Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze i Niamey muri Niger aho yitabiriye Inteko Idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yiga ku bijyanye no guteza imbere inganda n’ubukungu, inatangirwamo raporo y’uko isoko rusange rya Afurika rihagaze nyuma yuko ritangiye kugeragerezwa mu Bihugu birimo u Rwanda.

Perezida Paul Kagame yageze muri Niger kuri uyu wa Kane tariki 24 Ugushyingo 2022 nkuko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

Iyi Nteko idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yayoborwa na Perezida wa Niger, Mohamed Bazoum, igamije kwiga ku iterambere ry’Inganda ndetse n’iry’ubukungu.

Iyi Nteko idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabimburiwe n’inama yabereye muri Niger muri iki cyumweru yigaga ku kongerera ubushobozi abagore bo muri Afurika mu bijyanye n’inganda, yanitabiriwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda, Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome.

Iyi nama yaganiriwemo uburyo hashyirwaho amahirwe angana ku bagore n’abagabo mu bijyanye n’ishoramari ry’inganda, ahagaragajwe ko hakenewe ko Ibihugu byo muri Afurika bishyiraho politiki zorohereza abari n’abategarugori.

Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome kandi yagarutse ku isoko rusange rya Afurika ryatangijwe mu mezi abiri ashize, aho ryatangiye kugeragerezwa mu Bihugu birindwi birimo n’u Rwanda.

Yagize ati “Biri no mu byaganiriweho cyane ejo harimo n’ibindi bitandukanye bijyanye no koroshya ubucuruzi, ariko iyo gahunda icyo ishaka kugeraho ni ukugira ngo turebe imbogamizi zagaragara iyo abantu batangiye gucuruza bagendeye ku bisabwa.”

Yakomeje agira ati “Kugeza ubu ni bwo tugitangira koko nta gihe kinini kirashira kuko hagiye gushira amezi abiri ari bwo dutangije ku mugaragaro muri Ghana ari na bwo ejo [yavugaga uyu munsi ku wa Gatanu] tuzatanga raporo ku bakuru b’Ibihugu kugira ngo tugaragaze ibirimo, ariko icyagendeweho cyane kirimo gikorwa ni ukuvanaho imbogamizi zitandukanye zishobora gutuma Ibihugu bidacuruzanya n’ibindi.”

Amasezerano ashyiraho iri soko rusange rya Afurika yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda muri Werurwe 2018 mu Nteko Rusange ya Afurika Yunze Ubumwe, ubwo Perezida Kagame yari ayoboye uyu muryango.

Perezida Paul Kagame ubwo yari ageze i Niamey

Yakiriwe mu buryo bw’umuco wa Niger
Abanya-Niger bishimiye gusurwa n’Umukuru w’u Rwanda

Umukuru w’u Rwanda yitabiriye iyi nteko rusange

Umukuru w’u Rwanda ari kumwe na bagenzi be

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nineteen =

Previous Post

Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Next Post

Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.