Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; yahagarariwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi mu Nama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri COMESA, iri kubera i Bujumbura mu Burundi.

Ibikobwa by’iyi Nama byatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira bikazasozwa kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, avuga ko “Minisitiri Prudence Sebahizi ari i Bujumbura ahagarariye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mu nama igiye kuba y’Ihuriro rya 23 ry’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo muri COMESA.”

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu yabanjirijwe n’iy’Abaminisitiri w’Ububanyi n’Amahanga bo mu Bihugu bigize COMESA.

Iyi Nama y’Abakuru b’Ibihugu bihuriye mu Muryango w’Isoko Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA), ifite insanganyamatsiko iganisha ku kwihutisha intego z’Umuryango binyuze mu iterambere ryo kongerera agaciro umusaruro ukomoka ku buhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubukerarugendo (Accelerating Regional Integration through the Development of Regional Value Chains in Climate Resilient Agriculture, Mining, and Tourism).

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda itangaje ko Minisitiri yahagarariye Perezida Paul Kagame, nyuma yuko mu Mujyi wa Bujumbura hagaragaye ifoto ihamanitse y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ikavugisha benshi.

Iki cyapa kiriho ifoto ya Perezida Paul Kagame, cyanditseho amagambo yo kumuha ikaze mu Burundi, cyavuzweho na benshi, ni kimwe n’ibindi byariho Abakuru b’Ibindi Bihugu byo muri COMESA, byagaragazaga ko mu Burundi hateganyijwe iyi nama ya 23 y’uyu Muryango.

Umuryango wa COMESA wateguye iyi nama, usanzwe ukora ibikorwa nk’ibi byo kumanika ibyapa by’Abakuru b’Ibihugu biwugize, mu Gihugu kigiye kwakira inama nk’Iyi, atari uko abo banyacyubahiro bagomba kuza, ahubwo mu rwego rwo kugaragaza Ibihugu biwugize bizanayitabira.

Amakuru yari yamenyekanye kuri uyu wa Kabiri kandi, yavugaga ko n’ubundi Perezida Paul Kagame atazitabira iyi nama, ahubwo ko azayihagararirwamo na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi nk’uko n’ubundi byemejwe na Minisiteri ayoboye.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu yabanjirijwe n’iy’Abaminisitiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 2 =

Previous Post

Abayoboye Rayon bavuzweho kudahuza bagarutse bunze ubumwe banafitiye ubutumwa amakipe

Next Post

Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.