Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yageze i Rubavu ahashegeshwe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
12/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yageze i Rubavu ahashegeshwe n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasura abagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Rubavu, barimo abo byasenye ubu bakaba barashakiwe aho baba bacumbikiwe.

Ni uruzinduko akora kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023, mu Karere ka Rubavu, aho bitaganyijwe ko asura n’abaturage bacumbikiwe kuri Site ya Nyemeramihigo iherereye mu Murenge wa Rebero mu Karere ka Rubavu.

Aba baturage, ni bamwe mu bashegeshwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi 2023, byibasiye Intara y’Iburengerazuba.

Akarere ka Rubavu kagiye gusurwa n’Umukuru w’Igihugu, ni kamwe mu twibasiwe cyane, dore ko kari no mu twapfushije umubare munini w’abahitanywe n’ibi biza, aho muri aka Karere, hitabye Imana abantu 26.

Ibi biza byatewe n’imvura nyinshi yateye imyuzure n’inkangu, byabaye mu cyumweru gishize, byahitanye abaturage 131, bikomeretsa abandi 76, ndetse binangiza ibikorwa binyuranye birimo inzu byasenye zibarirwa mu bihumbi bitandatu.

Perezida Paul Kagame ugiye gusura aba baturage bagizweho ingaruka n’ibiza, yari yanabageneye ubutumwa bwo kubihanganisha bikimara kuba.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Perezida Paul Kagame yari yagize ati “Tubabajwe cyane kandi twihanganishije imiryango y’abahitanywe n’inkangu n’imyuzure byibasiriye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ijoro ryakeye. Turakora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo gikomeye. Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yanohereje Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu muhango wo gushyingura bamwe mu baburiye ubuzima bwabo muri ibi biza, anabagezaho ubutumwa yabageneye bwo kubafata mu mugongo.

Muri 2020 Perezida Paul Kagame na bwo yari yasuye Intara y’Iburengerazuba na bwo yari yibasiwe n’ibiza byari byatewe n’imvura nyinshi yari yaguye mu Turere twa Nyabihu mu ijoro rishyira ku ya 07 Gicurasi 2020, na yo igahitana abantu 72.

Icyo gihe Perezida Kagame yasuye ibikorwa binyuranye byari byangijwe n’ibi biza birimo ikiraro cya Giciye gifasha abaturage kugera ku Bitaro bya Shyira, cyari kiriho gisanwa.

Muri 2020 ubwo Perezida Kagame yasuraga iki kiraro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + nine =

Previous Post

Hamenyekana ikigiye gukorwa na Congo nyuma yuko Bemba asuye uruganda rukora intwaro zirimo n’ibifaru

Next Post

Umuhanzi wari wasezeranye n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bwa mbere avuze ku itandukana ryabo

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo
IBYAMAMARE

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wari wasezeranye n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bwa mbere avuze ku itandukana ryabo

Umuhanzi wari wasezeranye n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bwa mbere avuze ku itandukana ryabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.