Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; yahagarariwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi mu Nama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri COMESA, iri kubera i Bujumbura mu Burundi.

Ibikobwa by’iyi Nama byatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira bikazasozwa kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, avuga ko “Minisitiri Prudence Sebahizi ari i Bujumbura ahagarariye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mu nama igiye kuba y’Ihuriro rya 23 ry’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo muri COMESA.”

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu yabanjirijwe n’iy’Abaminisitiri w’Ububanyi n’Amahanga bo mu Bihugu bigize COMESA.

Iyi Nama y’Abakuru b’Ibihugu bihuriye mu Muryango w’Isoko Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA), ifite insanganyamatsiko iganisha ku kwihutisha intego z’Umuryango binyuze mu iterambere ryo kongerera agaciro umusaruro ukomoka ku buhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubukerarugendo (Accelerating Regional Integration through the Development of Regional Value Chains in Climate Resilient Agriculture, Mining, and Tourism).

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda itangaje ko Minisitiri yahagarariye Perezida Paul Kagame, nyuma yuko mu Mujyi wa Bujumbura hagaragaye ifoto ihamanitse y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ikavugisha benshi.

Iki cyapa kiriho ifoto ya Perezida Paul Kagame, cyanditseho amagambo yo kumuha ikaze mu Burundi, cyavuzweho na benshi, ni kimwe n’ibindi byariho Abakuru b’Ibindi Bihugu byo muri COMESA, byagaragazaga ko mu Burundi hateganyijwe iyi nama ya 23 y’uyu Muryango.

Umuryango wa COMESA wateguye iyi nama, usanzwe ukora ibikorwa nk’ibi byo kumanika ibyapa by’Abakuru b’Ibihugu biwugize, mu Gihugu kigiye kwakira inama nk’Iyi, atari uko abo banyacyubahiro bagomba kuza, ahubwo mu rwego rwo kugaragaza Ibihugu biwugize bizanayitabira.

Amakuru yari yamenyekanye kuri uyu wa Kabiri kandi, yavugaga ko n’ubundi Perezida Paul Kagame atazitabira iyi nama, ahubwo ko azayihagararirwamo na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi nk’uko n’ubundi byemejwe na Minisiteri ayoboye.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu yabanjirijwe n’iy’Abaminisitiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Abayoboye Rayon bavuzweho kudahuza bagarutse bunze ubumwe banafitiye ubutumwa amakipe

Next Post

Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

Si ubwa mbere ahanwe- Polisi yasobanuye birambuye iby’ifungwa rya Miss Muheto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.