Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal

radiotv10by radiotv10
27/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rurimi rw’Igifaransa, Perezida Paul Kagame yashimiye Bassirou Diomaye Faye watorewe kuyobora Igihugu cya Sénégal ku myaka 44 y’amavuko, asimbuye Macky Sall w’imyaka 62 wasoje manda ze.

Intsinzi ya Bassirou Diomaye Faye yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2024, aho Komisiyo y’Amatora yatangaje ko ari we wegukanye intsinzi ku majwi 53.7%.

Ni nyuma y’amatora yabaye mu cyumweru gishize, aho n’ubundi ibarura ry’amajwi y’agateganyo, ryagaragazaga ko ari we uri imbere mu bakandida 19 bahataniraga umwanya wo gusimbura Macky Sall warangije manda ze.

Mu butumwa Perezida Paul Kagame yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze bwite, yashimiye Diomaye Faye ndetse n’Abanya- Sénégal ku bw’aya matora yagenze neza.

Yagize ati “Ndashimira byimazeyo Bassirou Diomaye Faye ku bwo gutorerwa umwanya wa Perezida wa Sénégal.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Intsinzi yanyu ni gihamya itajegajega y’icyizere Abanya- Sénégal bagufitiye, kandi ndanashimira uburyo amatora yabaye mu mahoro.”

Perezida Kagame kandi yaboneyeho kwizeza Perezida mushya wa Sénégal ko u Rwanda rwiteguye kuzakorana na we ndetse no gukomeza kwagura umubano hagati y’Ibihugu byombi.

Bassirou Diomaye Faye yatorewe kuyobora Senegal

Perezida Kagame ashimiye Diomaye Faye mu gihe n’abandi bayobozi n’imiryango mpuzamahanga bakomeje kumushimira, ndetse na Macky Sall yasimbuye, akaba yashimiye intsinzi ye.

Macky Sall wasoje manda ze, na we mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko mbere na mbere yishimira uburyo amatora yagenze, ndetse akaba anashimira uwegukanye intsinzi.

Yagize ati “Ndashimiye Bassirou Diomaye Faye ku bwo kuba imibare igaragaza ari we wegukanye intsinzi. Ibi birashimangira Demokarasi muri Sénégal.”

Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, OIF, na wo washimiye intsinzi ya Bassirou Diomaye Faye, mu butumwa watanze kuri uyu wa Kabiri.

Ubutumwa bw’uyu Muryango uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo, buvuga ko yakurikiraniraga hafi uburyo amatora muri Sénégal yateguwe ndetse n’uburyo yagenze, kandi ko abyishimira.

Ubu butumwa bugakomeza bugira buti “Yifuje kandi gushimangira ko Sénégal nk’Igihugu cya bamwe mu batangije OIF, Léopold Sédar Senghor ndetse na Perezida Abdou Diouf wayoboye OIF mu myaka myinhsi, akanagira uruhare mu mateka akomeye mu kubaho kwa  Francophonie.”

Ubu butumwa bukomeza buvuga ko Louise Mushikiwabo “Ashimira ubuyobozi ndetse n’Abanya- Sénégal bose ku bw’amatora yabaye mu mahoro n’ituze.”

Bassirou Diomaye Faye watsindiye amatora yo kuyobora Sénégal, ni umwe mu batavugaga rumwe n’ubutegetsi bwariho, wari ufite abayoboke benshi, ndetse akaba yatowe amaze igihe gito afunguwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 15 =

Previous Post

Imirwano ya M23 na FARDC yongeye kumvikanamo imbunda n’ibisasu bya rutura

Next Post

Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.