Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abayisilamu ku munsi mukuru wabo

radiotv10by radiotv10
31/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abayisilamu ku munsi mukuru wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yifurije Abayisilamu bo mu Rwanda n’abandi ku Isi hose, kugira umunsi mwiza wo gusoza Igisibo cy’Ukwezi Gutagatifu kwa Ramadhan (Eid al-Fitr), abasaba gukomeza kurangwa n’indangagaciro z’impuhwe n’ubumwe.

Umukuru w’u Rwanda yifurije Abayisilamu uyu munsi mwiza, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri iki Cyumweru tariki 30 Werurwe 2025.

Perezida Paul Kagame yagize ati “Eid Mubarak ku Bayisilamu bose bo mu Rwanda n’abandi hose ku Isi mwizihije Eid al-Fitr.”

Yakomeje yifuriza Abayisilamu bose ko uyu munsi “Ubabera uw’amahoro, ibyishimo n’uburumbuke. Mureke dukomeze kwimakaza indangagaciro z’impuhwe, ubumwe n’urugwiro kuri bose binafite igisobanuro mu kwizihiza uyu munsi.”

Ubwo hizihizwaga uyu munsi, Mufti w’u Rwanda Sheikh Sindayigaya Musa yashimiye Leta y’u Rwanda ku bw’umutekano uri mu Gihugu, avuga ko ari wo musingi wa byose, ndetse ari na wo utuma abo muri iri dini babasha kwizihiza umunsi nk’uyu.

Yagize ati “Iyo umutekano uhari, bwa bukungu na ya mafunguro na bwa bukire ni bwo bituryohera, kuko ntawaryoherwa n’amafunguro ari munsi y’intambara, ari munsi y’amasasu. Ubwo bukungu ntacyo bwamara nta n’uburyohe wagira, ni yo mpamvu intumwa y’Imana Ibrahim yabanje gusaba ingabire y’umutekano.”

Sheikh Sindayigaya Musa kandi yibukije Abayisilamu bo mu Rwanda ko Abanyarwanda bagiye kwinjira mu cyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba kuzubahiriza gahunda zose ziteganyijwe muri ibi bihe, kandi bakanaba hafi abarokotse Jenoside.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twelve =

Previous Post

Rayon y’Abagore ikomeje kumwenyura: Yegukanye ikindi gikombe nyuma y’icyumweru itwaye Shampiyona

Next Post

Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza

Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.