Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; yahagarariwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi mu Nama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri COMESA, iri kubera i Bujumbura mu Burundi.

Ibikobwa by’iyi Nama byatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira bikazasozwa kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, avuga ko “Minisitiri Prudence Sebahizi ari i Bujumbura ahagarariye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mu nama igiye kuba y’Ihuriro rya 23 ry’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo muri COMESA.”

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu yabanjirijwe n’iy’Abaminisitiri w’Ububanyi n’Amahanga bo mu Bihugu bigize COMESA.

Iyi Nama y’Abakuru b’Ibihugu bihuriye mu Muryango w’Isoko Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA), ifite insanganyamatsiko iganisha ku kwihutisha intego z’Umuryango binyuze mu iterambere ryo kongerera agaciro umusaruro ukomoka ku buhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubukerarugendo (Accelerating Regional Integration through the Development of Regional Value Chains in Climate Resilient Agriculture, Mining, and Tourism).

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda itangaje ko Minisitiri yahagarariye Perezida Paul Kagame, nyuma yuko mu Mujyi wa Bujumbura hagaragaye ifoto ihamanitse y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ikavugisha benshi.

Iki cyapa kiriho ifoto ya Perezida Paul Kagame, cyanditseho amagambo yo kumuha ikaze mu Burundi, cyavuzweho na benshi, ni kimwe n’ibindi byariho Abakuru b’Ibindi Bihugu byo muri COMESA, byagaragazaga ko mu Burundi hateganyijwe iyi nama ya 23 y’uyu Muryango.

Umuryango wa COMESA wateguye iyi nama, usanzwe ukora ibikorwa nk’ibi byo kumanika ibyapa by’Abakuru b’Ibihugu biwugize, mu Gihugu kigiye kwakira inama nk’Iyi, atari uko abo banyacyubahiro bagomba kuza, ahubwo mu rwego rwo kugaragaza Ibihugu biwugize bizanayitabira.

Amakuru yari yamenyekanye kuri uyu wa Kabiri kandi, yavugaga ko n’ubundi Perezida Paul Kagame atazitabira iyi nama, ahubwo ko azayihagararirwamo na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi nk’uko n’ubundi byemejwe na Minisiteri ayoboye.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu yabanjirijwe n’iy’Abaminisitiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 15 =

Previous Post

Abayoboye Rayon bavuzweho kudahuza bagarutse bunze ubumwe banafitiye ubutumwa amakipe

Next Post

Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.