Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Urwego rumwe rwo mu Butasi muri America

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Urwego rumwe rwo mu Butasi muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi wa Komisiyo yo mu Nteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za America, ishinzwe ubutasi n’Ibikorwa bidasanzwe mu bya gisirikare, bagirana ibiganiro ku ngingo zinyuranye zirimo ibijyanye n’amahoro mu karere.

Perezida Kagame yakiriye uyu Mushingamategeko Dr. Ronny Jackson kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Werurwe 2025, mu Biro bye muri Village Urugwiro.

Ubutumwa bwatanzwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, buvuga ko “Perezida Kagame yakiriye Umushingamategeko mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, Dr. Ronny Jackson, Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe serivisi za gisirikare mu by’ubutasi n’ibikorwa byihariye, baganira ku mikorenire isanzwe hagati y’Ibihugu byombi no guteza imbere amahoro mu karere.”

Uyu Mushingamategeko n’itsinda ayoboye bari baherekejwe na bamwe mu bayobozi mu nzego Nkuru z’u Rwanda, barimo Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (NISS), Aimable Havugiyaremye, ndetse n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda.

Ni uruzinduko rubaye mu gihe mu karere u Rwanda ruherereyemo harimo ibibazo by’umutekano byumwihariko mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byanazamuye umwuka mubi mu mubano hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Leta Zunze Ubumwe za America, ni kimwe mu Bihugu byakunze gushimangira ko ibibazo byo mu Burasirazuba bwa DRC, bizakemurwa binyuze mu nzira z’ibiganiro, ndetse Guverinoma y’iki Gihugu ikaba yarakunze gusaba ubutegetsi bwa Congo gushakira umuti ikibazo umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Mu kiganiro Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yagiranye n’itangazamakuru muri Mutarama uyu mwaka, yabajijwe ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, ntiyagira byinshi abivugaho, gusa avuga ko ari ibibazo bikomeye.

Dr. Ronny Jackson yari kumwe na bamwe mu bayobozi mu Nzego Nkuru z’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 8 =

Previous Post

Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y’akababaro

Next Post

Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse

Related Posts

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

According to the National Institute of Statistics (NISR), Rwanda’s trade deficit narrowed by 12.5% in the second quarter of 2025...

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

by radiotv10
17/09/2025
0

Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda (RCS) rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’urundi nkarwo rwo muri Maroc, yitezweho gusangizanya ubumenyi n’ubunararibonye mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse

Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.