Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuva hatangizwa Ihuriro ry’imikoranire hagati y’u Bushinwa na Afurika, hakomeje kugaragara umusaruro ushimishije mu nzego zinyuranye, nko mu bucuruzi no mu mikoranire mu by’inganda.

Umukuru w’u Rwanda yabitangarije mu Bushinwa kuri uyu wa Kane tariki 05 Nzeri 2024 ku munsi wanatangirijweho iyi nama yahuje u Bushinwa na Afurika izwi nka ‘China-Africa Cooperation’.

Ni mu kiganiro cyo ku rwego rwo hejuru cyayobowe n’abarimo Perezida Paul Kagame, afatanyije na Zhao Leji, Chairman wa Komite y’Ishyaka, cyagarutse ku miyoborere y’Ibihugu iganisha Igihugu ku majyambere.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko imikoranire ari ingenzi muri iki gihe Isi yugarijwe n’ingorane, zisaba guhuza imbaraga kugira ngo Ibihugu bibashe kuzikuramo, ndetse binabashe gusangira amahirwe ahari.

Yagize ati “Mu gihe hari kwaduka imbogamizi n’amahirwe ku Isi, twizera ko ubu bufatanye hagati ya Afurika n’u Bushinwa ari bwo buzarushaho kwaguka no kugira imbaraga.”

Iyi nama ibaye ku nshuro yayo ya cyenda, yaje ikurikira izindi zagiye zihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika n’uw’u Bushinwa, haganirwa ku byakomeza guha imbaraga imikoranire y’iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika.

Perezida Paul Kagame yagize ati “Kuva hatangizwa iri huriro ku mikoranire y’u Bushinwa na Afurika, twageze kuri byinshi bifatika mu bucuruzi, mu mikoranire mu by’inganda ndetse no mu migenderanire y’abaturage, bigaragaza akamaro k’imikoranire y’ibice by’amajyepfo.”

Yakomeje agira ati “Afurika yiteguye gikomeza kubakira kuri ubu bufatanye bukomeje gutera imbere, by’umwihariko binyuze mu ntego eshatu, z’Amajyambere, Umutekano ndetse n’Ubumenyi, zatanzweho inama na Perezida Xi Jinping.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko ariko kugira ngo ibi bikomeze kugerwaho, hakenewe Guverinoma zishikamye, ziterana inkunga mu bikorwa biganisha abaturage aheza.

Perezida Kagame ni umwe mu bari bayoboye iki kiganiro
Yagaragaje ko Afurika yiteguye gukomeza gukorana n’u Bushinwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − six =

Previous Post

America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

Next Post

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Related Posts

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n'imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.