Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye abayobozi batandukanye ndetse n’inshuti z’u Rwanda barufashe mu mugongo ku bw’ibiza by’imyuzure n’inkangu byahitanye ubuzima bw’Abanyarwanda 135.

Mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira tariki 03 Gicurasi 2023, mu Rwanda habaye ibiza bidasanzwe byibasiye ibice binyuranye by’Intara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’Amajyepfo.

Ibi biza byahitanye Abanyarwanda 135, bikomeretsa abandi 110, biganjemo abo mu Turere tw’Intara y’Iburengerazuba.

Guverinoma z’ibihugu bitandukanye, abayobozi banyuranye ndetse n’abantu ku giti cyabo ku Isi, bageneye u Rwanda ubutumwa bwo kwihanganisha ku bwo kubura Abanyarwanda bishwe n’ibi biza.

Perezida Paul Kagame yashimiye abafashe u Rwanda mu mugongo bose, nkuko bikubiye mu butumwa yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023.

Yagize ati “Mwarakoze mwese abayobozi n’inshuti mwatwoherereje ubutumwa bwo kutwihanganisha nyuma y’ababuriye ubuzima mu myuzure n’inkangu bidasanzwe byabaye mu Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Twishimiye kuba mwarifatanyije natwe n’inkunga mwageneye Abanyarwanda.”

Perezida Kagame yasoje ubutumwa bwe avuga ko mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje gusana ibyangijwe n’ibiza no guha ubufasha abagizweho ingaruka na byo, ubwo butumwa bukomeje koherezwa, bwibutsa u Rwanda ko ruzatsinda.

Umukuru w’u Rwanda kandi yakomeje kugaragaza ko ari kumwe n’abagiriye ibyago muri ibi biza, kuko bikimara kuba yageneye ubutumwa imiryango y’ababiburiyemo ababo ndetse n’ababikomereyemo, n’abandi bose byagizeho ingaruka.

Muri ubwo butumwa bwe, Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Tubabajwe cyane kandi twihanganishije imiryango y’abahitanywe n’inkangu n’imyuzure byibasiriye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ijoro ryakeye. Turakora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo gikomeye. Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi.”

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 12 Gicurasi 2023, Perezida Kagame kandi yanasuye Intara y’Iburengerazuba, byumwihariko mu Karere ka Rubavu kashegeshwe n’ibi biza, aho yasuye ibikorwa binyuranye byangijwe nabyo, ndetse akanabonana na bamwe mu bagizweho ingaruka nabyo, akabagenera ubutumwa.

Mu butumwa bwo kubihanganisha, Perezida Paul Kagame yagize ati “Uko muhangayitse natwe biraduhangayikishije, kubona uko mumeze, ndetse tunashakisha ibishoboka byose kugira ngo dushobore kubafasha muri ibi bihe bitoroshye murimo.”

Abagizweho ingaruka n’ibi biza, na bo bashimiye Umukuru w’u Rwanda kuba akomeje kubaba hafi ndetse no kuba Leta y’u Rwanda ikomeje gukora ibishoboka byose ngo ibagenere ibyo bakeneye by’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + eighteen =

Previous Post

Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

Next Post

Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.