Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal

radiotv10by radiotv10
27/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rurimi rw’Igifaransa, Perezida Paul Kagame yashimiye Bassirou Diomaye Faye watorewe kuyobora Igihugu cya Sénégal ku myaka 44 y’amavuko, asimbuye Macky Sall w’imyaka 62 wasoje manda ze.

Intsinzi ya Bassirou Diomaye Faye yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2024, aho Komisiyo y’Amatora yatangaje ko ari we wegukanye intsinzi ku majwi 53.7%.

Ni nyuma y’amatora yabaye mu cyumweru gishize, aho n’ubundi ibarura ry’amajwi y’agateganyo, ryagaragazaga ko ari we uri imbere mu bakandida 19 bahataniraga umwanya wo gusimbura Macky Sall warangije manda ze.

Mu butumwa Perezida Paul Kagame yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze bwite, yashimiye Diomaye Faye ndetse n’Abanya- Sénégal ku bw’aya matora yagenze neza.

Yagize ati “Ndashimira byimazeyo Bassirou Diomaye Faye ku bwo gutorerwa umwanya wa Perezida wa Sénégal.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Intsinzi yanyu ni gihamya itajegajega y’icyizere Abanya- Sénégal bagufitiye, kandi ndanashimira uburyo amatora yabaye mu mahoro.”

Perezida Kagame kandi yaboneyeho kwizeza Perezida mushya wa Sénégal ko u Rwanda rwiteguye kuzakorana na we ndetse no gukomeza kwagura umubano hagati y’Ibihugu byombi.

Bassirou Diomaye Faye yatorewe kuyobora Senegal

Perezida Kagame ashimiye Diomaye Faye mu gihe n’abandi bayobozi n’imiryango mpuzamahanga bakomeje kumushimira, ndetse na Macky Sall yasimbuye, akaba yashimiye intsinzi ye.

Macky Sall wasoje manda ze, na we mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko mbere na mbere yishimira uburyo amatora yagenze, ndetse akaba anashimira uwegukanye intsinzi.

Yagize ati “Ndashimiye Bassirou Diomaye Faye ku bwo kuba imibare igaragaza ari we wegukanye intsinzi. Ibi birashimangira Demokarasi muri Sénégal.”

Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, OIF, na wo washimiye intsinzi ya Bassirou Diomaye Faye, mu butumwa watanze kuri uyu wa Kabiri.

Ubutumwa bw’uyu Muryango uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo, buvuga ko yakurikiraniraga hafi uburyo amatora muri Sénégal yateguwe ndetse n’uburyo yagenze, kandi ko abyishimira.

Ubu butumwa bugakomeza bugira buti “Yifuje kandi gushimangira ko Sénégal nk’Igihugu cya bamwe mu batangije OIF, Léopold Sédar Senghor ndetse na Perezida Abdou Diouf wayoboye OIF mu myaka myinhsi, akanagira uruhare mu mateka akomeye mu kubaho kwa  Francophonie.”

Ubu butumwa bukomeza buvuga ko Louise Mushikiwabo “Ashimira ubuyobozi ndetse n’Abanya- Sénégal bose ku bw’amatora yabaye mu mahoro n’ituze.”

Bassirou Diomaye Faye watsindiye amatora yo kuyobora Sénégal, ni umwe mu batavugaga rumwe n’ubutegetsi bwariho, wari ufite abayoboke benshi, ndetse akaba yatowe amaze igihe gito afunguwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 12 =

Previous Post

Imirwano ya M23 na FARDC yongeye kumvikanamo imbunda n’ibisasu bya rutura

Next Post

Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.