Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame nyuma yo kwakira Odinga wifuza kuyobora AU yagize icyo amusezeranya

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame nyuma yo kwakira Odinga wifuza kuyobora AU yagize icyo amusezeranya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko azashyigikira Umunyapolitiki w’Umunya-Kenya Raila Odinga uri gushaka amajwi yo kuzayobora Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu gihe habura umwaka ngo habe amatora y’uzasimbura Umunya-Chad, Moussa Faki Mahamat uyoboye iyi Komisiyo ya AU muri manda ye ya kabiri, azaba muri Gashyantare umwaka utaha wa 2025.

Raila Odinga w’imyaka 78 uyoboye Ihuriro Azimio ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, yamaze gutangaza kanditire ye muri aya matora ya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Raila Odinga ukomeje gushaka abazamushyigikira, mu cyumweru gishize, tariki 08 Werurwe 2024 yagiriye uruzinduko mu Rwanda, anakirwa na Perezida Paul Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro banagirana ibiganiro.

Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo ya NTV yo muri Kenya kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, Perezida Kagame yagize ati “Nubaha Raila Odinga, nzi uburyo ahirimbana.”

Perezida Kagame kandi yashimye uburyo uyu munyapolitiki Odinga yakoze inshingano ze ubwo yari ahagarariye uyu Muryango wa AU ashinzwe Iterambere ry’Ibikorwa Remezo, inshingano yakoze kuva muri 2018 kugeza muri 2023.

Ati “Yakoze akazi keza, kandi wabonaga agakorana ubwitange no kugasobanukirwa. Rero tuzamushyigikira, kandi mwifuriza amahirwe masa.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “kandi rero si ukuzamushyigikira mu kugera ku nshingano gusa, ahubwo tuzanamushyigikira ubwo azaba azirimo, tumuhe inkunga ku bw’ineza ya Afurika.”

Mu kwezi gushize kwa Gashyantare, Odinga yari yatangaje ko kandi yizejwe kuzashyigikirwa na Perezida wa Tanzania Madamu Samia Suluhu Hassan, ndetse n’uwa Sudani y’Epfo, Salva Kiir.

Nanone kandi ashyigikiwe na Perezida wa Kenya William Ruto bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka, akaba anashyigikiwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 7 =

Previous Post

Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Next Post

Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse
FOOTBALL

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara

Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.