Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze i Niamey muri Niger aho yitabiriye Inteko Idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yiga ku bijyanye no guteza imbere inganda n’ubukungu, inatangirwamo raporo y’uko isoko rusange rya Afurika rihagaze nyuma yuko ritangiye kugeragerezwa mu Bihugu birimo u Rwanda.

Perezida Paul Kagame yageze muri Niger kuri uyu wa Kane tariki 24 Ugushyingo 2022 nkuko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

Iyi Nteko idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yayoborwa na Perezida wa Niger, Mohamed Bazoum, igamije kwiga ku iterambere ry’Inganda ndetse n’iry’ubukungu.

Iyi Nteko idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabimburiwe n’inama yabereye muri Niger muri iki cyumweru yigaga ku kongerera ubushobozi abagore bo muri Afurika mu bijyanye n’inganda, yanitabiriwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda, Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome.

Iyi nama yaganiriwemo uburyo hashyirwaho amahirwe angana ku bagore n’abagabo mu bijyanye n’ishoramari ry’inganda, ahagaragajwe ko hakenewe ko Ibihugu byo muri Afurika bishyiraho politiki zorohereza abari n’abategarugori.

Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome kandi yagarutse ku isoko rusange rya Afurika ryatangijwe mu mezi abiri ashize, aho ryatangiye kugeragerezwa mu Bihugu birindwi birimo n’u Rwanda.

Yagize ati “Biri no mu byaganiriweho cyane ejo harimo n’ibindi bitandukanye bijyanye no koroshya ubucuruzi, ariko iyo gahunda icyo ishaka kugeraho ni ukugira ngo turebe imbogamizi zagaragara iyo abantu batangiye gucuruza bagendeye ku bisabwa.”

Yakomeje agira ati “Kugeza ubu ni bwo tugitangira koko nta gihe kinini kirashira kuko hagiye gushira amezi abiri ari bwo dutangije ku mugaragaro muri Ghana ari na bwo ejo [yavugaga uyu munsi ku wa Gatanu] tuzatanga raporo ku bakuru b’Ibihugu kugira ngo tugaragaze ibirimo, ariko icyagendeweho cyane kirimo gikorwa ni ukuvanaho imbogamizi zitandukanye zishobora gutuma Ibihugu bidacuruzanya n’ibindi.”

Amasezerano ashyiraho iri soko rusange rya Afurika yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda muri Werurwe 2018 mu Nteko Rusange ya Afurika Yunze Ubumwe, ubwo Perezida Kagame yari ayoboye uyu muryango.

Perezida Paul Kagame ubwo yari ageze i Niamey

Yakiriwe mu buryo bw’umuco wa Niger
Abanya-Niger bishimiye gusurwa n’Umukuru w’u Rwanda

Umukuru w’u Rwanda yitabiriye iyi nteko rusange

Umukuru w’u Rwanda ari kumwe na bagenzi be

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + seven =

Previous Post

Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

Next Post

Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

Related Posts

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.