Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye n’Umujyanama wa America wagize uruhare mu biganiro by’u Rwanda na DRC

radiotv10by radiotv10
09/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yaganiriye n’Umujyanama wa America wagize uruhare mu biganiro by’u Rwanda na DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yahuye na Massad Boulos, Intumwa Nkuru ya Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Africa, baganira ku birebana n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Uku guhura kwa Perezida Kagame na Massad Boulos, byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 09 Ukwakira 2025.

Perezidansi ya Repubulika yatangaje ko “Perezida Kagame yahuye na Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za America kuri Africa.”

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda byakomeje bigira bivuga ko “Ibiganiro byabo byibanze ku ntambwe zikomeje guterwa mu kuzana amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari, ndetse n’imbaraga u Rwanda rukomeje gushyira mu mahoro n’umutekano birambye.”

Massad Boulos wagize uruhare mu biganiro bihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, si ubwa mbere ahuye na Perezida Paul Kagame bakagirana ibiganiro, dore ko muri Mata uyu mwaka, Umukuru w’u Rwanda yari yamwakiriye mu Biro bye muri Village Urugwiro.

Icyo Gihe Massad wagiriye uruzinduko mu Rwanda avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yari yavuze ko yagiranye ikiganiro cyiza na Perezida Kagame ku bijyanye n’ituze, amahoro n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Uyu Mujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ku Mugabane wa Afurika, ni n’umwe mu bagira uruhare runini mu biganiro America ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byanamaze kugera ku masezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington DC tariki 27 Kamena 2025.

Uwo aya Masezerano y’Amahoro yari amaze kugerwaho, Perezida Donald Trump yashimiye uyu Mujyanama we Mukuru kuri Afurika, Boulos, ku kazi gakomeye yakoze kugira ngo iyi ntambwe iterwe.

Perezida Kagame yaganiriye na Massad Boulos

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

The benefits of drinking water in the morning

Next Post

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.