Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar

radiotv10by radiotv10
12/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana ibiganiro, bigamije gukomeza guteza imbere umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Qatar.

Perezida Paul Kagame yahuye na Emir wa Qatar kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025 nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

Ubutumwa bwa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda bwatangajwe kuri uyu wa Kabiri, bugira buti “Muri iki gitondo i Doha, Perezida Kagame yahuye na Nyakubahwa Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, Emir wa Leta ya Qatar.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byavuze ko Perezida Kagame na Emir wa Qatar “baganiriye ku gukomeza guteza imbere umubano w’u Rwanda na Qatar ndetse n’imikoranire mu nzego z’ingenzi.”

Perezida Paul Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar nyuma yuko ageze muri iki Gihugu kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025, aho yagiye mu ruzinduko rw’akazi.

Ubwo Perezida Paul Kagame yageraga ku Kibuga cy’Indege kuri uyu wa Kabiri, yakiriwe n’Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dr. Ahmad bin Hassen Al-Hammadi.

Perezida Kagame yaherukaga muri Qatar mu mpera z’umwaka ushize, ubwo yitabiraga irushanwa ry’utumodoka duto rya ‘Qatar Airways Formula 1 Grand Prix 2024’

Icyo gihe kandi Umukuru w’u Rwanda na bwo yari yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani; banarebanye isozwa ry’iri siganwa ryabaye tariki 01 Ukuboza 2024.

Perezida Kagame na Emir wa Qatar bagiranye ibiganiro
Hamwe na bamwe mu bayobozi bari kumwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Uko umusore wari uri gukorera ikiyobyabwenge iwe yaguwe gitome n’uko yatahuwe

Next Post

Ibyamenyekanye ku mpanuka yahitanye ubuzima bwa benshi

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda yageneye ubutumwa ababuriye ababo mu mpanuka ikomeye

Ibyamenyekanye ku mpanuka yahitanye ubuzima bwa benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.