Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal

radiotv10by radiotv10
27/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rurimi rw’Igifaransa, Perezida Paul Kagame yashimiye Bassirou Diomaye Faye watorewe kuyobora Igihugu cya Sénégal ku myaka 44 y’amavuko, asimbuye Macky Sall w’imyaka 62 wasoje manda ze.

Intsinzi ya Bassirou Diomaye Faye yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2024, aho Komisiyo y’Amatora yatangaje ko ari we wegukanye intsinzi ku majwi 53.7%.

Ni nyuma y’amatora yabaye mu cyumweru gishize, aho n’ubundi ibarura ry’amajwi y’agateganyo, ryagaragazaga ko ari we uri imbere mu bakandida 19 bahataniraga umwanya wo gusimbura Macky Sall warangije manda ze.

Mu butumwa Perezida Paul Kagame yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze bwite, yashimiye Diomaye Faye ndetse n’Abanya- Sénégal ku bw’aya matora yagenze neza.

Yagize ati “Ndashimira byimazeyo Bassirou Diomaye Faye ku bwo gutorerwa umwanya wa Perezida wa Sénégal.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Intsinzi yanyu ni gihamya itajegajega y’icyizere Abanya- Sénégal bagufitiye, kandi ndanashimira uburyo amatora yabaye mu mahoro.”

Perezida Kagame kandi yaboneyeho kwizeza Perezida mushya wa Sénégal ko u Rwanda rwiteguye kuzakorana na we ndetse no gukomeza kwagura umubano hagati y’Ibihugu byombi.

Bassirou Diomaye Faye yatorewe kuyobora Senegal

Perezida Kagame ashimiye Diomaye Faye mu gihe n’abandi bayobozi n’imiryango mpuzamahanga bakomeje kumushimira, ndetse na Macky Sall yasimbuye, akaba yashimiye intsinzi ye.

Macky Sall wasoje manda ze, na we mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko mbere na mbere yishimira uburyo amatora yagenze, ndetse akaba anashimira uwegukanye intsinzi.

Yagize ati “Ndashimiye Bassirou Diomaye Faye ku bwo kuba imibare igaragaza ari we wegukanye intsinzi. Ibi birashimangira Demokarasi muri Sénégal.”

Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, OIF, na wo washimiye intsinzi ya Bassirou Diomaye Faye, mu butumwa watanze kuri uyu wa Kabiri.

Ubutumwa bw’uyu Muryango uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo, buvuga ko yakurikiraniraga hafi uburyo amatora muri Sénégal yateguwe ndetse n’uburyo yagenze, kandi ko abyishimira.

Ubu butumwa bugakomeza bugira buti “Yifuje kandi gushimangira ko Sénégal nk’Igihugu cya bamwe mu batangije OIF, Léopold Sédar Senghor ndetse na Perezida Abdou Diouf wayoboye OIF mu myaka myinhsi, akanagira uruhare mu mateka akomeye mu kubaho kwa  Francophonie.”

Ubu butumwa bukomeza buvuga ko Louise Mushikiwabo “Ashimira ubuyobozi ndetse n’Abanya- Sénégal bose ku bw’amatora yabaye mu mahoro n’ituze.”

Bassirou Diomaye Faye watsindiye amatora yo kuyobora Sénégal, ni umwe mu batavugaga rumwe n’ubutegetsi bwariho, wari ufite abayoboke benshi, ndetse akaba yatowe amaze igihe gito afunguwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Imirwano ya M23 na FARDC yongeye kumvikanamo imbunda n’ibisasu bya rutura

Next Post

Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.