Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa umuryango wa Senateri Ntidendereza wasezeweho bwa nyuma

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa umuryango wa Senateri Ntidendereza wasezeweho bwa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Senateri Ntidendereza William uherutse kwitaba Imana, awumenyesha ko yifatanyije na wo muri ibi bihe by’akababaro.

Kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023, habaye umuhango wo gusezera bwa nyumamkuri nyakwigendera Ntidendereza witabye Imana tariki 03 Nzeri 2023 azize uburwayi.

Ni umuhango wabimburiwe n’igikorwa cyo kumusezeraho, wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego nkuru z’Igihugu.

Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, Uwizeye Judith yabwiye abari muri uyu muhango ko Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Ubutumwa bwa Perezida Kagame bwasomwe na Judith, bugira buti “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu we; bamenye inkuru mbi y’uko Senateri Ntidendereza William yitabye Imana. Bababajwe n’iyo nkuru mbi, kandi bifatanyije na madamu we Christine Shamukiga, abana n’umuryango wose mu iki gihe cy’agahinda kenshi.”

Abazi Senateri Ntidendereza barimo abakoranye na we, bavuga ko mu myaka 26 yamaze akora mu nzego zitandukanye z’Igihugu; yaranzwe n’ubwitange.

Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier avuga ko babuze umwe mu bafashaga uru rwego gutanga umurongo w’ingingo zitandukanye.

Ati “Tubuze umuyobozi w’umuhanga, wacishaga macye, akarangwa n’ubushishozi n’ubwitange mu mirimo yari ashinzwe. Mu mikorere ye nk’Umusenateri ndetse no kuba Perezida w’ihuriro AGPF; Senateri Ntidendereza yagaragazaga umubenyi buhanitse bushingiye ku bunararibonye yakuye mu myanya yakozemo mu nzego z’Igihugu zitandukanye. Ibyo byatumaga atanga ibitekerezo binoze kandi byubaka, kenshi byafashaga gutanga umurongo ku bibazo byabaga biri kuganirwaho.”

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango RPF-Inkotanyi, Gasamagera Wellars avuga ko usibye imirimo yakoze mu nzego z’Igihugu; Senateri Ntidendereza yanagize uruhare mu kubohora u Rwanda.

Ati “Senateri Ntidendereza duherekeje uyu munsi yabaye intore itiganda y’umuryango FPR-Inkotanyi. Yagize uruhare rukomeye afatanyije n’abandi mu rugamba rwo kubohora u Rwanda. Aho u Rwanda rubohorewe; yagiye atunganya neza inshingano yahabwaga n’Umuryango FPR Inkotanyi haba mu Rwanda no mu mahanga. Navuga nko mu gihe yagize uruhare rukomeye mu guhugura abatoza ba gahunda ya Ndi umunyarwanda mu Gihugu yabayemo cya Canada.”

Senateri Ntidendereza William winjiye mu Nteko Ishinga Amategeko mu mwaka wa 2019, yanabaye Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y’Igihugu y’Itorero, kuva muri 2012 kugeza muri 2018.

Kuva mu 2009 kugeza muri 12 yari Visi Perezida w’iyi komisiyo, aho yahageze avuye ku buyobozi bw’Akarere ka kicukiro, yagiyeho kuva muri 2006 kugeza muri 2008. Yanabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda hagati y’umwaka wa 1996 kugeza muri 2000.

Ubwo umubiri we wazanwaga mu Ngoro y’Inteko
Nyakwigendera Senateri yaseweho mu Nteko Ishinga Amategeko

Abagize Inteko basezera bwa nyuma kuri nyakwigendera

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eight =

Previous Post

I Burayi hari ahari kuba irushanwa ridasanzwe ryo gushaka umunebwe uhiga abandi

Next Post

Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Related Posts

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

IZIHERUKA

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge
IMIBEREHO MYIZA

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.