Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar

radiotv10by radiotv10
12/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana ibiganiro, bigamije gukomeza guteza imbere umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Qatar.

Perezida Paul Kagame yahuye na Emir wa Qatar kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025 nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

Ubutumwa bwa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda bwatangajwe kuri uyu wa Kabiri, bugira buti “Muri iki gitondo i Doha, Perezida Kagame yahuye na Nyakubahwa Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, Emir wa Leta ya Qatar.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byavuze ko Perezida Kagame na Emir wa Qatar “baganiriye ku gukomeza guteza imbere umubano w’u Rwanda na Qatar ndetse n’imikoranire mu nzego z’ingenzi.”

Perezida Paul Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar nyuma yuko ageze muri iki Gihugu kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025, aho yagiye mu ruzinduko rw’akazi.

Ubwo Perezida Paul Kagame yageraga ku Kibuga cy’Indege kuri uyu wa Kabiri, yakiriwe n’Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dr. Ahmad bin Hassen Al-Hammadi.

Perezida Kagame yaherukaga muri Qatar mu mpera z’umwaka ushize, ubwo yitabiraga irushanwa ry’utumodoka duto rya ‘Qatar Airways Formula 1 Grand Prix 2024’

Icyo gihe kandi Umukuru w’u Rwanda na bwo yari yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani; banarebanye isozwa ry’iri siganwa ryabaye tariki 01 Ukuboza 2024.

Perezida Kagame na Emir wa Qatar bagiranye ibiganiro
Hamwe na bamwe mu bayobozi bari kumwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + six =

Previous Post

Uko umusore wari uri gukorera ikiyobyabwenge iwe yaguwe gitome n’uko yatahuwe

Next Post

Ibyamenyekanye ku mpanuka yahitanye ubuzima bwa benshi

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda yageneye ubutumwa ababuriye ababo mu mpanuka ikomeye

Ibyamenyekanye ku mpanuka yahitanye ubuzima bwa benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.