Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yageze i Rubavu ahashegeshwe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
12/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yageze i Rubavu ahashegeshwe n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasura abagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Rubavu, barimo abo byasenye ubu bakaba barashakiwe aho baba bacumbikiwe.

Ni uruzinduko akora kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023, mu Karere ka Rubavu, aho bitaganyijwe ko asura n’abaturage bacumbikiwe kuri Site ya Nyemeramihigo iherereye mu Murenge wa Rebero mu Karere ka Rubavu.

Aba baturage, ni bamwe mu bashegeshwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi 2023, byibasiye Intara y’Iburengerazuba.

Akarere ka Rubavu kagiye gusurwa n’Umukuru w’Igihugu, ni kamwe mu twibasiwe cyane, dore ko kari no mu twapfushije umubare munini w’abahitanywe n’ibi biza, aho muri aka Karere, hitabye Imana abantu 26.

Ibi biza byatewe n’imvura nyinshi yateye imyuzure n’inkangu, byabaye mu cyumweru gishize, byahitanye abaturage 131, bikomeretsa abandi 76, ndetse binangiza ibikorwa binyuranye birimo inzu byasenye zibarirwa mu bihumbi bitandatu.

Perezida Paul Kagame ugiye gusura aba baturage bagizweho ingaruka n’ibiza, yari yanabageneye ubutumwa bwo kubihanganisha bikimara kuba.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Perezida Paul Kagame yari yagize ati “Tubabajwe cyane kandi twihanganishije imiryango y’abahitanywe n’inkangu n’imyuzure byibasiriye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ijoro ryakeye. Turakora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo gikomeye. Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yanohereje Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu muhango wo gushyingura bamwe mu baburiye ubuzima bwabo muri ibi biza, anabagezaho ubutumwa yabageneye bwo kubafata mu mugongo.

Muri 2020 Perezida Paul Kagame na bwo yari yasuye Intara y’Iburengerazuba na bwo yari yibasiwe n’ibiza byari byatewe n’imvura nyinshi yari yaguye mu Turere twa Nyabihu mu ijoro rishyira ku ya 07 Gicurasi 2020, na yo igahitana abantu 72.

Icyo gihe Perezida Kagame yasuye ibikorwa binyuranye byari byangijwe n’ibi biza birimo ikiraro cya Giciye gifasha abaturage kugera ku Bitaro bya Shyira, cyari kiriho gisanwa.

Muri 2020 ubwo Perezida Kagame yasuraga iki kiraro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − six =

Previous Post

Hamenyekana ikigiye gukorwa na Congo nyuma yuko Bemba asuye uruganda rukora intwaro zirimo n’ibifaru

Next Post

Umuhanzi wari wasezeranye n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bwa mbere avuze ku itandukana ryabo

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wari wasezeranye n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bwa mbere avuze ku itandukana ryabo

Umuhanzi wari wasezeranye n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bwa mbere avuze ku itandukana ryabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.