Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Urwego rumwe rwo mu Butasi muri America

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Urwego rumwe rwo mu Butasi muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi wa Komisiyo yo mu Nteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za America, ishinzwe ubutasi n’Ibikorwa bidasanzwe mu bya gisirikare, bagirana ibiganiro ku ngingo zinyuranye zirimo ibijyanye n’amahoro mu karere.

Perezida Kagame yakiriye uyu Mushingamategeko Dr. Ronny Jackson kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Werurwe 2025, mu Biro bye muri Village Urugwiro.

Ubutumwa bwatanzwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, buvuga ko “Perezida Kagame yakiriye Umushingamategeko mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, Dr. Ronny Jackson, Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe serivisi za gisirikare mu by’ubutasi n’ibikorwa byihariye, baganira ku mikorenire isanzwe hagati y’Ibihugu byombi no guteza imbere amahoro mu karere.”

Uyu Mushingamategeko n’itsinda ayoboye bari baherekejwe na bamwe mu bayobozi mu nzego Nkuru z’u Rwanda, barimo Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (NISS), Aimable Havugiyaremye, ndetse n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda.

Ni uruzinduko rubaye mu gihe mu karere u Rwanda ruherereyemo harimo ibibazo by’umutekano byumwihariko mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byanazamuye umwuka mubi mu mubano hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Leta Zunze Ubumwe za America, ni kimwe mu Bihugu byakunze gushimangira ko ibibazo byo mu Burasirazuba bwa DRC, bizakemurwa binyuze mu nzira z’ibiganiro, ndetse Guverinoma y’iki Gihugu ikaba yarakunze gusaba ubutegetsi bwa Congo gushakira umuti ikibazo umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Mu kiganiro Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yagiranye n’itangazamakuru muri Mutarama uyu mwaka, yabajijwe ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, ntiyagira byinshi abivugaho, gusa avuga ko ari ibibazo bikomeye.

Dr. Ronny Jackson yari kumwe na bamwe mu bayobozi mu Nzego Nkuru z’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twelve =

Previous Post

Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y’akababaro

Next Post

Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

IZIHERUKA

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo
MU RWANDA

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

26/11/2025
Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

26/11/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse

Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.