Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa umuryango wa Senateri Ntidendereza wasezeweho bwa nyuma

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa umuryango wa Senateri Ntidendereza wasezeweho bwa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Senateri Ntidendereza William uherutse kwitaba Imana, awumenyesha ko yifatanyije na wo muri ibi bihe by’akababaro.

Kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023, habaye umuhango wo gusezera bwa nyumamkuri nyakwigendera Ntidendereza witabye Imana tariki 03 Nzeri 2023 azize uburwayi.

Ni umuhango wabimburiwe n’igikorwa cyo kumusezeraho, wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego nkuru z’Igihugu.

Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, Uwizeye Judith yabwiye abari muri uyu muhango ko Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Ubutumwa bwa Perezida Kagame bwasomwe na Judith, bugira buti “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu we; bamenye inkuru mbi y’uko Senateri Ntidendereza William yitabye Imana. Bababajwe n’iyo nkuru mbi, kandi bifatanyije na madamu we Christine Shamukiga, abana n’umuryango wose mu iki gihe cy’agahinda kenshi.”

Abazi Senateri Ntidendereza barimo abakoranye na we, bavuga ko mu myaka 26 yamaze akora mu nzego zitandukanye z’Igihugu; yaranzwe n’ubwitange.

Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier avuga ko babuze umwe mu bafashaga uru rwego gutanga umurongo w’ingingo zitandukanye.

Ati “Tubuze umuyobozi w’umuhanga, wacishaga macye, akarangwa n’ubushishozi n’ubwitange mu mirimo yari ashinzwe. Mu mikorere ye nk’Umusenateri ndetse no kuba Perezida w’ihuriro AGPF; Senateri Ntidendereza yagaragazaga umubenyi buhanitse bushingiye ku bunararibonye yakuye mu myanya yakozemo mu nzego z’Igihugu zitandukanye. Ibyo byatumaga atanga ibitekerezo binoze kandi byubaka, kenshi byafashaga gutanga umurongo ku bibazo byabaga biri kuganirwaho.”

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango RPF-Inkotanyi, Gasamagera Wellars avuga ko usibye imirimo yakoze mu nzego z’Igihugu; Senateri Ntidendereza yanagize uruhare mu kubohora u Rwanda.

Ati “Senateri Ntidendereza duherekeje uyu munsi yabaye intore itiganda y’umuryango FPR-Inkotanyi. Yagize uruhare rukomeye afatanyije n’abandi mu rugamba rwo kubohora u Rwanda. Aho u Rwanda rubohorewe; yagiye atunganya neza inshingano yahabwaga n’Umuryango FPR Inkotanyi haba mu Rwanda no mu mahanga. Navuga nko mu gihe yagize uruhare rukomeye mu guhugura abatoza ba gahunda ya Ndi umunyarwanda mu Gihugu yabayemo cya Canada.”

Senateri Ntidendereza William winjiye mu Nteko Ishinga Amategeko mu mwaka wa 2019, yanabaye Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y’Igihugu y’Itorero, kuva muri 2012 kugeza muri 2018.

Kuva mu 2009 kugeza muri 12 yari Visi Perezida w’iyi komisiyo, aho yahageze avuye ku buyobozi bw’Akarere ka kicukiro, yagiyeho kuva muri 2006 kugeza muri 2008. Yanabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda hagati y’umwaka wa 1996 kugeza muri 2000.

Ubwo umubiri we wazanwaga mu Ngoro y’Inteko
Nyakwigendera Senateri yaseweho mu Nteko Ishinga Amategeko

Abagize Inteko basezera bwa nyuma kuri nyakwigendera

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

I Burayi hari ahari kuba irushanwa ridasanzwe ryo gushaka umunebwe uhiga abandi

Next Post

Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.