Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuva hatangizwa Ihuriro ry’imikoranire hagati y’u Bushinwa na Afurika, hakomeje kugaragara umusaruro ushimishije mu nzego zinyuranye, nko mu bucuruzi no mu mikoranire mu by’inganda.

Umukuru w’u Rwanda yabitangarije mu Bushinwa kuri uyu wa Kane tariki 05 Nzeri 2024 ku munsi wanatangirijweho iyi nama yahuje u Bushinwa na Afurika izwi nka ‘China-Africa Cooperation’.

Ni mu kiganiro cyo ku rwego rwo hejuru cyayobowe n’abarimo Perezida Paul Kagame, afatanyije na Zhao Leji, Chairman wa Komite y’Ishyaka, cyagarutse ku miyoborere y’Ibihugu iganisha Igihugu ku majyambere.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko imikoranire ari ingenzi muri iki gihe Isi yugarijwe n’ingorane, zisaba guhuza imbaraga kugira ngo Ibihugu bibashe kuzikuramo, ndetse binabashe gusangira amahirwe ahari.

Yagize ati “Mu gihe hari kwaduka imbogamizi n’amahirwe ku Isi, twizera ko ubu bufatanye hagati ya Afurika n’u Bushinwa ari bwo buzarushaho kwaguka no kugira imbaraga.”

Iyi nama ibaye ku nshuro yayo ya cyenda, yaje ikurikira izindi zagiye zihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika n’uw’u Bushinwa, haganirwa ku byakomeza guha imbaraga imikoranire y’iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika.

Perezida Paul Kagame yagize ati “Kuva hatangizwa iri huriro ku mikoranire y’u Bushinwa na Afurika, twageze kuri byinshi bifatika mu bucuruzi, mu mikoranire mu by’inganda ndetse no mu migenderanire y’abaturage, bigaragaza akamaro k’imikoranire y’ibice by’amajyepfo.”

Yakomeje agira ati “Afurika yiteguye gikomeza kubakira kuri ubu bufatanye bukomeje gutera imbere, by’umwihariko binyuze mu ntego eshatu, z’Amajyambere, Umutekano ndetse n’Ubumenyi, zatanzweho inama na Perezida Xi Jinping.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko ariko kugira ngo ibi bikomeze kugerwaho, hakenewe Guverinoma zishikamye, ziterana inkunga mu bikorwa biganisha abaturage aheza.

Perezida Kagame ni umwe mu bari bayoboye iki kiganiro
Yagaragaje ko Afurika yiteguye gukomeza gukorana n’u Bushinwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 15 =

Previous Post

America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

Next Post

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n'imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.