwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 5 =

Previous Post

Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Next Post

Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara

Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.