Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame uri muri Seychelles yagaragaje ibyo iki Gihugu gihuriyeho n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame uri muri Seychelles yagaragaje ibyo iki Gihugu gihuriyeho n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Birwa bya Seychelles, yavuze ko iki Gihugu n’u Rwanda, bifite byinshi bihuriyeho, birimo guteza imbere imibereho y’abaturage, kandi ko imikoranire n’umubano byabyo bizarushaho gutera imbere.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, ubwo yakirwaga na mugenzi we uyobora Ibirwa bya Seychelles, Wavel Ramkalawan.

Hanasinywe amasezerano anyuranye y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yabimburiwe n’ibiganiro byabaye hagati y’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Muri aya masezerano yashyizweho umukono, arimo ayo gukuraho Visa mu rwego wo koroshya urujya n’uruza hagati y’abatuye ibi Bihugu, hakaba imikoranire mu iyubahirizwa ry’amategeko, imikoraire mu gisirikare n’umutekano, gufatanya mu rwego rw’ubuhinzi, ubuzima n’ubukerarugendo.

Perezida Paul Kagame yavuze ko aya masezerano ashimangira ishyirwa mu bikorwa ry’icyerekezo Ibihugu byombi bisanzwe bihuriyeho.

Yagize ati “Seychelles n’u Rwanda bahuriye ku cyerekezo cyo guteza imbere imibereho y’abaturage bacu. Ibyo tubikesha imikoranire ya hafi tugirana n’abafatanyabikorwa bo mu karere no ku Isi muri rusange.”

Yakomeje agira ati “Iyi mikoranire y’Ibihugu byombi, igamije gushimangira imikoranire ihamye mu nzego z’ingenzi kandi zitanga inyungu ku mpande zombi, nko mu gisirikare, umutekano, ubukerarugendo, ubuhinzi n’ibindi.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko “Kuri Seychelles n’u Rwanda; ubukerarugendo ni umusingi w’iterambere ry’ubukungu, dufatanyije hari byinshi twakora kugira ngo uru rwego rurusheho gukomera. Ubukerarugendo buhanga amahirwe menshi mu ngendo zo mu kirere no koroshya ubucuruzi. Ibyo kandi birushaho koroshya ubuhahirane hagati y’Ibihugu byombi. Nubwo muri ibi bihe isi yugarijwe n’ibibazo; twe twiteguye kurushaho kwimakaza imikoranire.”

Perezida wa Seychelles, Wavel Ramkalawan yavuze ko Igihgu cye cyiteguye gukorana n’u Rwanda mu ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano. Icyakora ngo bazabyaza umusaruro amasezerano y’ubufatanye mu gisirikare n’umutekano.

Ati “Repubulika ya Seychelles n’iy’u Rwanda bazarushaho gukorana, nko mu iyubahizwa ry’amategeko; u Rwanda rufite rimwe mu mashuri meza ku Isi yigisha abapolisi. Twemeranyije ko Abapolisi bacu bazemererwa gukoresha ibikorwa remezo by’ishuri ryanyu mu nzego zose, ibyo ni na ko bimeze no mu ngabo.”

Yakomeje ashimira u Rwanda ku bw’umusanzu rukomeje gutanga mu kugarura amahoro mu Bihugu binyuranye.

Ati “U Rwanda rukomeje kugira uruhare rukomeye muri Mozambique, twese twubaha ibikorwa ingabo z’u Rwanda zakoze kugira ngo Mozambique idatsindwa. Twanabonye ko mu rwego rw’ubuhinzi u Rwanda rwerekanye itandukaniro ku Isi, ku buryo natwe tubona ko hari icyo twakwigira kuri ubwo bunararibonye. Kandi twizeye ko bizatanga umusaruro.”

Perezida w’Ibirwa bya Seychelles yavuze ko abahagarariye Igihugu cye bazajya i Kigali mu mpera z’umwaka wa 2023 mu rugendo rugamije kunoza ishyira mu bikorwa ry’iyi mikoranire mishya.

U Rwanda na Seychelles biza ku rutonde rw’Ibihugu byoroshya ishoramari ku Mugabane wa Afurika, ndetse Seychellesiza imbere y’u Rwanda mu guhashya ruswa.

Perezida Kagame yagiye muri Seychelles nk’umutumirwa mukuru mu birori bwo kwizihiza ubwigenge bw’ibi Birwa bya Seychelle bizaba kuri uyu wa 29 Kamena 2023.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda na Seychelles hari byinshi bihuriyeho
Mugenzi we uyobora Seychelles yashimiye u Rwanda by’umwihariko ku musanzu rutanga mu kugarura amahoro
Habayeho kandi gusinya amasezerano

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Next Post

SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.