Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuva hatangizwa Ihuriro ry’imikoranire hagati y’u Bushinwa na Afurika, hakomeje kugaragara umusaruro ushimishije mu nzego zinyuranye, nko mu bucuruzi no mu mikoranire mu by’inganda.

Umukuru w’u Rwanda yabitangarije mu Bushinwa kuri uyu wa Kane tariki 05 Nzeri 2024 ku munsi wanatangirijweho iyi nama yahuje u Bushinwa na Afurika izwi nka ‘China-Africa Cooperation’.

Ni mu kiganiro cyo ku rwego rwo hejuru cyayobowe n’abarimo Perezida Paul Kagame, afatanyije na Zhao Leji, Chairman wa Komite y’Ishyaka, cyagarutse ku miyoborere y’Ibihugu iganisha Igihugu ku majyambere.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko imikoranire ari ingenzi muri iki gihe Isi yugarijwe n’ingorane, zisaba guhuza imbaraga kugira ngo Ibihugu bibashe kuzikuramo, ndetse binabashe gusangira amahirwe ahari.

Yagize ati “Mu gihe hari kwaduka imbogamizi n’amahirwe ku Isi, twizera ko ubu bufatanye hagati ya Afurika n’u Bushinwa ari bwo buzarushaho kwaguka no kugira imbaraga.”

Iyi nama ibaye ku nshuro yayo ya cyenda, yaje ikurikira izindi zagiye zihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika n’uw’u Bushinwa, haganirwa ku byakomeza guha imbaraga imikoranire y’iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika.

Perezida Paul Kagame yagize ati “Kuva hatangizwa iri huriro ku mikoranire y’u Bushinwa na Afurika, twageze kuri byinshi bifatika mu bucuruzi, mu mikoranire mu by’inganda ndetse no mu migenderanire y’abaturage, bigaragaza akamaro k’imikoranire y’ibice by’amajyepfo.”

Yakomeje agira ati “Afurika yiteguye gikomeza kubakira kuri ubu bufatanye bukomeje gutera imbere, by’umwihariko binyuze mu ntego eshatu, z’Amajyambere, Umutekano ndetse n’Ubumenyi, zatanzweho inama na Perezida Xi Jinping.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko ariko kugira ngo ibi bikomeze kugerwaho, hakenewe Guverinoma zishikamye, ziterana inkunga mu bikorwa biganisha abaturage aheza.

Perezida Kagame ni umwe mu bari bayoboye iki kiganiro
Yagaragaje ko Afurika yiteguye gukomeza gukorana n’u Bushinwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 1 =

Previous Post

America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

Next Post

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Related Posts

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo
AMAHANGA

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n'imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.