Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahawe igihembo gikomeye ku Mugabane wa Afurika

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahawe igihembo gikomeye ku Mugabane wa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabaye Umunyafurika w’Umwaka wa 2024, mu bihembo bizwi nka AABLA (All Africa Business Leaders Awards) bitangwa ku bufatanye n’Igitangazamakuru CNBC Africa.

Perezida Kagame yahawe iki gihembo cy’Umunyafurika w’Intangarugero muri Politiki n’Ubucuruzi, kubera uruhare agira mu kuzana impinduka nziza mu burucuruzi bwo ku Mugabane wa Afurika.

Ni igihembo yatsindiye kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024, cyatangiwe i Johannesburg muri Afurika, cyashyikirijwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Emmanuel Hategeka.

Amb. Emmanuel Hategeka, ubwo yakiraga iki gihembo, yavuze ko “mu izina rya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, ni iby’agaciro gakomeye kwakira iki gihembo, Nyakubahwa Perezida atuye iki gihembo amamiliyoni y’abagabo, abagore n’urubyiruko bakoresha imbaraga mu gutuma Afurika ikomeza guhagarara neza.”

Ambasaderi Emmanuel Hategeka yaboneyeho kandi gushimira abategura ibi bihembo, aboneraho gusaba Abanyafurika gukomeza gushyira hamwe mu kugera ku ntego zabo bakoresheje guhanga udushya no gukomeza gutanga urugero ku rubyiruko n’abazavuka mu bihe biri imbere.

Ati “Dushyize hamwe, dushobora kubaka Afurika atari iza ku isonga gusa, ahubwo ikaba na Afurika yigenera ahazaza hayo ku Isi.”

Ubuyobozi bw’abategura ibi bihembo, bwavuze ko Perezida Paul Kagame yatsindiye Igihembo cy’Umunyafurika w’umwaka wa 2024 kubera uruhare rwe nk’umuntu ku giti cye, agira mu kuzamura imyumvire yo kwigira k’Umugabane wa Afurika.

Ubu buyobozi bugira buti “Umuhate we mu kugera ku ntego n’impinduka mu miyoborere, biduha urugero rwiza mu kubyaza umusaruro amahirwe dufite nk’Umugabane wacu.”

Ni igihembo Perezida Paul Kagame yagenewe ari muri Samoa mu Nama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye mu Muryango wa Commonwealth, aho yanasoje manda ye y’imyaka ibiri nk’Umuyobozi Mukuru w’uyu Muryango.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n’Ibihugu bakomokamo

Next Post

Amakuru agezweho: Hatangajwe amabwiriza mashya yo kwirinda Marburg mu bigo by’amashuri

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho: Hatangajwe amabwiriza mashya yo kwirinda Marburg mu bigo by’amashuri

Amakuru agezweho: Hatangajwe amabwiriza mashya yo kwirinda Marburg mu bigo by’amashuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.