Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze i Niamey muri Niger aho yitabiriye Inteko Idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yiga ku bijyanye no guteza imbere inganda n’ubukungu, inatangirwamo raporo y’uko isoko rusange rya Afurika rihagaze nyuma yuko ritangiye kugeragerezwa mu Bihugu birimo u Rwanda.

Perezida Paul Kagame yageze muri Niger kuri uyu wa Kane tariki 24 Ugushyingo 2022 nkuko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

Iyi Nteko idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yayoborwa na Perezida wa Niger, Mohamed Bazoum, igamije kwiga ku iterambere ry’Inganda ndetse n’iry’ubukungu.

Iyi Nteko idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabimburiwe n’inama yabereye muri Niger muri iki cyumweru yigaga ku kongerera ubushobozi abagore bo muri Afurika mu bijyanye n’inganda, yanitabiriwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda, Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome.

Iyi nama yaganiriwemo uburyo hashyirwaho amahirwe angana ku bagore n’abagabo mu bijyanye n’ishoramari ry’inganda, ahagaragajwe ko hakenewe ko Ibihugu byo muri Afurika bishyiraho politiki zorohereza abari n’abategarugori.

Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome kandi yagarutse ku isoko rusange rya Afurika ryatangijwe mu mezi abiri ashize, aho ryatangiye kugeragerezwa mu Bihugu birindwi birimo n’u Rwanda.

Yagize ati “Biri no mu byaganiriweho cyane ejo harimo n’ibindi bitandukanye bijyanye no koroshya ubucuruzi, ariko iyo gahunda icyo ishaka kugeraho ni ukugira ngo turebe imbogamizi zagaragara iyo abantu batangiye gucuruza bagendeye ku bisabwa.”

Yakomeje agira ati “Kugeza ubu ni bwo tugitangira koko nta gihe kinini kirashira kuko hagiye gushira amezi abiri ari bwo dutangije ku mugaragaro muri Ghana ari na bwo ejo [yavugaga uyu munsi ku wa Gatanu] tuzatanga raporo ku bakuru b’Ibihugu kugira ngo tugaragaze ibirimo, ariko icyagendeweho cyane kirimo gikorwa ni ukuvanaho imbogamizi zitandukanye zishobora gutuma Ibihugu bidacuruzanya n’ibindi.”

Amasezerano ashyiraho iri soko rusange rya Afurika yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda muri Werurwe 2018 mu Nteko Rusange ya Afurika Yunze Ubumwe, ubwo Perezida Kagame yari ayoboye uyu muryango.

Perezida Paul Kagame ubwo yari ageze i Niamey

Yakiriwe mu buryo bw’umuco wa Niger
Abanya-Niger bishimiye gusurwa n’Umukuru w’u Rwanda

Umukuru w’u Rwanda yitabiriye iyi nteko rusange

Umukuru w’u Rwanda ari kumwe na bagenzi be

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Next Post

Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.