Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragarije urubyiruko uko ibigoye bitarubuza kugera ku ntego zarwo

radiotv10by radiotv10
07/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragarije urubyiruko uko ibigoye bitarubuza kugera ku ntego zarwo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko kutemera ko imbogamizi ziriho zibabuza kugerageza amahirwe ariho, arwibutsa ko kugira ngo rugire icyo rugeraho, birusaba gukora cyane.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Kamena 2024, mu muhango yayoboye wo gushyikiriza impamyabumenyi abanyeshuri 431 barangije muri Kaminuza Nyafurika y’Imiyoborere, ALU (African Leadership University).

Perezida Kagame wifurije ishya n’ihirwe aba basoje amasomo muri ALU, yavuze ko ubumenyi bavomye muri iri shuri, atari ubwo kubagirira akamaro bo ubwabo gusa, ahubwo n’abo mu miryango migari yo mu Bihugu bakomokamo.

Ati “Kugera ku ntego ntabwo bigarukira ku musaruro w’umuntu ku giti cye, ahubwo bijyana no gushyikira ubuyobozi.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko iyi kaminuza itanga urugero rwiza rwo kuba Umugabane wa Afurika wakwishakamo ibisubizo by’ibibazo ufite, bigahera mu burezi.

Ati “Iyi kaminuza iratwibutsa ko muri Afurika dufite ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo. Hari imyumvire itari ukuri yo kumva ko abantu barambiriza ku bandi banadutegeka ibyo tugomba gukora rimwe na rimwe biba bifite ingaruka. Dukeneye gufata inshingano ku bidukwiye kandi tukiyimvamo ko tugomba gukora n’ibirenze.

Byose bitangirira ku buryo twigisha abana bacu no gukuza imyumvire yabo ndetse no kubafasha kumva ko Afurika iri mu biganza byabo.”

Perezida Kagame yavuze ko iyi kaminuza izana ibisubizo bikenewe muri Afurika, kuko irera urubyiruko rufite ubumenyi mu guhanga udushya tuzana ibisubizo by’ibibazo bicyugarije Abanyafurika.

Yasabye uru rubyiruko rwa Afurika kuzabyaza umusaruro amasomo bakuye muri iyi kaminuza, bagatanga umusanzu mu guteza imbere Ibihugu byabo, ariko ko inzira ikiri ndende kandi ko bazayihuriramo n’imbogamizi zinyuranye.

Ati “Inama nabagira, ni ukutemera ko imbogamizi zibatsikamira ngo zihindure abo muri bo, ngo zitume mucika intege. Ntimuzemere gucika intege, muzitware neza kandi nanone mwubahe abandi mubafate neza nk’uko namwe mwifuza ko babafata.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko nk’u Rwanda hari amasomo menshi rwize mu kunyura mu bikomeye, yarufashije kwikura mu ngaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi yasize Igihugu ari umuyonga, ku buryo kucyubaka byahereye ku busa, ariko bikaba byarashobotse.

Ati “Nta nzira yari ihari y’uburyo twashoboraga kwikura muri Jenoside. Twagombaga kwiha inshingano ko ari twe bireba. Umusaruro ntabwo wari kuza ako kanya […] Twakomeje kugerageza, kandi twabonye ibisubizo byatanze umusaruro ku Gihugu cyacu. Igihe cyose mujye mugerageza, wenda mutsindwe, ariko ntimuzatsindwe no kugerageza.”

Perezida Kagame yasabye uru rubyiruko kwiyumvamo ko bafite ubushobozi, ubundi bagakora cyane, kugira ngo bagire ibyo bageraho mu buzima bwabo kuko aho isi igeze bisaba gukora cyane.  Ati “Ibyiza biri imbere.”

Muri uyu muhango kandi, Umukuru w’u Rwanda yashyikirijwe igihembo cy’ishimwe cyo yarakomeje kuba indashyikirwa mu miyoborere iteza imbere kwihangira imirimo, ikomeje gufasha u Rwanda kugera ku iterambere.

Perezida Kagame ubwo yageraga kuri Kaminuza ya ALU
Perezida Kagame yayoboye umuhango wo guha impamyabumenyi abarangije muri ALU

Perezida Kagame yashimiye abanyeshuri bitwaye neza

Umukuru w’u Rwanda yanahawe igihembo cy’ishimwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Umufaransa utarahiriwe akigera i Burundi yagaragaje noneho byahindutse

Next Post

Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.