Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame uri muri Seychelles yagaragaje ibyo iki Gihugu gihuriyeho n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame uri muri Seychelles yagaragaje ibyo iki Gihugu gihuriyeho n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Birwa bya Seychelles, yavuze ko iki Gihugu n’u Rwanda, bifite byinshi bihuriyeho, birimo guteza imbere imibereho y’abaturage, kandi ko imikoranire n’umubano byabyo bizarushaho gutera imbere.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, ubwo yakirwaga na mugenzi we uyobora Ibirwa bya Seychelles, Wavel Ramkalawan.

Hanasinywe amasezerano anyuranye y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yabimburiwe n’ibiganiro byabaye hagati y’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Muri aya masezerano yashyizweho umukono, arimo ayo gukuraho Visa mu rwego wo koroshya urujya n’uruza hagati y’abatuye ibi Bihugu, hakaba imikoranire mu iyubahirizwa ry’amategeko, imikoraire mu gisirikare n’umutekano, gufatanya mu rwego rw’ubuhinzi, ubuzima n’ubukerarugendo.

Perezida Paul Kagame yavuze ko aya masezerano ashimangira ishyirwa mu bikorwa ry’icyerekezo Ibihugu byombi bisanzwe bihuriyeho.

Yagize ati “Seychelles n’u Rwanda bahuriye ku cyerekezo cyo guteza imbere imibereho y’abaturage bacu. Ibyo tubikesha imikoranire ya hafi tugirana n’abafatanyabikorwa bo mu karere no ku Isi muri rusange.”

Yakomeje agira ati “Iyi mikoranire y’Ibihugu byombi, igamije gushimangira imikoranire ihamye mu nzego z’ingenzi kandi zitanga inyungu ku mpande zombi, nko mu gisirikare, umutekano, ubukerarugendo, ubuhinzi n’ibindi.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko “Kuri Seychelles n’u Rwanda; ubukerarugendo ni umusingi w’iterambere ry’ubukungu, dufatanyije hari byinshi twakora kugira ngo uru rwego rurusheho gukomera. Ubukerarugendo buhanga amahirwe menshi mu ngendo zo mu kirere no koroshya ubucuruzi. Ibyo kandi birushaho koroshya ubuhahirane hagati y’Ibihugu byombi. Nubwo muri ibi bihe isi yugarijwe n’ibibazo; twe twiteguye kurushaho kwimakaza imikoranire.”

Perezida wa Seychelles, Wavel Ramkalawan yavuze ko Igihgu cye cyiteguye gukorana n’u Rwanda mu ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano. Icyakora ngo bazabyaza umusaruro amasezerano y’ubufatanye mu gisirikare n’umutekano.

Ati “Repubulika ya Seychelles n’iy’u Rwanda bazarushaho gukorana, nko mu iyubahizwa ry’amategeko; u Rwanda rufite rimwe mu mashuri meza ku Isi yigisha abapolisi. Twemeranyije ko Abapolisi bacu bazemererwa gukoresha ibikorwa remezo by’ishuri ryanyu mu nzego zose, ibyo ni na ko bimeze no mu ngabo.”

Yakomeje ashimira u Rwanda ku bw’umusanzu rukomeje gutanga mu kugarura amahoro mu Bihugu binyuranye.

Ati “U Rwanda rukomeje kugira uruhare rukomeye muri Mozambique, twese twubaha ibikorwa ingabo z’u Rwanda zakoze kugira ngo Mozambique idatsindwa. Twanabonye ko mu rwego rw’ubuhinzi u Rwanda rwerekanye itandukaniro ku Isi, ku buryo natwe tubona ko hari icyo twakwigira kuri ubwo bunararibonye. Kandi twizeye ko bizatanga umusaruro.”

Perezida w’Ibirwa bya Seychelles yavuze ko abahagarariye Igihugu cye bazajya i Kigali mu mpera z’umwaka wa 2023 mu rugendo rugamije kunoza ishyira mu bikorwa ry’iyi mikoranire mishya.

U Rwanda na Seychelles biza ku rutonde rw’Ibihugu byoroshya ishoramari ku Mugabane wa Afurika, ndetse Seychellesiza imbere y’u Rwanda mu guhashya ruswa.

Perezida Kagame yagiye muri Seychelles nk’umutumirwa mukuru mu birori bwo kwizihiza ubwigenge bw’ibi Birwa bya Seychelle bizaba kuri uyu wa 29 Kamena 2023.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda na Seychelles hari byinshi bihuriyeho
Mugenzi we uyobora Seychelles yashimiye u Rwanda by’umwihariko ku musanzu rutanga mu kugarura amahoro
Habayeho kandi gusinya amasezerano

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + fifteen =

Previous Post

Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Next Post

SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.