Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame uri muri Seychelles yagaragaje ibyo iki Gihugu gihuriyeho n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame uri muri Seychelles yagaragaje ibyo iki Gihugu gihuriyeho n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Birwa bya Seychelles, yavuze ko iki Gihugu n’u Rwanda, bifite byinshi bihuriyeho, birimo guteza imbere imibereho y’abaturage, kandi ko imikoranire n’umubano byabyo bizarushaho gutera imbere.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, ubwo yakirwaga na mugenzi we uyobora Ibirwa bya Seychelles, Wavel Ramkalawan.

Hanasinywe amasezerano anyuranye y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yabimburiwe n’ibiganiro byabaye hagati y’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Muri aya masezerano yashyizweho umukono, arimo ayo gukuraho Visa mu rwego wo koroshya urujya n’uruza hagati y’abatuye ibi Bihugu, hakaba imikoranire mu iyubahirizwa ry’amategeko, imikoraire mu gisirikare n’umutekano, gufatanya mu rwego rw’ubuhinzi, ubuzima n’ubukerarugendo.

Perezida Paul Kagame yavuze ko aya masezerano ashimangira ishyirwa mu bikorwa ry’icyerekezo Ibihugu byombi bisanzwe bihuriyeho.

Yagize ati “Seychelles n’u Rwanda bahuriye ku cyerekezo cyo guteza imbere imibereho y’abaturage bacu. Ibyo tubikesha imikoranire ya hafi tugirana n’abafatanyabikorwa bo mu karere no ku Isi muri rusange.”

Yakomeje agira ati “Iyi mikoranire y’Ibihugu byombi, igamije gushimangira imikoranire ihamye mu nzego z’ingenzi kandi zitanga inyungu ku mpande zombi, nko mu gisirikare, umutekano, ubukerarugendo, ubuhinzi n’ibindi.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko “Kuri Seychelles n’u Rwanda; ubukerarugendo ni umusingi w’iterambere ry’ubukungu, dufatanyije hari byinshi twakora kugira ngo uru rwego rurusheho gukomera. Ubukerarugendo buhanga amahirwe menshi mu ngendo zo mu kirere no koroshya ubucuruzi. Ibyo kandi birushaho koroshya ubuhahirane hagati y’Ibihugu byombi. Nubwo muri ibi bihe isi yugarijwe n’ibibazo; twe twiteguye kurushaho kwimakaza imikoranire.”

Perezida wa Seychelles, Wavel Ramkalawan yavuze ko Igihgu cye cyiteguye gukorana n’u Rwanda mu ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano. Icyakora ngo bazabyaza umusaruro amasezerano y’ubufatanye mu gisirikare n’umutekano.

Ati “Repubulika ya Seychelles n’iy’u Rwanda bazarushaho gukorana, nko mu iyubahizwa ry’amategeko; u Rwanda rufite rimwe mu mashuri meza ku Isi yigisha abapolisi. Twemeranyije ko Abapolisi bacu bazemererwa gukoresha ibikorwa remezo by’ishuri ryanyu mu nzego zose, ibyo ni na ko bimeze no mu ngabo.”

Yakomeje ashimira u Rwanda ku bw’umusanzu rukomeje gutanga mu kugarura amahoro mu Bihugu binyuranye.

Ati “U Rwanda rukomeje kugira uruhare rukomeye muri Mozambique, twese twubaha ibikorwa ingabo z’u Rwanda zakoze kugira ngo Mozambique idatsindwa. Twanabonye ko mu rwego rw’ubuhinzi u Rwanda rwerekanye itandukaniro ku Isi, ku buryo natwe tubona ko hari icyo twakwigira kuri ubwo bunararibonye. Kandi twizeye ko bizatanga umusaruro.”

Perezida w’Ibirwa bya Seychelles yavuze ko abahagarariye Igihugu cye bazajya i Kigali mu mpera z’umwaka wa 2023 mu rugendo rugamije kunoza ishyira mu bikorwa ry’iyi mikoranire mishya.

U Rwanda na Seychelles biza ku rutonde rw’Ibihugu byoroshya ishoramari ku Mugabane wa Afurika, ndetse Seychellesiza imbere y’u Rwanda mu guhashya ruswa.

Perezida Kagame yagiye muri Seychelles nk’umutumirwa mukuru mu birori bwo kwizihiza ubwigenge bw’ibi Birwa bya Seychelle bizaba kuri uyu wa 29 Kamena 2023.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda na Seychelles hari byinshi bihuriyeho
Mugenzi we uyobora Seychelles yashimiye u Rwanda by’umwihariko ku musanzu rutanga mu kugarura amahoro
Habayeho kandi gusinya amasezerano

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 1 =

Previous Post

Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Next Post

SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.