Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragarije urubyiruko uko ibigoye bitarubuza kugera ku ntego zarwo

radiotv10by radiotv10
07/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragarije urubyiruko uko ibigoye bitarubuza kugera ku ntego zarwo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko kutemera ko imbogamizi ziriho zibabuza kugerageza amahirwe ariho, arwibutsa ko kugira ngo rugire icyo rugeraho, birusaba gukora cyane.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Kamena 2024, mu muhango yayoboye wo gushyikiriza impamyabumenyi abanyeshuri 431 barangije muri Kaminuza Nyafurika y’Imiyoborere, ALU (African Leadership University).

Perezida Kagame wifurije ishya n’ihirwe aba basoje amasomo muri ALU, yavuze ko ubumenyi bavomye muri iri shuri, atari ubwo kubagirira akamaro bo ubwabo gusa, ahubwo n’abo mu miryango migari yo mu Bihugu bakomokamo.

Ati “Kugera ku ntego ntabwo bigarukira ku musaruro w’umuntu ku giti cye, ahubwo bijyana no gushyikira ubuyobozi.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko iyi kaminuza itanga urugero rwiza rwo kuba Umugabane wa Afurika wakwishakamo ibisubizo by’ibibazo ufite, bigahera mu burezi.

Ati “Iyi kaminuza iratwibutsa ko muri Afurika dufite ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo. Hari imyumvire itari ukuri yo kumva ko abantu barambiriza ku bandi banadutegeka ibyo tugomba gukora rimwe na rimwe biba bifite ingaruka. Dukeneye gufata inshingano ku bidukwiye kandi tukiyimvamo ko tugomba gukora n’ibirenze.

Byose bitangirira ku buryo twigisha abana bacu no gukuza imyumvire yabo ndetse no kubafasha kumva ko Afurika iri mu biganza byabo.”

Perezida Kagame yavuze ko iyi kaminuza izana ibisubizo bikenewe muri Afurika, kuko irera urubyiruko rufite ubumenyi mu guhanga udushya tuzana ibisubizo by’ibibazo bicyugarije Abanyafurika.

Yasabye uru rubyiruko rwa Afurika kuzabyaza umusaruro amasomo bakuye muri iyi kaminuza, bagatanga umusanzu mu guteza imbere Ibihugu byabo, ariko ko inzira ikiri ndende kandi ko bazayihuriramo n’imbogamizi zinyuranye.

Ati “Inama nabagira, ni ukutemera ko imbogamizi zibatsikamira ngo zihindure abo muri bo, ngo zitume mucika intege. Ntimuzemere gucika intege, muzitware neza kandi nanone mwubahe abandi mubafate neza nk’uko namwe mwifuza ko babafata.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko nk’u Rwanda hari amasomo menshi rwize mu kunyura mu bikomeye, yarufashije kwikura mu ngaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi yasize Igihugu ari umuyonga, ku buryo kucyubaka byahereye ku busa, ariko bikaba byarashobotse.

Ati “Nta nzira yari ihari y’uburyo twashoboraga kwikura muri Jenoside. Twagombaga kwiha inshingano ko ari twe bireba. Umusaruro ntabwo wari kuza ako kanya […] Twakomeje kugerageza, kandi twabonye ibisubizo byatanze umusaruro ku Gihugu cyacu. Igihe cyose mujye mugerageza, wenda mutsindwe, ariko ntimuzatsindwe no kugerageza.”

Perezida Kagame yasabye uru rubyiruko kwiyumvamo ko bafite ubushobozi, ubundi bagakora cyane, kugira ngo bagire ibyo bageraho mu buzima bwabo kuko aho isi igeze bisaba gukora cyane.  Ati “Ibyiza biri imbere.”

Muri uyu muhango kandi, Umukuru w’u Rwanda yashyikirijwe igihembo cy’ishimwe cyo yarakomeje kuba indashyikirwa mu miyoborere iteza imbere kwihangira imirimo, ikomeje gufasha u Rwanda kugera ku iterambere.

Perezida Kagame ubwo yageraga kuri Kaminuza ya ALU
Perezida Kagame yayoboye umuhango wo guha impamyabumenyi abarangije muri ALU

Perezida Kagame yashimiye abanyeshuri bitwaye neza

Umukuru w’u Rwanda yanahawe igihembo cy’ishimwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 8 =

Previous Post

Umufaransa utarahiriwe akigera i Burundi yagaragaje noneho byahindutse

Next Post

Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka
AMAHANGA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.