Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye abayobozi batandukanye ndetse n’inshuti z’u Rwanda barufashe mu mugongo ku bw’ibiza by’imyuzure n’inkangu byahitanye ubuzima bw’Abanyarwanda 135.

Mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira tariki 03 Gicurasi 2023, mu Rwanda habaye ibiza bidasanzwe byibasiye ibice binyuranye by’Intara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’Amajyepfo.

Ibi biza byahitanye Abanyarwanda 135, bikomeretsa abandi 110, biganjemo abo mu Turere tw’Intara y’Iburengerazuba.

Guverinoma z’ibihugu bitandukanye, abayobozi banyuranye ndetse n’abantu ku giti cyabo ku Isi, bageneye u Rwanda ubutumwa bwo kwihanganisha ku bwo kubura Abanyarwanda bishwe n’ibi biza.

Perezida Paul Kagame yashimiye abafashe u Rwanda mu mugongo bose, nkuko bikubiye mu butumwa yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023.

Yagize ati “Mwarakoze mwese abayobozi n’inshuti mwatwoherereje ubutumwa bwo kutwihanganisha nyuma y’ababuriye ubuzima mu myuzure n’inkangu bidasanzwe byabaye mu Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Twishimiye kuba mwarifatanyije natwe n’inkunga mwageneye Abanyarwanda.”

Perezida Kagame yasoje ubutumwa bwe avuga ko mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje gusana ibyangijwe n’ibiza no guha ubufasha abagizweho ingaruka na byo, ubwo butumwa bukomeje koherezwa, bwibutsa u Rwanda ko ruzatsinda.

Umukuru w’u Rwanda kandi yakomeje kugaragaza ko ari kumwe n’abagiriye ibyago muri ibi biza, kuko bikimara kuba yageneye ubutumwa imiryango y’ababiburiyemo ababo ndetse n’ababikomereyemo, n’abandi bose byagizeho ingaruka.

Muri ubwo butumwa bwe, Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Tubabajwe cyane kandi twihanganishije imiryango y’abahitanywe n’inkangu n’imyuzure byibasiriye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ijoro ryakeye. Turakora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo gikomeye. Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi.”

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 12 Gicurasi 2023, Perezida Kagame kandi yanasuye Intara y’Iburengerazuba, byumwihariko mu Karere ka Rubavu kashegeshwe n’ibi biza, aho yasuye ibikorwa binyuranye byangijwe nabyo, ndetse akanabonana na bamwe mu bagizweho ingaruka nabyo, akabagenera ubutumwa.

Mu butumwa bwo kubihanganisha, Perezida Paul Kagame yagize ati “Uko muhangayitse natwe biraduhangayikishije, kubona uko mumeze, ndetse tunashakisha ibishoboka byose kugira ngo dushobore kubafasha muri ibi bihe bitoroshye murimo.”

Abagizweho ingaruka n’ibi biza, na bo bashimiye Umukuru w’u Rwanda kuba akomeje kubaba hafi ndetse no kuba Leta y’u Rwanda ikomeje gukora ibishoboka byose ngo ibagenere ibyo bakeneye by’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + twenty =

Previous Post

Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

Next Post

Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

by radiotv10
30/05/2025
0

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri...

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

by radiotv10
30/05/2025
0

Alain Numa, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yifashishije ifoto asangira ifunguro n’abayenshuri, yagaragaje ko yishimira uruhare...

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

by radiotv10
30/05/2025
0

Umusaza w’imyaka 62 wo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore uvugwaho kwicuruza...

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

by radiotv10
30/05/2025
0

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze...

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

by radiotv10
30/05/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y'Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.