Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragarije urubyiruko uko ibigoye bitarubuza kugera ku ntego zarwo

radiotv10by radiotv10
07/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragarije urubyiruko uko ibigoye bitarubuza kugera ku ntego zarwo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko kutemera ko imbogamizi ziriho zibabuza kugerageza amahirwe ariho, arwibutsa ko kugira ngo rugire icyo rugeraho, birusaba gukora cyane.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Kamena 2024, mu muhango yayoboye wo gushyikiriza impamyabumenyi abanyeshuri 431 barangije muri Kaminuza Nyafurika y’Imiyoborere, ALU (African Leadership University).

Perezida Kagame wifurije ishya n’ihirwe aba basoje amasomo muri ALU, yavuze ko ubumenyi bavomye muri iri shuri, atari ubwo kubagirira akamaro bo ubwabo gusa, ahubwo n’abo mu miryango migari yo mu Bihugu bakomokamo.

Ati “Kugera ku ntego ntabwo bigarukira ku musaruro w’umuntu ku giti cye, ahubwo bijyana no gushyikira ubuyobozi.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko iyi kaminuza itanga urugero rwiza rwo kuba Umugabane wa Afurika wakwishakamo ibisubizo by’ibibazo ufite, bigahera mu burezi.

Ati “Iyi kaminuza iratwibutsa ko muri Afurika dufite ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo. Hari imyumvire itari ukuri yo kumva ko abantu barambiriza ku bandi banadutegeka ibyo tugomba gukora rimwe na rimwe biba bifite ingaruka. Dukeneye gufata inshingano ku bidukwiye kandi tukiyimvamo ko tugomba gukora n’ibirenze.

Byose bitangirira ku buryo twigisha abana bacu no gukuza imyumvire yabo ndetse no kubafasha kumva ko Afurika iri mu biganza byabo.”

Perezida Kagame yavuze ko iyi kaminuza izana ibisubizo bikenewe muri Afurika, kuko irera urubyiruko rufite ubumenyi mu guhanga udushya tuzana ibisubizo by’ibibazo bicyugarije Abanyafurika.

Yasabye uru rubyiruko rwa Afurika kuzabyaza umusaruro amasomo bakuye muri iyi kaminuza, bagatanga umusanzu mu guteza imbere Ibihugu byabo, ariko ko inzira ikiri ndende kandi ko bazayihuriramo n’imbogamizi zinyuranye.

Ati “Inama nabagira, ni ukutemera ko imbogamizi zibatsikamira ngo zihindure abo muri bo, ngo zitume mucika intege. Ntimuzemere gucika intege, muzitware neza kandi nanone mwubahe abandi mubafate neza nk’uko namwe mwifuza ko babafata.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko nk’u Rwanda hari amasomo menshi rwize mu kunyura mu bikomeye, yarufashije kwikura mu ngaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi yasize Igihugu ari umuyonga, ku buryo kucyubaka byahereye ku busa, ariko bikaba byarashobotse.

Ati “Nta nzira yari ihari y’uburyo twashoboraga kwikura muri Jenoside. Twagombaga kwiha inshingano ko ari twe bireba. Umusaruro ntabwo wari kuza ako kanya […] Twakomeje kugerageza, kandi twabonye ibisubizo byatanze umusaruro ku Gihugu cyacu. Igihe cyose mujye mugerageza, wenda mutsindwe, ariko ntimuzatsindwe no kugerageza.”

Perezida Kagame yasabye uru rubyiruko kwiyumvamo ko bafite ubushobozi, ubundi bagakora cyane, kugira ngo bagire ibyo bageraho mu buzima bwabo kuko aho isi igeze bisaba gukora cyane.  Ati “Ibyiza biri imbere.”

Muri uyu muhango kandi, Umukuru w’u Rwanda yashyikirijwe igihembo cy’ishimwe cyo yarakomeje kuba indashyikirwa mu miyoborere iteza imbere kwihangira imirimo, ikomeje gufasha u Rwanda kugera ku iterambere.

Perezida Kagame ubwo yageraga kuri Kaminuza ya ALU
Perezida Kagame yayoboye umuhango wo guha impamyabumenyi abarangije muri ALU

Perezida Kagame yashimiye abanyeshuri bitwaye neza

Umukuru w’u Rwanda yanahawe igihembo cy’ishimwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Umufaransa utarahiriwe akigera i Burundi yagaragaje noneho byahindutse

Next Post

Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.