Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa umuryango wa Senateri Ntidendereza wasezeweho bwa nyuma

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa umuryango wa Senateri Ntidendereza wasezeweho bwa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Senateri Ntidendereza William uherutse kwitaba Imana, awumenyesha ko yifatanyije na wo muri ibi bihe by’akababaro.

Kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023, habaye umuhango wo gusezera bwa nyumamkuri nyakwigendera Ntidendereza witabye Imana tariki 03 Nzeri 2023 azize uburwayi.

Ni umuhango wabimburiwe n’igikorwa cyo kumusezeraho, wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego nkuru z’Igihugu.

Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, Uwizeye Judith yabwiye abari muri uyu muhango ko Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Ubutumwa bwa Perezida Kagame bwasomwe na Judith, bugira buti “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu we; bamenye inkuru mbi y’uko Senateri Ntidendereza William yitabye Imana. Bababajwe n’iyo nkuru mbi, kandi bifatanyije na madamu we Christine Shamukiga, abana n’umuryango wose mu iki gihe cy’agahinda kenshi.”

Abazi Senateri Ntidendereza barimo abakoranye na we, bavuga ko mu myaka 26 yamaze akora mu nzego zitandukanye z’Igihugu; yaranzwe n’ubwitange.

Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier avuga ko babuze umwe mu bafashaga uru rwego gutanga umurongo w’ingingo zitandukanye.

Ati “Tubuze umuyobozi w’umuhanga, wacishaga macye, akarangwa n’ubushishozi n’ubwitange mu mirimo yari ashinzwe. Mu mikorere ye nk’Umusenateri ndetse no kuba Perezida w’ihuriro AGPF; Senateri Ntidendereza yagaragazaga umubenyi buhanitse bushingiye ku bunararibonye yakuye mu myanya yakozemo mu nzego z’Igihugu zitandukanye. Ibyo byatumaga atanga ibitekerezo binoze kandi byubaka, kenshi byafashaga gutanga umurongo ku bibazo byabaga biri kuganirwaho.”

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango RPF-Inkotanyi, Gasamagera Wellars avuga ko usibye imirimo yakoze mu nzego z’Igihugu; Senateri Ntidendereza yanagize uruhare mu kubohora u Rwanda.

Ati “Senateri Ntidendereza duherekeje uyu munsi yabaye intore itiganda y’umuryango FPR-Inkotanyi. Yagize uruhare rukomeye afatanyije n’abandi mu rugamba rwo kubohora u Rwanda. Aho u Rwanda rubohorewe; yagiye atunganya neza inshingano yahabwaga n’Umuryango FPR Inkotanyi haba mu Rwanda no mu mahanga. Navuga nko mu gihe yagize uruhare rukomeye mu guhugura abatoza ba gahunda ya Ndi umunyarwanda mu Gihugu yabayemo cya Canada.”

Senateri Ntidendereza William winjiye mu Nteko Ishinga Amategeko mu mwaka wa 2019, yanabaye Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y’Igihugu y’Itorero, kuva muri 2012 kugeza muri 2018.

Kuva mu 2009 kugeza muri 12 yari Visi Perezida w’iyi komisiyo, aho yahageze avuye ku buyobozi bw’Akarere ka kicukiro, yagiyeho kuva muri 2006 kugeza muri 2008. Yanabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda hagati y’umwaka wa 1996 kugeza muri 2000.

Ubwo umubiri we wazanwaga mu Ngoro y’Inteko
Nyakwigendera Senateri yaseweho mu Nteko Ishinga Amategeko

Abagize Inteko basezera bwa nyuma kuri nyakwigendera

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + seven =

Previous Post

I Burayi hari ahari kuba irushanwa ridasanzwe ryo gushaka umunebwe uhiga abandi

Next Post

Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.