• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo

radiotv10by radiotv10
04/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame utaherukaga i Burundi yagezeyo yitabiriye inama yigirwamo ibya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze i Burundi, yitabiriye inama idasanzwe y’abakuru b’Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yiga ku bibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umukuru w’u Rwanda yageze i Bujumbura mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Gashyantare 2023, aho ahurira n’abandi Bakuru b’Ibibuhu bigize EAC mu nteko idasanzwe yabo ya 20.

Umukuru w’u Rwanda yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatumijwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Agiye mu Burundi, nyuma yuko iki Gihugu n’u Rwanda byongeye kubura umunano wabyo nyuma yo gushyira ku murongo ibibazo byari hagati y’Ibihugu byombi kuva muri 2015.

Perezida Paul Kagame waherukaga i Burundi muri 2008, yagiye yakira intumwa zabaga zoherejwe na mugenzi we Perezida w’u Burundi, zabaga zimuzaniye ubutumwa, mu rwego rwo gushaka umuti w’ibibazo byari bimaze iminsi biri hagati y’Ibihugu byombi.

Aha mu Burundi yitabiriye inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC kandi, hamaze kugera n’abandi Baperezida, barimo uwa Kenya, William Ruto, uwa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan.

Perezida Kagame ageze i Bujumbura
Yakiranywe urugwiro

Perezida William Ruto na we yahageze

Na Madamu Samie Suluhu Hassan

Perezida Museveni na we yahageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Ibyo muri Congo byatumye hatumizwa inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu

Next Post

Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika

Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.