Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye abayobozi batandukanye ndetse n’inshuti z’u Rwanda barufashe mu mugongo ku bw’ibiza by’imyuzure n’inkangu byahitanye ubuzima bw’Abanyarwanda 135.

Mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira tariki 03 Gicurasi 2023, mu Rwanda habaye ibiza bidasanzwe byibasiye ibice binyuranye by’Intara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’Amajyepfo.

Ibi biza byahitanye Abanyarwanda 135, bikomeretsa abandi 110, biganjemo abo mu Turere tw’Intara y’Iburengerazuba.

Guverinoma z’ibihugu bitandukanye, abayobozi banyuranye ndetse n’abantu ku giti cyabo ku Isi, bageneye u Rwanda ubutumwa bwo kwihanganisha ku bwo kubura Abanyarwanda bishwe n’ibi biza.

Perezida Paul Kagame yashimiye abafashe u Rwanda mu mugongo bose, nkuko bikubiye mu butumwa yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023.

Yagize ati “Mwarakoze mwese abayobozi n’inshuti mwatwoherereje ubutumwa bwo kutwihanganisha nyuma y’ababuriye ubuzima mu myuzure n’inkangu bidasanzwe byabaye mu Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Twishimiye kuba mwarifatanyije natwe n’inkunga mwageneye Abanyarwanda.”

Perezida Kagame yasoje ubutumwa bwe avuga ko mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje gusana ibyangijwe n’ibiza no guha ubufasha abagizweho ingaruka na byo, ubwo butumwa bukomeje koherezwa, bwibutsa u Rwanda ko ruzatsinda.

Umukuru w’u Rwanda kandi yakomeje kugaragaza ko ari kumwe n’abagiriye ibyago muri ibi biza, kuko bikimara kuba yageneye ubutumwa imiryango y’ababiburiyemo ababo ndetse n’ababikomereyemo, n’abandi bose byagizeho ingaruka.

Muri ubwo butumwa bwe, Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Tubabajwe cyane kandi twihanganishije imiryango y’abahitanywe n’inkangu n’imyuzure byibasiriye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ijoro ryakeye. Turakora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo gikomeye. Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi.”

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 12 Gicurasi 2023, Perezida Kagame kandi yanasuye Intara y’Iburengerazuba, byumwihariko mu Karere ka Rubavu kashegeshwe n’ibi biza, aho yasuye ibikorwa binyuranye byangijwe nabyo, ndetse akanabonana na bamwe mu bagizweho ingaruka nabyo, akabagenera ubutumwa.

Mu butumwa bwo kubihanganisha, Perezida Paul Kagame yagize ati “Uko muhangayitse natwe biraduhangayikishije, kubona uko mumeze, ndetse tunashakisha ibishoboka byose kugira ngo dushobore kubafasha muri ibi bihe bitoroshye murimo.”

Abagizweho ingaruka n’ibi biza, na bo bashimiye Umukuru w’u Rwanda kuba akomeje kubaba hafi ndetse no kuba Leta y’u Rwanda ikomeje gukora ibishoboka byose ngo ibagenere ibyo bakeneye by’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + sixteen =

Previous Post

Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

Next Post

Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.